Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza ko Ibihugu byose byemeza Leta ya Palestine nk’uburyo bwo guhagarika iyi ntambara igiye kuzuza imyaka ibiri yadutse.

Muri iyi Nteko Rusange iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, hari Abakuru b’Ibihugu bakomeje gusaba ko iki kibazo cy’intambara imaze igihe muri Gaza cyafatirwa umwanzuro utandukanye n’uwo Israel yifuza.

Bwana Recep Tayyip Erdoğan uyobora Turkiye yagize ati “Ndashimira Ibihugu byose bimaze kwemeza ko bishobora kwemeza Leta ya Palestine. Ndasaba n’Ibihugu bitarabikora, gufata icyo cyemezo bwangu. Ntabwo tugomba kurebera ibiri kubera muri Gaza, hariyo jenoside imaze iminsi irenga 700.

Ubu turi muri iyi nama; abasivile bari kwicwa muri Gaza, abasivile bamaze kwicirwayo barenze ibihumbi 65. Ntabwo iki igitero cyo guhashya iterabwoba, Ahubwo ni gahunda yo kwigarurira ubutaka bwa Palestine yatangiye mbere y’ibyabaye ku italiki 7/10.”

Abafitanye ibibazo na Isarel bagaragaje ko bayirambiwe, bakagaragaza ko iki Gihugu bagifata nk’intandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwo hagati.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani yagize ati “Israel ntabwo ari Igihugu kigendera kuri Demokarasi gikikijwe n’abanzi, ahubwo ni umwanzi w’abaturanyi bayo bose. Iki Gihugu kiri gukora jenoside. Abayobozi bacyo bahora birata ko bazakora ibishoboka byose bakabangamira ishyirwaho rya Leta ya Palestine. Yirata ko abangamira ibiganiro by’amahoro na leta ya Palestine.”

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yavuze ko inzira ya Israel inashyigikiwe na America, idashobora gutanga umusaruro.

Ati “Ntabwo ari icyemezo cyafashwe gutyo gusa, nta n’ubwo ari u Bufaransa, u Bwongereza na Canada bahisemo uwo mwanzuro, ahubwo ibintu biri guhinduka. Perezida Trump ari mu kuri. Ntamuntu ugomba kwibagirwa ibyabaye ku italiki 7/10. Cyari igitero kibi cyane, kandi natwe twahaburiye Abafaransa benshi, Ariko tugomba no kwibaza ngo nyuma y’imyaka ibiri n’igice intambara iri kuba byatanze iki. Bishe abayobozi bakuru ba hamas, Byarakunze rwose, Ariko uyu munsi hamas ifite abarwanyi bangana n’abo yari ifite ku munsi iyi ntambara yatangiriyeho. Ibyo bivuze ko ubu buryo budakora.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump we yagaragaje ko atari mu murongo umwe n’aba bayobozi, aho yagize ati “Njye nshyigikiye Israel, kandi nabaye kuri urwo ruhande ubuzima bwanjye bwose.”

Yavuze ko Ibihugu byafashe ubwo mwanzuro byahembye Hamas. Ati “Ntidushobora kwibagirwa ibyabaye ku italiki 7/10. None imiryango imwe ikomeje kongerera ubukana iyi ntambara. Gushyiraho Leta ya Palestine ni ukugororera Hamas. Ibi ni ukuyishimira ku bikorwa by’ubunyamaswa yakoze mu bihe bitandukanye birimo n’ibyo ku italiki 7/10.”

Nyuma y’iyo Nteko Rusange; Perezida Trump yahise agirana inama yihariye na bagenzi be bashyize imbere icyo gitekerezo, barimo abayobora Turkiye, Qatar, Arabiya Saudite, Misiri, Pakistan, Jordaniya, na Indoneziya.

Iyi ngingo yiyongereye ku bindi byemezo ibihugu bitumvikanaho. Hari uruhande runini rwemera ko Palestine igomba kuba Igihugu kigenga, Ariko urundi ruhande ruto ruyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America rwo rwemera ko iyo Leta itagomba kuba mu nkengero z’ubutaka bw’Abayahudi.

David NZABONIMPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 8 =

Previous Post

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Next Post

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be
IBYAMAMARE

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.