Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza ko Ibihugu byose byemeza Leta ya Palestine nk’uburyo bwo guhagarika iyi ntambara igiye kuzuza imyaka ibiri yadutse.

Muri iyi Nteko Rusange iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, hari Abakuru b’Ibihugu bakomeje gusaba ko iki kibazo cy’intambara imaze igihe muri Gaza cyafatirwa umwanzuro utandukanye n’uwo Israel yifuza.

Bwana Recep Tayyip Erdoğan uyobora Turkiye yagize ati “Ndashimira Ibihugu byose bimaze kwemeza ko bishobora kwemeza Leta ya Palestine. Ndasaba n’Ibihugu bitarabikora, gufata icyo cyemezo bwangu. Ntabwo tugomba kurebera ibiri kubera muri Gaza, hariyo jenoside imaze iminsi irenga 700.

Ubu turi muri iyi nama; abasivile bari kwicwa muri Gaza, abasivile bamaze kwicirwayo barenze ibihumbi 65. Ntabwo iki igitero cyo guhashya iterabwoba, Ahubwo ni gahunda yo kwigarurira ubutaka bwa Palestine yatangiye mbere y’ibyabaye ku italiki 7/10.”

Abafitanye ibibazo na Isarel bagaragaje ko bayirambiwe, bakagaragaza ko iki Gihugu bagifata nk’intandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwo hagati.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani yagize ati “Israel ntabwo ari Igihugu kigendera kuri Demokarasi gikikijwe n’abanzi, ahubwo ni umwanzi w’abaturanyi bayo bose. Iki Gihugu kiri gukora jenoside. Abayobozi bacyo bahora birata ko bazakora ibishoboka byose bakabangamira ishyirwaho rya Leta ya Palestine. Yirata ko abangamira ibiganiro by’amahoro na leta ya Palestine.”

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yavuze ko inzira ya Israel inashyigikiwe na America, idashobora gutanga umusaruro.

Ati “Ntabwo ari icyemezo cyafashwe gutyo gusa, nta n’ubwo ari u Bufaransa, u Bwongereza na Canada bahisemo uwo mwanzuro, ahubwo ibintu biri guhinduka. Perezida Trump ari mu kuri. Ntamuntu ugomba kwibagirwa ibyabaye ku italiki 7/10. Cyari igitero kibi cyane, kandi natwe twahaburiye Abafaransa benshi, Ariko tugomba no kwibaza ngo nyuma y’imyaka ibiri n’igice intambara iri kuba byatanze iki. Bishe abayobozi bakuru ba hamas, Byarakunze rwose, Ariko uyu munsi hamas ifite abarwanyi bangana n’abo yari ifite ku munsi iyi ntambara yatangiriyeho. Ibyo bivuze ko ubu buryo budakora.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump we yagaragaje ko atari mu murongo umwe n’aba bayobozi, aho yagize ati “Njye nshyigikiye Israel, kandi nabaye kuri urwo ruhande ubuzima bwanjye bwose.”

Yavuze ko Ibihugu byafashe ubwo mwanzuro byahembye Hamas. Ati “Ntidushobora kwibagirwa ibyabaye ku italiki 7/10. None imiryango imwe ikomeje kongerera ubukana iyi ntambara. Gushyiraho Leta ya Palestine ni ukugororera Hamas. Ibi ni ukuyishimira ku bikorwa by’ubunyamaswa yakoze mu bihe bitandukanye birimo n’ibyo ku italiki 7/10.”

Nyuma y’iyo Nteko Rusange; Perezida Trump yahise agirana inama yihariye na bagenzi be bashyize imbere icyo gitekerezo, barimo abayobora Turkiye, Qatar, Arabiya Saudite, Misiri, Pakistan, Jordaniya, na Indoneziya.

Iyi ngingo yiyongereye ku bindi byemezo ibihugu bitumvikanaho. Hari uruhande runini rwemera ko Palestine igomba kuba Igihugu kigenga, Ariko urundi ruhande ruto ruyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America rwo rwemera ko iyo Leta itagomba kuba mu nkengero z’ubutaka bw’Abayahudi.

David NZABONIMPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twelve =

Previous Post

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Next Post

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.