Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza ko Ibihugu byose byemeza Leta ya Palestine nk’uburyo bwo guhagarika iyi ntambara igiye kuzuza imyaka ibiri yadutse.

Muri iyi Nteko Rusange iteraniye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, hari Abakuru b’Ibihugu bakomeje gusaba ko iki kibazo cy’intambara imaze igihe muri Gaza cyafatirwa umwanzuro utandukanye n’uwo Israel yifuza.

Bwana Recep Tayyip Erdoğan uyobora Turkiye yagize ati “Ndashimira Ibihugu byose bimaze kwemeza ko bishobora kwemeza Leta ya Palestine. Ndasaba n’Ibihugu bitarabikora, gufata icyo cyemezo bwangu. Ntabwo tugomba kurebera ibiri kubera muri Gaza, hariyo jenoside imaze iminsi irenga 700.

Ubu turi muri iyi nama; abasivile bari kwicwa muri Gaza, abasivile bamaze kwicirwayo barenze ibihumbi 65. Ntabwo iki igitero cyo guhashya iterabwoba, Ahubwo ni gahunda yo kwigarurira ubutaka bwa Palestine yatangiye mbere y’ibyabaye ku italiki 7/10.”

Abafitanye ibibazo na Isarel bagaragaje ko bayirambiwe, bakagaragaza ko iki Gihugu bagifata nk’intandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwo hagati.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani yagize ati “Israel ntabwo ari Igihugu kigendera kuri Demokarasi gikikijwe n’abanzi, ahubwo ni umwanzi w’abaturanyi bayo bose. Iki Gihugu kiri gukora jenoside. Abayobozi bacyo bahora birata ko bazakora ibishoboka byose bakabangamira ishyirwaho rya Leta ya Palestine. Yirata ko abangamira ibiganiro by’amahoro na leta ya Palestine.”

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yavuze ko inzira ya Israel inashyigikiwe na America, idashobora gutanga umusaruro.

Ati “Ntabwo ari icyemezo cyafashwe gutyo gusa, nta n’ubwo ari u Bufaransa, u Bwongereza na Canada bahisemo uwo mwanzuro, ahubwo ibintu biri guhinduka. Perezida Trump ari mu kuri. Ntamuntu ugomba kwibagirwa ibyabaye ku italiki 7/10. Cyari igitero kibi cyane, kandi natwe twahaburiye Abafaransa benshi, Ariko tugomba no kwibaza ngo nyuma y’imyaka ibiri n’igice intambara iri kuba byatanze iki. Bishe abayobozi bakuru ba hamas, Byarakunze rwose, Ariko uyu munsi hamas ifite abarwanyi bangana n’abo yari ifite ku munsi iyi ntambara yatangiriyeho. Ibyo bivuze ko ubu buryo budakora.”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump we yagaragaje ko atari mu murongo umwe n’aba bayobozi, aho yagize ati “Njye nshyigikiye Israel, kandi nabaye kuri urwo ruhande ubuzima bwanjye bwose.”

Yavuze ko Ibihugu byafashe ubwo mwanzuro byahembye Hamas. Ati “Ntidushobora kwibagirwa ibyabaye ku italiki 7/10. None imiryango imwe ikomeje kongerera ubukana iyi ntambara. Gushyiraho Leta ya Palestine ni ukugororera Hamas. Ibi ni ukuyishimira ku bikorwa by’ubunyamaswa yakoze mu bihe bitandukanye birimo n’ibyo ku italiki 7/10.”

Nyuma y’iyo Nteko Rusange; Perezida Trump yahise agirana inama yihariye na bagenzi be bashyize imbere icyo gitekerezo, barimo abayobora Turkiye, Qatar, Arabiya Saudite, Misiri, Pakistan, Jordaniya, na Indoneziya.

Iyi ngingo yiyongereye ku bindi byemezo ibihugu bitumvikanaho. Hari uruhande runini rwemera ko Palestine igomba kuba Igihugu kigenga, Ariko urundi ruhande ruto ruyobowe na Leta Zunze Ubumwe za America rwo rwemera ko iyo Leta itagomba kuba mu nkengero z’ubutaka bw’Abayahudi.

David NZABONIMPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Next Post

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.