Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko nshingamategeko irasaba ko imikorere ya RSSB igenzurwa

radiotv10by radiotv10
08/07/2021
in MU RWANDA
0
Inteko nshingamategeko irasaba ko imikorere ya RSSB igenzurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda bavuga basabye minisiteri y’imari n’igenamigambi ubusobanuro bw’amakosa agaragara muri RSSB.

Isesengura ngo ryaberetse ko iki kigo cyangiza imisanzu y’abaturage kubera ko kiyashora mubikorwa bitunguka, ndetse kikanayaguriza abatagikora. Iyi minisiteri yavuze ko bakiri gushaka uko bagaruza iyi misanzu ya rubanda. Ariko ibyo gushora ahatunguka byo bavuze ko inyungu bayiteze mumyaka myinshi iri imbere.

Uru rusobe rw’ibibazo ruri mukigo gishinzwe ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, rushingiye ku isesengura rya raporo y’umugenzuzi mukuru w’uimari ya leta yo muri 2019. Abagize inteko ishinga amategeko bavuga ko byose bishingiye kumiyoborere y’inzego ziri muri iki kigo.

Ariko byagera ku ishami rishinzwe ubwiteganyirize, abadepite bakerekana ko ririmo ibibazo bikomeye.

Umwe mubagepite yagaragaje ko n’abanyamuryango batazi imikoreshereze y’imisanzu ya bo.

“ RSSB irashora amafaranga y’abanyamamuryango kandi ntibazi ikizakurikiraho, kubera ko bayashora ahatunguka.”

Izi ntumwa za rubanda, zasabye minisitiri w’imari n’igenamigambi ko hagomba kubaho uburyo bunoze bwo gukoresha imisanzu y abo ndetse bakanamenyeshwa icyo yinjiza. Ibi kandi ngo bigomba no kujyana n’ingamba zitomora neza umuntu ugomba kuryozwa igihombo cyatewe no gushora iyi misanzu y’abaturage mumishinga itarigeze yigwa neza.

Kuri iyi ngingo, minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko bari kuvugurura imicungire n’imikoreshereze y’uyu mutungo wa rubanda. Ariko ibijyanye n’urwunguko rw’imishinga ishyirwamo aya mafaranga, na we ngo ayitegereje mumyaka iri imbere.

“ Twibukiranye ko ari ishoramari ry’igihe kirekire. Ishoramari nka ririra ntabwo ari iry’imyaka mikeya, ni iry’igihe kirekire. Ariko inzu irakoreshwa kandi irinjiza.”

See the source image

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr.Uzziel Ndagijimana ahamya ko hari kuvugururwa imicungire n’imikoreshereze y’uyu mutungo wa rubanda

Umushinga wo kubaka inzu mucyizswe vision city, byari biteganijwe ko wagombaga gutwara akayabo ka Miliyari 77, 594. Ariko muri uwo mwaka basanze harakoreshejwe miliyari 115, 600, 657, 598. Ibi bivue ko harenzeho miliyari 38, 006, 293, 877.

Aya mazu kandi ngo yagurishwaga kugiciro cya 40% by’amafaranga yubatswe. Ibi ngo bishyira leta mugihombo byibuze cya 60%. Hari kandi miliyoni 139,322,728 yagurijwe abari abakozi ba RSSB, ariko kugeza magingo aya ngo ntana kimwe cya kabiri cyayo kiragaruzwa. Ibi biriyongeraho amadeni ya RSSB asaga miliyari 5 ariko ngo ntibazi aho akomoka.

See the source image

RSSB ishinjwa gushora imari mu mishinga itungukira rubanda

Iyi mibare  ni yo abadepite bahera ho bavuga ko imikorere y’iki kigo igomba kwitabwaho, cyane ko ngo aya mafaranga ari umutungo wa rubanda ukoreshwa muburyo butisunze igenamigambi rihamye.

Inkuru ya: Vedaste KUBWIMANA/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + twenty =

Previous Post

Jovenel Moïse wari perezida wa Haiti yiciwe iwe mu rugo n’abagizi ba nabi

Next Post

EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze
FOOTBALL

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.