Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko nshingamategeko irasaba ko imikorere ya RSSB igenzurwa

radiotv10by radiotv10
08/07/2021
in MU RWANDA
0
Inteko nshingamategeko irasaba ko imikorere ya RSSB igenzurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda bavuga basabye minisiteri y’imari n’igenamigambi ubusobanuro bw’amakosa agaragara muri RSSB.

Isesengura ngo ryaberetse ko iki kigo cyangiza imisanzu y’abaturage kubera ko kiyashora mubikorwa bitunguka, ndetse kikanayaguriza abatagikora. Iyi minisiteri yavuze ko bakiri gushaka uko bagaruza iyi misanzu ya rubanda. Ariko ibyo gushora ahatunguka byo bavuze ko inyungu bayiteze mumyaka myinshi iri imbere.

Uru rusobe rw’ibibazo ruri mukigo gishinzwe ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, rushingiye ku isesengura rya raporo y’umugenzuzi mukuru w’uimari ya leta yo muri 2019. Abagize inteko ishinga amategeko bavuga ko byose bishingiye kumiyoborere y’inzego ziri muri iki kigo.

Ariko byagera ku ishami rishinzwe ubwiteganyirize, abadepite bakerekana ko ririmo ibibazo bikomeye.

Umwe mubagepite yagaragaje ko n’abanyamuryango batazi imikoreshereze y’imisanzu ya bo.

“ RSSB irashora amafaranga y’abanyamamuryango kandi ntibazi ikizakurikiraho, kubera ko bayashora ahatunguka.”

Izi ntumwa za rubanda, zasabye minisitiri w’imari n’igenamigambi ko hagomba kubaho uburyo bunoze bwo gukoresha imisanzu y abo ndetse bakanamenyeshwa icyo yinjiza. Ibi kandi ngo bigomba no kujyana n’ingamba zitomora neza umuntu ugomba kuryozwa igihombo cyatewe no gushora iyi misanzu y’abaturage mumishinga itarigeze yigwa neza.

Kuri iyi ngingo, minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko bari kuvugurura imicungire n’imikoreshereze y’uyu mutungo wa rubanda. Ariko ibijyanye n’urwunguko rw’imishinga ishyirwamo aya mafaranga, na we ngo ayitegereje mumyaka iri imbere.

“ Twibukiranye ko ari ishoramari ry’igihe kirekire. Ishoramari nka ririra ntabwo ari iry’imyaka mikeya, ni iry’igihe kirekire. Ariko inzu irakoreshwa kandi irinjiza.”

See the source image

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr.Uzziel Ndagijimana ahamya ko hari kuvugururwa imicungire n’imikoreshereze y’uyu mutungo wa rubanda

Umushinga wo kubaka inzu mucyizswe vision city, byari biteganijwe ko wagombaga gutwara akayabo ka Miliyari 77, 594. Ariko muri uwo mwaka basanze harakoreshejwe miliyari 115, 600, 657, 598. Ibi bivue ko harenzeho miliyari 38, 006, 293, 877.

Aya mazu kandi ngo yagurishwaga kugiciro cya 40% by’amafaranga yubatswe. Ibi ngo bishyira leta mugihombo byibuze cya 60%. Hari kandi miliyoni 139,322,728 yagurijwe abari abakozi ba RSSB, ariko kugeza magingo aya ngo ntana kimwe cya kabiri cyayo kiragaruzwa. Ibi biriyongeraho amadeni ya RSSB asaga miliyari 5 ariko ngo ntibazi aho akomoka.

See the source image

RSSB ishinjwa gushora imari mu mishinga itungukira rubanda

Iyi mibare  ni yo abadepite bahera ho bavuga ko imikorere y’iki kigo igomba kwitabwaho, cyane ko ngo aya mafaranga ari umutungo wa rubanda ukoreshwa muburyo butisunze igenamigambi rihamye.

Inkuru ya: Vedaste KUBWIMANA/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 4 =

Previous Post

Jovenel Moïse wari perezida wa Haiti yiciwe iwe mu rugo n’abagizi ba nabi

Next Post

EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.