Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, avuga ko Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ari umwanya wo kugaragaza ibitekerezo byafasha Isi guhangana n’ibibazo biyugarije aho kuba uwo kuregana nkuko byagaragaye kuri bamwe mu Bakuru b’Ibihugu.

Olivier Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Igicaniro, twanditseho inkuru nka RADIOTV10, cyagarutse ku bikorwa by’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu mudipolomate w’u Rwanda uvuga ko iyi Nteko Rusange itangira ku wa Kabiri w’icyumweru cya gatatu cya Nzeri, yavuze ko iyi nama iberamo ibikorwa byinshi birimo kuba Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagaragarizamo uko babona Isi n’icyakorwa kugira ngo ibibazo biyugarije bishakirwe umuti.

Abakuru b’Ibihugu kandi berekaniramo uko babona Umuryango w’Abibumbye warushaho kuzuza inshingano zawo.

Ati “Ni n’umwanya wo kugira ngo hakorwe n’izindi nama, ntabwo Umukuru w’Igihugu ajyamo kugira ngo avuge iryo jambo gusa ahubwo haba hari n’izindi nama, zaba izateguwe n’indi miryango mpuzamahanga.”

Avuga ko kandi abakuru b’Ibihugu banaboneraho umwanya wo kugirana ibiganiro na bagenzi babo baba bahuriye muri iyi nama.

Muri iyi Nteko Rusange iheruka ya 77, Perezida Paul Kagame yabonanye n’Abakuru b’Ibihugu binyuranye, abayobozi b’Ibigo mpuzamahanga ndetse n’abashoramari.

Bamwe mu bakuru b’Ibihugu biganjemo abo ku Mugabane wa Afurika barimo n’abo mu karere, banabonanye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden.

Ambasaderi Nduhungirehe avuga ko kuba Umukuru w’u Rwanda atarabonanye na Joe Biden bidakwiye kugaragara nk’ikibazo kuko nubwo iyi nama ibera muri Leta Zunze Ubumwe za America ariko idategurwa n’iki Gihugu.

Ati “Abakuru b’Ibihugu bagiye muri iyo nama baba bagiye mu nama y’Umurango w’Abibumbye ntabwo aba ari uruzinduko rw’akazi baba bakoreye muri Leta Zunze Ubumwe za America.”

Avuga ko icyakora hari Abakuru b’Ibihugu bahita bakoresha uwo mwanya w’iyi nama bakanakora uruzinduko rw’akazi.

Ati “Ariko iriya nama ni iy’Umuryango w’Abibumbye, usanga ahubwo icya ngombwa ari uguhura n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.”

 

Ntabwo ari umwanya wo kuregana

Olivier Nduhungirehe avuga ko igikorwa nyamukuru cy’iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ari ririya jambo ry’Abakuru b’Ibihugu kandi ko na ryo riba rikwiye kugaragaza ibitekerezo byafasha Isi.

Ati “Kandi ijambo yararivuze [Perezida Paul Kagame] kandi ryari ijambo ryiza rigaragaza ko ibibazo byo kuri iyi Si harimo n’ibibazo byo muri Congo bigomba gukemurwa mu biganiro no gushaka umuzi w’ikibazo. Ni ijambo n’abantu benshi bashimye kuko rigaragaza ukureba kure, ni ugushakira umuti ibibazo…

Hari abakuru b’Ibihugu bajya hariya mu muryango w’Abibumbye kugira ngo baregane ngo ‘Igihugu runaka cyaranteye’. Ibyo ntabwo ari ibintu bibahesha agaciro.”

Mu ijambo ry’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yavugiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo imihindagurikire y’ikirere, izamuka ry’ibiciro ku masoko, intambara ndetse n’ikibazo cy’abimukira, bisaba guhuza imbaraga.

Naho Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, we yumvikanye cyane yitsa ku kuvuga ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Next Post

Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.