Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, avuga ko Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ari umwanya wo kugaragaza ibitekerezo byafasha Isi guhangana n’ibibazo biyugarije aho kuba uwo kuregana nkuko byagaragaye kuri bamwe mu Bakuru b’Ibihugu.

Olivier Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Igicaniro, twanditseho inkuru nka RADIOTV10, cyagarutse ku bikorwa by’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu mudipolomate w’u Rwanda uvuga ko iyi Nteko Rusange itangira ku wa Kabiri w’icyumweru cya gatatu cya Nzeri, yavuze ko iyi nama iberamo ibikorwa byinshi birimo kuba Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagaragarizamo uko babona Isi n’icyakorwa kugira ngo ibibazo biyugarije bishakirwe umuti.

Abakuru b’Ibihugu kandi berekaniramo uko babona Umuryango w’Abibumbye warushaho kuzuza inshingano zawo.

Ati “Ni n’umwanya wo kugira ngo hakorwe n’izindi nama, ntabwo Umukuru w’Igihugu ajyamo kugira ngo avuge iryo jambo gusa ahubwo haba hari n’izindi nama, zaba izateguwe n’indi miryango mpuzamahanga.”

Avuga ko kandi abakuru b’Ibihugu banaboneraho umwanya wo kugirana ibiganiro na bagenzi babo baba bahuriye muri iyi nama.

Muri iyi Nteko Rusange iheruka ya 77, Perezida Paul Kagame yabonanye n’Abakuru b’Ibihugu binyuranye, abayobozi b’Ibigo mpuzamahanga ndetse n’abashoramari.

Bamwe mu bakuru b’Ibihugu biganjemo abo ku Mugabane wa Afurika barimo n’abo mu karere, banabonanye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden.

Ambasaderi Nduhungirehe avuga ko kuba Umukuru w’u Rwanda atarabonanye na Joe Biden bidakwiye kugaragara nk’ikibazo kuko nubwo iyi nama ibera muri Leta Zunze Ubumwe za America ariko idategurwa n’iki Gihugu.

Ati “Abakuru b’Ibihugu bagiye muri iyo nama baba bagiye mu nama y’Umurango w’Abibumbye ntabwo aba ari uruzinduko rw’akazi baba bakoreye muri Leta Zunze Ubumwe za America.”

Avuga ko icyakora hari Abakuru b’Ibihugu bahita bakoresha uwo mwanya w’iyi nama bakanakora uruzinduko rw’akazi.

Ati “Ariko iriya nama ni iy’Umuryango w’Abibumbye, usanga ahubwo icya ngombwa ari uguhura n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.”

 

Ntabwo ari umwanya wo kuregana

Olivier Nduhungirehe avuga ko igikorwa nyamukuru cy’iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ari ririya jambo ry’Abakuru b’Ibihugu kandi ko na ryo riba rikwiye kugaragaza ibitekerezo byafasha Isi.

Ati “Kandi ijambo yararivuze [Perezida Paul Kagame] kandi ryari ijambo ryiza rigaragaza ko ibibazo byo kuri iyi Si harimo n’ibibazo byo muri Congo bigomba gukemurwa mu biganiro no gushaka umuzi w’ikibazo. Ni ijambo n’abantu benshi bashimye kuko rigaragaza ukureba kure, ni ugushakira umuti ibibazo…

Hari abakuru b’Ibihugu bajya hariya mu muryango w’Abibumbye kugira ngo baregane ngo ‘Igihugu runaka cyaranteye’. Ibyo ntabwo ari ibintu bibahesha agaciro.”

Mu ijambo ry’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yavugiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo imihindagurikire y’ikirere, izamuka ry’ibiciro ku masoko, intambara ndetse n’ikibazo cy’abimukira, bisaba guhuza imbaraga.

Naho Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, we yumvikanye cyane yitsa ku kuvuga ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 15 =

Previous Post

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Next Post

Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.