Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe

radiotv10by radiotv10
27/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inteko Rusange ya UN ni umwanya w’ibitekerezo byubaka si uwo kuregana- Amb. Nduhungirehe
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, avuga ko Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ari umwanya wo kugaragaza ibitekerezo byafasha Isi guhangana n’ibibazo biyugarije aho kuba uwo kuregana nkuko byagaragaye kuri bamwe mu Bakuru b’Ibihugu.

Olivier Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Igicaniro, twanditseho inkuru nka RADIOTV10, cyagarutse ku bikorwa by’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu mudipolomate w’u Rwanda uvuga ko iyi Nteko Rusange itangira ku wa Kabiri w’icyumweru cya gatatu cya Nzeri, yavuze ko iyi nama iberamo ibikorwa byinshi birimo kuba Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bagaragarizamo uko babona Isi n’icyakorwa kugira ngo ibibazo biyugarije bishakirwe umuti.

Abakuru b’Ibihugu kandi berekaniramo uko babona Umuryango w’Abibumbye warushaho kuzuza inshingano zawo.

Ati “Ni n’umwanya wo kugira ngo hakorwe n’izindi nama, ntabwo Umukuru w’Igihugu ajyamo kugira ngo avuge iryo jambo gusa ahubwo haba hari n’izindi nama, zaba izateguwe n’indi miryango mpuzamahanga.”

Avuga ko kandi abakuru b’Ibihugu banaboneraho umwanya wo kugirana ibiganiro na bagenzi babo baba bahuriye muri iyi nama.

Muri iyi Nteko Rusange iheruka ya 77, Perezida Paul Kagame yabonanye n’Abakuru b’Ibihugu binyuranye, abayobozi b’Ibigo mpuzamahanga ndetse n’abashoramari.

Bamwe mu bakuru b’Ibihugu biganjemo abo ku Mugabane wa Afurika barimo n’abo mu karere, banabonanye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden.

Ambasaderi Nduhungirehe avuga ko kuba Umukuru w’u Rwanda atarabonanye na Joe Biden bidakwiye kugaragara nk’ikibazo kuko nubwo iyi nama ibera muri Leta Zunze Ubumwe za America ariko idategurwa n’iki Gihugu.

Ati “Abakuru b’Ibihugu bagiye muri iyo nama baba bagiye mu nama y’Umurango w’Abibumbye ntabwo aba ari uruzinduko rw’akazi baba bakoreye muri Leta Zunze Ubumwe za America.”

Avuga ko icyakora hari Abakuru b’Ibihugu bahita bakoresha uwo mwanya w’iyi nama bakanakora uruzinduko rw’akazi.

Ati “Ariko iriya nama ni iy’Umuryango w’Abibumbye, usanga ahubwo icya ngombwa ari uguhura n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.”

 

Ntabwo ari umwanya wo kuregana

Olivier Nduhungirehe avuga ko igikorwa nyamukuru cy’iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ari ririya jambo ry’Abakuru b’Ibihugu kandi ko na ryo riba rikwiye kugaragaza ibitekerezo byafasha Isi.

Ati “Kandi ijambo yararivuze [Perezida Paul Kagame] kandi ryari ijambo ryiza rigaragaza ko ibibazo byo kuri iyi Si harimo n’ibibazo byo muri Congo bigomba gukemurwa mu biganiro no gushaka umuzi w’ikibazo. Ni ijambo n’abantu benshi bashimye kuko rigaragaza ukureba kure, ni ugushakira umuti ibibazo…

Hari abakuru b’Ibihugu bajya hariya mu muryango w’Abibumbye kugira ngo baregane ngo ‘Igihugu runaka cyaranteye’. Ibyo ntabwo ari ibintu bibahesha agaciro.”

Mu ijambo ry’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yavugiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo imihindagurikire y’ikirere, izamuka ry’ibiciro ku masoko, intambara ndetse n’ikibazo cy’abimukira, bisaba guhuza imbaraga.

Naho Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, we yumvikanye cyane yitsa ku kuvuga ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Nubwo nananutse bikabije ariko mu mutwe hameze neza-Umunyamakuru Yago yahumurije abamukunda

Next Post

Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka
IBYAMAMARE

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.