Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close, Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, Rwangabo Nelson uzwi nka Nel Ngabo, Nemeye Platini uzwi nka P.; baherutse kugabirwa na Perezida Paul Kagame, bari mu byishimo nyuma yo gucyura inka z’Inyambo zabo.

Aba bahanzi bagabiwe na Perezida Paul Kagame mu kwezi gushize kwa Nyakanga, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame babakiraga bakanatembera mu rwuri rw’Umukuru w’Igihugu ruherereye mu Karere ka Bugesera.

Ni igikorwa cyabaye nyuma y’uko umuhanzikazi Butera Knowless yari yagejeje icyifuzo kuri Perezida Kagame ko bazataramana, ubwo Umukuru w’u Rwanda yajyaga kwiyamamariza mu Karere ka Bugesera aho asanzwe anatuye, ndetse n’aba bahanzi bakaba batuye muri aka Karere.

Aba bahanzi bagabiwe na Perezida Paul Kagame, bagaragaje ibyishimo by’igisagirane byo kuba bamaze gucyura inka z’Inyambo bagabiwe.

Umuhanzi Tom Close wagiye gucyura izi nka ari kumwe n’umufasha we Tricia bari kumwe ubwo bakirwaga na Perezida, yagize ati “Uwangabiye Inyambo twataramye i Kibugabuga na Ngeruka, ni Rudasumbwa, Intore izirusha intambwe. Uyu munsi inka mwatugabiye twazakiriye mu Rwuri, Imana y’u Rwanda yakuduhaye nk’umugabe Paul Kagame iragahora ku isonga. Watugabiye Inziraguhinyuka, Ineza n’Ingeruzabahizi.”

Umuhanzikazi Knowless, na we yagaragaje ibyishimo byo kuba we n’umugabo we Ishimwe Clement bakiriye izi nka ku munsi bazirikanaga isabukuru y’imyaka umunani bamaze barushinze n’imyaka 13 bamaranye bakundana.

Yagize ati “Twizihije uyu munsi turi kumwe na Rugirabuntu na Rudahinyuka twagabiwe n’Umubyeyi wacu Rudasumbwa Paul Kagame.

Umutima wanjye wuzuye amarira y’ibyishimo.”

Knowless yakomeje agira ati “Uwatureze turi utwana duto tudafite icyerekezo, akaducira inzira, akadukuza, tukavamo abantu bazima ndetse natwe tukagira abadukomokaho, ntiyigeze arekera, n’ubu aracyadusingagiza ngo tudatsikira.”

Umuhanzi Nel Ngabo na we wakiriye izi nka ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko, yagize ati “Impano y’agatangaza buri wese yakwifuza kwakira ku munsi we w’amavuko. Rudasumbwa wangabiye INZIRAKURUTWA twataramye Paul Kagame.”

Platini P. na we wagabiwe na Perezida Paul Kagame, akaba yamaze kwakira inka yagabiwe, yagize ati “Komeza ugabe biganza bigwije Paul Kagame. Imberabagabo na Rutaganzwa zitashye ku ibere rya Karumuna.”

Tom Close n’umufasha we bacyuye inka bagabiwe na Perezida Kagame

Ni ibyishimo kwa Tom Close

Kwa Knowless na bo bari mu byishimo

Nel Ngabo na we yishimiye kwakira impano za Perezida Kagame ku isabukuru ye w’amavuko

Umuhanzi Platini P. na we yashimiye Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 20 =

Previous Post

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.