Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Inyambo zatashye: Abahanzi bagabiwe inka na Perezida Kagame bazicyuye mu byishimo by’igisagirane (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close, Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, Rwangabo Nelson uzwi nka Nel Ngabo, Nemeye Platini uzwi nka P.; baherutse kugabirwa na Perezida Paul Kagame, bari mu byishimo nyuma yo gucyura inka z’Inyambo zabo.

Aba bahanzi bagabiwe na Perezida Paul Kagame mu kwezi gushize kwa Nyakanga, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame babakiraga bakanatembera mu rwuri rw’Umukuru w’Igihugu ruherereye mu Karere ka Bugesera.

Ni igikorwa cyabaye nyuma y’uko umuhanzikazi Butera Knowless yari yagejeje icyifuzo kuri Perezida Kagame ko bazataramana, ubwo Umukuru w’u Rwanda yajyaga kwiyamamariza mu Karere ka Bugesera aho asanzwe anatuye, ndetse n’aba bahanzi bakaba batuye muri aka Karere.

Aba bahanzi bagabiwe na Perezida Paul Kagame, bagaragaje ibyishimo by’igisagirane byo kuba bamaze gucyura inka z’Inyambo bagabiwe.

Umuhanzi Tom Close wagiye gucyura izi nka ari kumwe n’umufasha we Tricia bari kumwe ubwo bakirwaga na Perezida, yagize ati “Uwangabiye Inyambo twataramye i Kibugabuga na Ngeruka, ni Rudasumbwa, Intore izirusha intambwe. Uyu munsi inka mwatugabiye twazakiriye mu Rwuri, Imana y’u Rwanda yakuduhaye nk’umugabe Paul Kagame iragahora ku isonga. Watugabiye Inziraguhinyuka, Ineza n’Ingeruzabahizi.”

Umuhanzikazi Knowless, na we yagaragaje ibyishimo byo kuba we n’umugabo we Ishimwe Clement bakiriye izi nka ku munsi bazirikanaga isabukuru y’imyaka umunani bamaze barushinze n’imyaka 13 bamaranye bakundana.

Yagize ati “Twizihije uyu munsi turi kumwe na Rugirabuntu na Rudahinyuka twagabiwe n’Umubyeyi wacu Rudasumbwa Paul Kagame.

Umutima wanjye wuzuye amarira y’ibyishimo.”

Knowless yakomeje agira ati “Uwatureze turi utwana duto tudafite icyerekezo, akaducira inzira, akadukuza, tukavamo abantu bazima ndetse natwe tukagira abadukomokaho, ntiyigeze arekera, n’ubu aracyadusingagiza ngo tudatsikira.”

Umuhanzi Nel Ngabo na we wakiriye izi nka ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko, yagize ati “Impano y’agatangaza buri wese yakwifuza kwakira ku munsi we w’amavuko. Rudasumbwa wangabiye INZIRAKURUTWA twataramye Paul Kagame.”

Platini P. na we wagabiwe na Perezida Paul Kagame, akaba yamaze kwakira inka yagabiwe, yagize ati “Komeza ugabe biganza bigwije Paul Kagame. Imberabagabo na Rutaganzwa zitashye ku ibere rya Karumuna.”

Tom Close n’umufasha we bacyuye inka bagabiwe na Perezida Kagame

Ni ibyishimo kwa Tom Close

Kwa Knowless na bo bari mu byishimo

Nel Ngabo na we yishimiye kwakira impano za Perezida Kagame ku isabukuru ye w’amavuko

Umuhanzi Platini P. na we yashimiye Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri Centrafrique yageneye ubutumwa RDF

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.