Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe cy’isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu mwaka utaha wa 2026.

Buri shyirahamwe ry’igihugu (Federasiyo) muri 48 azakina iyi mikino ya nyuma rizagenerwa miliyoni 9 z’amayero, ni arenga gato miliyari 15 mu manyarwanda. Aya mafaranga akaba ari yo make igihugu cyatahana mu gihe cyaba gisezerewe kitarenze mu matsinda.

Izi miliyoni 9 z’amayero zizahabwa buri federasiyo y’igihugu mu bazakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi, azaba arimo amafaranga yo kwitegura irushanwa kandi akazagenda yiyongera uko irushanwa rizagenda rikinwa mu byiciro byisumbuyeho kuzageza ku mukino wa nyuma (final).

Ikipe izegukana igikombe cy’isi cya 2026 izabona hafi miliyoni 44 z’amayero, amafaranga menshi azaba ahawe ikipe yegukanye iri rushanwa kuva ryabaho, dore ko Argentine iheruka kuryegukana mu 2022 ubwo cyakinirwaga muri Qatar yegukanye miliyoni 42 z’amadolari y’Amerika.

Igikombe cy’isi cyakinwe bwa mbere mu 1930 kibera muri Uruguay, ari na cyo gihugu cyacyegukanye, ariko icyo gihe nta mafaranga yahabwaga uwatsinze cyangwa uwitabiriye kuko byari imidari n’igikombe gusa.

Uko ubushize byari byifashe

Gutanga amafaranga ku makipe yitabira igikombe cy’isi byatangiye ku mugaragaro mu gikombe cy’isi cyabereye muri Espagne mu 1982, cyegukanwe n’Ubutaliyani butsinda Ubudage ibitego bitatu kuri kimwe mu mukino wa nyuma. Cyari icya gatatu butwaye nyuma y’icya 1934 na 1938.

Ingengo y’imari y’ibihembo yemerejwe mu nama ya FIFA yabereye i Doha muri Qatar kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Ukuboza 2025, yanitabiriwe na Shema Fabrice uyoboye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), gusa u Rwanda rukaba rutazayabonaho kuko rutazakina iri rushanwa.

Uretse miliyoni 44 z’amayero angana na hafi miliyoni 50 z’amadolari azahabwa ikipe izagukana igikombe, ikipe izaba iya kabiri izahabwa miliyoni 33 z’amadolari, mu gihe izatsinda umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu izatahana miliyoni 29, mu gihe itsinzwe (izaba ibaye iya kane) izahabwa miliyoni 27 z’amadolari y’Amerika.

Dore ibindi bihembo mu madolari:

  • Amakipe azasezererwa muri 1/4 azahabwa miliyoni 19
  • Azasezererwa muri 1/8 azahabwa miliyoni 15
  • Azasezererwa mu mikino ya 1/16 azahabwa miliyoni 11
  • Azasezererwa mu matsinda azahabwa miliyoni 9

Igikombe cy’isi cya 2026 kizatangira tariki ya 11 Kamena 2026 kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.

Ibihugu 42 muri 48 bizakitabira byamaze kumenyekana, hasigaye bitandatu birimo bine byo ku mugabane w’i Burayi bizava mu mikino ya kamarampaka hagati yabyo n’ibindi bibiri bizava mu yindi mikino ya kamarampaka mpuzamashyirahamwe (Inter-Confederation play-offs).

Iyi mikino yose ya kamarampaka izakinwa mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.