• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe cy’isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu mwaka utaha wa 2026.

Buri shyirahamwe ry’igihugu (Federasiyo) muri 48 azakina iyi mikino ya nyuma rizagenerwa miliyoni 9 z’amayero, ni arenga gato miliyari 15 mu manyarwanda. Aya mafaranga akaba ari yo make igihugu cyatahana mu gihe cyaba gisezerewe kitarenze mu matsinda.

Izi miliyoni 9 z’amayero zizahabwa buri federasiyo y’igihugu mu bazakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi, azaba arimo amafaranga yo kwitegura irushanwa kandi akazagenda yiyongera uko irushanwa rizagenda rikinwa mu byiciro byisumbuyeho kuzageza ku mukino wa nyuma (final).

Ikipe izegukana igikombe cy’isi cya 2026 izabona hafi miliyoni 44 z’amayero, amafaranga menshi azaba ahawe ikipe yegukanye iri rushanwa kuva ryabaho, dore ko Argentine iheruka kuryegukana mu 2022 ubwo cyakinirwaga muri Qatar yegukanye miliyoni 42 z’amadolari y’Amerika.

Igikombe cy’isi cyakinwe bwa mbere mu 1930 kibera muri Uruguay, ari na cyo gihugu cyacyegukanye, ariko icyo gihe nta mafaranga yahabwaga uwatsinze cyangwa uwitabiriye kuko byari imidari n’igikombe gusa.

Uko ubushize byari byifashe

Gutanga amafaranga ku makipe yitabira igikombe cy’isi byatangiye ku mugaragaro mu gikombe cy’isi cyabereye muri Espagne mu 1982, cyegukanwe n’Ubutaliyani butsinda Ubudage ibitego bitatu kuri kimwe mu mukino wa nyuma. Cyari icya gatatu butwaye nyuma y’icya 1934 na 1938.

Ingengo y’imari y’ibihembo yemerejwe mu nama ya FIFA yabereye i Doha muri Qatar kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Ukuboza 2025, yanitabiriwe na Shema Fabrice uyoboye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), gusa u Rwanda rukaba rutazayabonaho kuko rutazakina iri rushanwa.

Uretse miliyoni 44 z’amayero angana na hafi miliyoni 50 z’amadolari azahabwa ikipe izagukana igikombe, ikipe izaba iya kabiri izahabwa miliyoni 33 z’amadolari, mu gihe izatsinda umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu izatahana miliyoni 29, mu gihe itsinzwe (izaba ibaye iya kane) izahabwa miliyoni 27 z’amadolari y’Amerika.

Dore ibindi bihembo mu madolari:

  • Amakipe azasezererwa muri 1/4 azahabwa miliyoni 19
  • Azasezererwa muri 1/8 azahabwa miliyoni 15
  • Azasezererwa mu mikino ya 1/16 azahabwa miliyoni 11
  • Azasezererwa mu matsinda azahabwa miliyoni 9

Igikombe cy’isi cya 2026 kizatangira tariki ya 11 Kamena 2026 kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.

Ibihugu 42 muri 48 bizakitabira byamaze kumenyekana, hasigaye bitandatu birimo bine byo ku mugabane w’i Burayi bizava mu mikino ya kamarampaka hagati yabyo n’ibindi bibiri bizava mu yindi mikino ya kamarampaka mpuzamashyirahamwe (Inter-Confederation play-offs).

Iyi mikino yose ya kamarampaka izakinwa mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.