Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiganiro cy’amashusho y’abagabo babiri; Umufaransa n’Umunyarwanda bari kunyonga amagare mu rw’imisozi igihumbi, gikomeje kunyura benshi, kubera uburyo baganiraga bizihiwe.

Ni amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho umugabo ukomoka mu Bufaransa aba atwaye igare ry’amapine atatu, aba ari kurinyonga anafata aya mashusho, agahura n’Umusore w’umunyarwanda uri kunyonga igare ryo hambere rizwi nka matabaro, ubundi bakaganira bombi bafite ubwuzu.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa, bigaragara ko aba ari mu bukerarugendo, abaza uyu musore w’Umunyarwanda, ati “Umeze ute?”, undi akamusubiza mu cyongereza cyumvikana ko atazi kinshi ariko icyo kuganira n’umushyitsi akizi, ati “ni meza.”

Uyu musore w’Umunyarwanda ahita abaza uyu Mufaransa, ati “Umunsi wawe wakugendeye ute?”, undi akamusubiza agira ati “Umunsi wanjye wagenze neza cyane.”

Uyu musore akomeza abwira uyu Munyaburayi, ati “wazanye inaha agashya rwose”, yashakaga kumubwira ko yatunguwe n’igare rye ry’amapine atatu, undi ati “yego rwose nazanye agashya”

Umunyarwanda wese uba mu Gihugu cyangwa mu mahanga, yahamya ashize amanga ko uburezi bw’u Rwanda budaheza. Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, imwe mu mpinduka ikomeye kandi igaragara, ni umubare munini w’Abanyarwanda bashoboye kwiga.

Ibi biragazwa… pic.twitter.com/YQWL8MafGG

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 23, 2024

Muri iki kiganiro cyari cyuzuye ibitwenge, Umunyarwanda yakomeje agira ati “Ariko se koko iri ni igare?”, undi amusubiza agira ati “Yego ni igare ryitwa Tricycle, rigira amapine atatu.”

Yakomeje amubaza ati “icyo ni igiki ufite se” amusubiza agira ati “iyi ni camera”, arongera ati “ubwo noneho uri kumfata amashusho.” Undi ati “yego.”

Uyu musore w’Umunyarwanda yakomeje amubaza ati “None se ukomoka he?”, amusubiza agira ati “Nkomoka mu Bufaransa.” Uyu musore ahita yumvikana nk’utangaye, ati “Mu Bufaransa!! Eh eh.” Arongera ati “rwose nagukunze” undi na we amusubiza agira ati “nanjye nagukunze.”

Ni amashusho akomeje gushimisha benshi, bashima uburyo uyu musore azi kwirwanaho akabasha kuvugana n’abanyamahanga basura u Rwanda, akanabagaragariza urugwiro nk’uko bisanzwe bizwi ku Banyarwanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. leodomir says:
    2 years ago

    Uyu Mysore yagerageje kugaragaza ubumuntu bwagakwiye kugaragara kuri buri munyarwanda mukwakira abatugana nayombi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 2 =

Previous Post

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Next Post

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.