Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiganiro cy’amashusho y’abagabo babiri; Umufaransa n’Umunyarwanda bari kunyonga amagare mu rw’imisozi igihumbi, gikomeje kunyura benshi, kubera uburyo baganiraga bizihiwe.

Ni amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho umugabo ukomoka mu Bufaransa aba atwaye igare ry’amapine atatu, aba ari kurinyonga anafata aya mashusho, agahura n’Umusore w’umunyarwanda uri kunyonga igare ryo hambere rizwi nka matabaro, ubundi bakaganira bombi bafite ubwuzu.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa, bigaragara ko aba ari mu bukerarugendo, abaza uyu musore w’Umunyarwanda, ati “Umeze ute?”, undi akamusubiza mu cyongereza cyumvikana ko atazi kinshi ariko icyo kuganira n’umushyitsi akizi, ati “ni meza.”

Uyu musore w’Umunyarwanda ahita abaza uyu Mufaransa, ati “Umunsi wawe wakugendeye ute?”, undi akamusubiza agira ati “Umunsi wanjye wagenze neza cyane.”

Uyu musore akomeza abwira uyu Munyaburayi, ati “wazanye inaha agashya rwose”, yashakaga kumubwira ko yatunguwe n’igare rye ry’amapine atatu, undi ati “yego rwose nazanye agashya”

Umunyarwanda wese uba mu Gihugu cyangwa mu mahanga, yahamya ashize amanga ko uburezi bw’u Rwanda budaheza. Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, imwe mu mpinduka ikomeye kandi igaragara, ni umubare munini w’Abanyarwanda bashoboye kwiga.

Ibi biragazwa… pic.twitter.com/YQWL8MafGG

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 23, 2024

Muri iki kiganiro cyari cyuzuye ibitwenge, Umunyarwanda yakomeje agira ati “Ariko se koko iri ni igare?”, undi amusubiza agira ati “Yego ni igare ryitwa Tricycle, rigira amapine atatu.”

Yakomeje amubaza ati “icyo ni igiki ufite se” amusubiza agira ati “iyi ni camera”, arongera ati “ubwo noneho uri kumfata amashusho.” Undi ati “yego.”

Uyu musore w’Umunyarwanda yakomeje amubaza ati “None se ukomoka he?”, amusubiza agira ati “Nkomoka mu Bufaransa.” Uyu musore ahita yumvikana nk’utangaye, ati “Mu Bufaransa!! Eh eh.” Arongera ati “rwose nagukunze” undi na we amusubiza agira ati “nanjye nagukunze.”

Ni amashusho akomeje gushimisha benshi, bashima uburyo uyu musore azi kwirwanaho akabasha kuvugana n’abanyamahanga basura u Rwanda, akanabagaragariza urugwiro nk’uko bisanzwe bizwi ku Banyarwanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. leodomir says:
    2 years ago

    Uyu Mysore yagerageje kugaragaza ubumuntu bwagakwiye kugaragara kuri buri munyarwanda mukwakira abatugana nayombi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Next Post

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.