Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiganiro cy’amashusho y’abagabo babiri; Umufaransa n’Umunyarwanda bari kunyonga amagare mu rw’imisozi igihumbi, gikomeje kunyura benshi, kubera uburyo baganiraga bizihiwe.

Ni amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho umugabo ukomoka mu Bufaransa aba atwaye igare ry’amapine atatu, aba ari kurinyonga anafata aya mashusho, agahura n’Umusore w’umunyarwanda uri kunyonga igare ryo hambere rizwi nka matabaro, ubundi bakaganira bombi bafite ubwuzu.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa, bigaragara ko aba ari mu bukerarugendo, abaza uyu musore w’Umunyarwanda, ati “Umeze ute?”, undi akamusubiza mu cyongereza cyumvikana ko atazi kinshi ariko icyo kuganira n’umushyitsi akizi, ati “ni meza.”

Uyu musore w’Umunyarwanda ahita abaza uyu Mufaransa, ati “Umunsi wawe wakugendeye ute?”, undi akamusubiza agira ati “Umunsi wanjye wagenze neza cyane.”

Uyu musore akomeza abwira uyu Munyaburayi, ati “wazanye inaha agashya rwose”, yashakaga kumubwira ko yatunguwe n’igare rye ry’amapine atatu, undi ati “yego rwose nazanye agashya”

Umunyarwanda wese uba mu Gihugu cyangwa mu mahanga, yahamya ashize amanga ko uburezi bw’u Rwanda budaheza. Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, imwe mu mpinduka ikomeye kandi igaragara, ni umubare munini w’Abanyarwanda bashoboye kwiga.

Ibi biragazwa… pic.twitter.com/YQWL8MafGG

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 23, 2024

Muri iki kiganiro cyari cyuzuye ibitwenge, Umunyarwanda yakomeje agira ati “Ariko se koko iri ni igare?”, undi amusubiza agira ati “Yego ni igare ryitwa Tricycle, rigira amapine atatu.”

Yakomeje amubaza ati “icyo ni igiki ufite se” amusubiza agira ati “iyi ni camera”, arongera ati “ubwo noneho uri kumfata amashusho.” Undi ati “yego.”

Uyu musore w’Umunyarwanda yakomeje amubaza ati “None se ukomoka he?”, amusubiza agira ati “Nkomoka mu Bufaransa.” Uyu musore ahita yumvikana nk’utangaye, ati “Mu Bufaransa!! Eh eh.” Arongera ati “rwose nagukunze” undi na we amusubiza agira ati “nanjye nagukunze.”

Ni amashusho akomeje gushimisha benshi, bashima uburyo uyu musore azi kwirwanaho akabasha kuvugana n’abanyamahanga basura u Rwanda, akanabagaragariza urugwiro nk’uko bisanzwe bizwi ku Banyarwanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. leodomir says:
    2 years ago

    Uyu Mysore yagerageje kugaragaza ubumuntu bwagakwiye kugaragara kuri buri munyarwanda mukwakira abatugana nayombi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Igikombe cy’Amahoro kigeze mu mahina: Avugwa mbere y’imikino isiga hamenyekanye amakipe azakina final

Next Post

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.