Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 100 bari bavuye mu bukwe baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato yabereye mu ruzi rwa Niger mu Karere ka Pategi muri Leta ya Kwara mu Majyaruguru ya Nigeria.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi yo muri iyi Leta ya Kwara, Okasanmi Ajayi, kuri uyu wa Kabiri, wavuze ko ubu bwato bwari butwaye abantu benshi barengeje umubare w’ubushobozi bwabwo.

Yagize ati “Kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 103 bapfuye, n’abandi barenga ijana barohowe ku bw’iyi mpanuka y’ubwato.”

Yakomeje agira ati “Ibikorwa byo gushakisha abandi birakomeje, bivuze ko umubare w’ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka, ushobora kwiyongera.”

Umuturage wo muri aka gace witwa Usman Ibrahim yavuze ko ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka y’ubwato, barimo abagore n’abana barimo bava mu bukwe mu gace ka Egboti muri Leta ya Niger.

Yagize ati “Abantu bagombaga kuba bakoresheje amagare yabo bataha mu bice batuyemo. Ubwato bwari butwaye abarenga ijana ubwo bwarohamaga.”

Yakomeje agira ati “Abenshi barohamye kuko impanuka yabaye mu gicuku saa cyenda z’ijoro, kandi nta bantu bagombaga kubatabara muri ayo masaha.”

Abenshi mu bari muri ubu bwato, bari batuye mu duce twa Kpada, Egbu na Gakpan two muri Kwara, aho bivugwa ko hari 64 bari bavuye mu gace kamwe n’abandi 40 bari baturutse mu kandi.

Ikindi kandi, ngo ni uko benshi mu bari muri ubu bwato, batari bambaye umwambaro wabugenewe washoboraga kubarinda kurohama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + three =

Previous Post

Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi

Next Post

Uganda: Nyuma y’itegeko rihana abatinganyi hamenyekanye impinduka zahise ziba ku mibereho yabo

Related Posts

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

by radiotv10
22/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’impande zigifasha, rukomeje kurenga ku...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

by radiotv10
21/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC rwongeye kurenga ku gahenge rukarasana ubugome bukabije rukoresheje indege z’intambara mu bice...

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

IZIHERUKA

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi
IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Nyuma y’itegeko rihana abatinganyi hamenyekanye impinduka zahise ziba ku mibereho yabo

Uganda: Nyuma y’itegeko rihana abatinganyi hamenyekanye impinduka zahise ziba ku mibereho yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.