Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu barenga 100 bari bavuye mu bukwe baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato yabereye mu ruzi rwa Niger mu Karere ka Pategi muri Leta ya Kwara mu Majyaruguru ya Nigeria.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi yo muri iyi Leta ya Kwara, Okasanmi Ajayi, kuri uyu wa Kabiri, wavuze ko ubu bwato bwari butwaye abantu benshi barengeje umubare w’ubushobozi bwabwo.

Yagize ati “Kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 103 bapfuye, n’abandi barenga ijana barohowe ku bw’iyi mpanuka y’ubwato.”

Yakomeje agira ati “Ibikorwa byo gushakisha abandi birakomeje, bivuze ko umubare w’ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka, ushobora kwiyongera.”

Umuturage wo muri aka gace witwa Usman Ibrahim yavuze ko ababuriye ubuzima muri iyi mpanuka y’ubwato, barimo abagore n’abana barimo bava mu bukwe mu gace ka Egboti muri Leta ya Niger.

Yagize ati “Abantu bagombaga kuba bakoresheje amagare yabo bataha mu bice batuyemo. Ubwato bwari butwaye abarenga ijana ubwo bwarohamaga.”

Yakomeje agira ati “Abenshi barohamye kuko impanuka yabaye mu gicuku saa cyenda z’ijoro, kandi nta bantu bagombaga kubatabara muri ayo masaha.”

Abenshi mu bari muri ubu bwato, bari batuye mu duce twa Kpada, Egbu na Gakpan two muri Kwara, aho bivugwa ko hari 64 bari bavuye mu gace kamwe n’abandi 40 bari baturutse mu kandi.

Ikindi kandi, ngo ni uko benshi mu bari muri ubu bwato, batari bambaye umwambaro wabugenewe washoboraga kubarinda kurohama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi

Next Post

Uganda: Nyuma y’itegeko rihana abatinganyi hamenyekanye impinduka zahise ziba ku mibereho yabo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Nyuma y’itegeko rihana abatinganyi hamenyekanye impinduka zahise ziba ku mibereho yabo

Uganda: Nyuma y’itegeko rihana abatinganyi hamenyekanye impinduka zahise ziba ku mibereho yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.