Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in MU RWANDA
0
Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda babiri barangije amasomo mu ishuri rya Gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst mu Bwongereza, ryanarangijemo Ian Kagame na Brian Kagame, abana ba Perezida Paul Kagame.

Amakuru y’isozwa ry’aba Banyarwanda, Mugisha Blaine na Yuhi Cesar, turayakesha Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye wanitabiriye umuhango w’isozwa ry’amasomo y’abarangije muri iri shuri.

Ni igikorwa cyabaye mu cyumweru gishize tariki 11 Mata 2025 nk’uko byatangajwe na Ambasaderi Johnston Busingye, wifurije ishya n’ihirwe aba Banyarwanda.

Yagize ati “Turabishimiye cyane ba Ofisiye Kadete bacu Mugisha Blaine na Yuhi Cesar. Muri ishema ry’Igihugu. Tubifulije ishya n’ihirwe.”

Ni umuhango kandi wanitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor César, akaba n’umubyeyi w’umwe muri aba Banyarwanda barangije amasomo muri iri shuri [Yuhi Cesar].

Mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2024, iri shuri ry’ibigwi mu masomo ya gisirikare, Royal Military Academy Sandhurst, ryari ryanarangijemo abarimo Brian Kagame, umuhererezi mu muryango wa Perezida Paul Kagame.

Brian Kagame kandi yarangije muri iri shuri nyuma y’imyaka ibiri mukuru we bakurikirana Ian Kagame na we arangije amasomo muri iri shuri, wanaje kwinjizwa mu Ngabo z’u Rwanda, ubu akaba ari umwe mu basirikare bagize umutwe w’Ingabo Zirinda Abayobozi bakuru.

Iri shuri Royal Military Academy Sandhurst, rizwiho kuba ubukombe dore ko ryanyuzemo ab’amazina akomeye ku Isi, barimo Ibikomangoma by’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince William na Harry, bakaba abahungu b’Umwami Charles III.

Iri shuri kandi ryizwemo abandi bamenyekanye cyane, nka Muammar Muhammad Abu Minyar al-Gaddafi wabaye Perezida wa Libya, unazwi cyane mu guharanira ukwigira kwa Afurika.

Ababayeyi babo bari bagiye kubashyigikira
Abanyarwanda babiri barangije mu ishuri ryizemo Ian na Brian Kagame

Imiryango yabo yaje kubashyigikira
Muri Kanama 2022 Ian Kagame na we yasoje amasomo ya Gisirikare muri iri shuri
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bitabiriye uyu muhango
Umwaka ushize wa 2024 Brian Kagame na we yari yarangije muri iri shuri
Uyu muhango witabiriwe na Madamu Jeannette Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

Next Post

Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

by radiotv10
29/11/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi, barimo Nirere Madeleine wongerewe Manda nk'Umuvunyi Mukuru, na Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho...

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

by radiotv10
29/11/2025
0

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho
IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

29/11/2025
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.