Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in MU RWANDA
0
Ishuri rya Gisirikare ryizemo Ian na Brian Kagame ryasojwemo amasomo n’abandi Banyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda babiri barangije amasomo mu ishuri rya Gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst mu Bwongereza, ryanarangijemo Ian Kagame na Brian Kagame, abana ba Perezida Paul Kagame.

Amakuru y’isozwa ry’aba Banyarwanda, Mugisha Blaine na Yuhi Cesar, turayakesha Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye wanitabiriye umuhango w’isozwa ry’amasomo y’abarangije muri iri shuri.

Ni igikorwa cyabaye mu cyumweru gishize tariki 11 Mata 2025 nk’uko byatangajwe na Ambasaderi Johnston Busingye, wifurije ishya n’ihirwe aba Banyarwanda.

Yagize ati “Turabishimiye cyane ba Ofisiye Kadete bacu Mugisha Blaine na Yuhi Cesar. Muri ishema ry’Igihugu. Tubifulije ishya n’ihirwe.”

Ni umuhango kandi wanitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor César, akaba n’umubyeyi w’umwe muri aba Banyarwanda barangije amasomo muri iri shuri [Yuhi Cesar].

Mu mpera z’umwaka ushize mu kwezi k’Ukuboza 2024, iri shuri ry’ibigwi mu masomo ya gisirikare, Royal Military Academy Sandhurst, ryari ryanarangijemo abarimo Brian Kagame, umuhererezi mu muryango wa Perezida Paul Kagame.

Brian Kagame kandi yarangije muri iri shuri nyuma y’imyaka ibiri mukuru we bakurikirana Ian Kagame na we arangije amasomo muri iri shuri, wanaje kwinjizwa mu Ngabo z’u Rwanda, ubu akaba ari umwe mu basirikare bagize umutwe w’Ingabo Zirinda Abayobozi bakuru.

Iri shuri Royal Military Academy Sandhurst, rizwiho kuba ubukombe dore ko ryanyuzemo ab’amazina akomeye ku Isi, barimo Ibikomangoma by’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince William na Harry, bakaba abahungu b’Umwami Charles III.

Iri shuri kandi ryizwemo abandi bamenyekanye cyane, nka Muammar Muhammad Abu Minyar al-Gaddafi wabaye Perezida wa Libya, unazwi cyane mu guharanira ukwigira kwa Afurika.

Ababayeyi babo bari bagiye kubashyigikira
Abanyarwanda babiri barangije mu ishuri ryizemo Ian na Brian Kagame

Imiryango yabo yaje kubashyigikira
Muri Kanama 2022 Ian Kagame na we yasoje amasomo ya Gisirikare muri iri shuri
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bitabiriye uyu muhango
Umwaka ushize wa 2024 Brian Kagame na we yari yarangije muri iri shuri
Uyu muhango witabiriwe na Madamu Jeannette Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Umunyapoliti w’Umunyaburayi wabaye Ambasaderi mu Bihugu birimo u Rwanda yasuye ubuyobozi bw’ahagenzurwa na M23

Next Post

Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.