Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishusho y’uko byifashe mu mirwano hagati ya M23 na FARDC

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakomeje mu gace ka Kimoka ku musozi wa Busakara, aho umutwe wa M23 ukomeje kurwana ushaka kwagura ibice ugenzura.

Ni imirwano yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025 ahagana saa munani n’iminota makumyabiri (02:20’) nk’uko tubikesha Umunyamakuru Daneil Michombero ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru avuga ko imirwano yakomereye muri aka gace kari mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Goma, muri aka gasozi ka Busakara.

Uyu munyamakuru yavuze ko hari ibisasu bya rutura bibiri, byarashwe biva mu Burengerazuba byerecyeza mu Burasirazuba bikagira ingaruka ku bavanywe mu byabo bacumbikiwe mu nkambi ya Lushagala mu gace ka Mugunga.

Akomeza avuga kandi ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, abari mu Mujyi wa Goma, bakomeje kumva urusaku rw’amasasu aremereye ari kuraswa muri ibi bice biri kuberamo imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya DRC (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo Wazalendo ndetse na FDLR.

Yavuze kandi ko kuva mu ijoro cyo ku wa Gatandatu, umutwe wa M23 uri kugenzura agace ka Lumbishi muri Teritwari ya Kalehe, ahasanzwe hazwiho kuba hakungahaye ku mabuye y’agaciro.

Amakuru ahari kandi, avuga ko umutwe wa M23 uri kurwana ushaka kwagura ibice ugenzura unyuze muri Pariki ya Kahuzi Byega kugira ngo ujye gufatanya n’umutwe wa Twirwaneho urwanirira uburenganzira bw’Abanyamulenge muri Teritwari ya Uvira, aho Aba Banyekongo na bo bugarijwe n’ibikorwa by’ihohoterwa bakunze gukorerwa kuva mu bihe byo hambere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 5 =

Previous Post

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Next Post

Israel&Hamas: Ku munsi wa mbere w’agahenge impande zombi zahise zigaragaza ubushake bwiza

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Hamas: Ku munsi wa mbere w’agahenge impande zombi zahise zigaragaza ubushake bwiza

Israel&Hamas: Ku munsi wa mbere w’agahenge impande zombi zahise zigaragaza ubushake bwiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.