Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano ya Politiki yanenzwe na bamwe mu babyeyi n’abarezi.

Ni nyuma yuko amwe mu mashuri yo muri Komini ya Kirundo, akorewemo ibyo bikorwa bya Politiki, arimo Ishuri Ribanza rya Gikuyo, Ishuri rya Kavomo, n’ishuri rya Islam ryo muri ako gace.

Amakuru avuga ko ku ya 10 Mutarama umunsi wo ku wa Gatandatu, hateguwe igikorwa cyo kwerekana imbaraga cya CNDD-FDD mu mujyi wa Kirundo, mu Ntara ya Butanyerera, mu majyaruguru y’u Burundi.

Kuri uwo munsi, abanyeshuri bo muri ariya mashuri bashishikarijwe kwitabira isiganwa ryakurikiwe n’urugendo rwa politiki mu mihanda y’umujyi, bituma ibikorwa by’itangwa ry’amasomo ryari riteganyijwe uwo munsi bihagarikwa.

Umubyeyi w’umunyeshuri umwe wiga mu Ishuri Rikuru rya Tekiniki rya Municipal ya Kirundo, yagize “Abana bacu bagombaga gusubira ku ishuri kwiga cyangwa amasomo yo kwiyitaho ku wa Gatandatu. Ahubwo, bajyanywe mu bikorwa bya politiki.”

Ababyeyi benshi bahangayikishijwe no kuba abana bato bacengezwamo ibitekerezo bya bya politiki aho kwigishwa amasomo azabagirira umumaro mu bihe bizaza.

Umubyeyi w’umunyeshuri wiga mu Ishuri Ribanza rya Gikuyo yagize ati “Ndetse n’abana bato bari bahari. Ni gute abanyeshuri bashobora gucengezwamo ibitekerezo bya politiki mu gihe bagomba kurindwa no gucungwa?”

Muri urwo rugendo rwakozwe n’aba banyeshuri, hagendaga havugwa ubutumwa bushyigikira ishyaka CNDD-FDD, nk’aho hari aho bavugaga ko iri shyaka rizaguma ku butegetsi “kugeza igihe Yesu Kristu azagarukira” kandi ko ari ryo “shyaka ryonyine ridashobora kugira uwahangana na ryo” amagambo yafashwe nk’ateye ubwoba na bamwe mu baturage.

 

Bamwe mu barezi na bo bifashe ku munwa

Bamwe mu barimu baganiriye na SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, batifuje ko amazina yabo atangazwa, bamagana ibi byakozwe na ririya shyaka, bakavuga ko bihabanye n’umuhamagaro wo kwigisha no kurera.

Umwe yagize ati “Ishuri rigomba kuguma ari ahantu hadafite aho habogamiye. Inshingano zacu ni ukwigisha abaturage bafite inshingano, ntabwo ari ukubakoresha mu nyungu za politiki.”

Undi mwarimu yagize ati “Iyo umuyobozi w’ishuri ashishikariza abanyeshuri gukora ibikorwa bya politiki, bahemukira icyizere cy’ababyeyi kandi barenga ku mahame mbwirizamuco y’uburezi.”

Mu bavuzwe n’ababyeyi harimo Jean Paul Mukezangango, umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Tekiniki rya Kirundo. Ababyeyi basaba ko yirukanwa, bemeza ko yitwara nk’umunyapolitiki kuruta kuba umurezi.

Uhagarariye ababyeyi yagize ati “Umuyobozi w’ishuri agomba kurinda abana bacu, ntabwo abashora mu ntambara za politiki.”

Imiryango itari ya Leta yo muri kariya gace, na yo yanenze cyane ibi bikorwa, ivuga ko ari ukubangamira uburenganzira bw’abana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Next Post

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.