Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR) ryamaze kwemeza ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2024, rizashyigikira Umukandida wa RPF-Inkotanyi byumwihariko Perezida Paul Kagame.

Byatangajwe na Hon Pie Nizeyimana uyobora  iri Shyaka rya UDPR nyuma yuko habayeho Inteko Rusange yaryo yateranye kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama 2022.

Muri iyi Nteko Rusange y’ishyaka UDPR, hanabayeho amatora ya komite nyobozi y’iri shyaka aho Pie Nizeyimana yongeye gutorerwa kuribera Perezida kuva muri manda yo kuba muri 2022 kugeza muri 2027.

Iyi nteko rusange ya UDPR ibaye mu gihe habura umwaka umwe ngo mu Rwanda habe amatora y’Abadepite ndetse n’umwaka umwe hakaba amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Hon Pie Nizeyimana avuga ko muri aya matora yombi, bazashyigikira Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Ati “Kongere y’Ishyaka UDPR yafashe umwanzuro ko mu matora y’Abadepite y’umwaka utaha, rizafatanya n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi nkuko risanzwe ribikora kandi rwose abayoboke babyishimiye.”

Yakomeje agira ati “Mu matora ya Perezida wa Repubulika na bwo, Kongere y’Igihugu [ya UDPR] yafashe umwanzuro ko muri 2024 Ishyaka UDPR rizashyigikira Umukandida wa RPF byumwihariko Nyakubahwa Kagame Paul.”

Yakomeje agaragaza impamvu zagaragajwe n’abayoboke ba UDPR zirimo ibikorwa by’indashyikirwa bikomeje kuranga Perezida Paul Kagame.

Ati “Nko kugarura amahoro ku rwego mpuzamahanga, muri Mozambique [Cabo Delgado], muri Centrafrique, kurinda amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, guha ishema u Rwanda n’Abanyarwanda byumwihariko no guhagarika ibitero bya FLN.”

 

Bamaganye ibyatangajwe na Frank Habineza

Mu minsi ishize, Dr Frank Habineza uyobora ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR) yavuze ko yifuza ko u Rwanda ruganira n’imitwe irurwanya yaba iyitwaje intwaro ndetse n’itazitwaje.

Depite Pie Nizeyimana kandi avuga ko muri iyi nteko rusange ya UDPR, baboneyeho umwanya wo kwamagana ibiherutse gutangazwa n’umuyobozi w’irindi shyaka ryemewe mu Rwanda, wasabye Leta kugirana ibiganiro n’imitwe iyirwanya.

Yagize ati “Imitwe yitwaje intwaro bavugaga, ntabwo bigeze batomora iyo ari yo ariko Abanyarwanda turayizi. Tuzi FDLR, tuzi FLN, tuzi RNC, RUD-Urunana, iyo mitwe yose ntabwo twe nka UDPR twifuza ko yagahawe urubuga rwo kuganira n’u Rwanda kuko ntabwo dukwiye kuganira n’abasize bakoze Jenoside aho batwiciye abavandimwe basaga miliyoni.”

Hon Pie Nizeyimana uvuga ko iyi mitwe atari iyo kuganira n’u Rwanda ahubwo ko abayigize bakwiye guhanwa, yakomeje agaruka ku byatangajwe n’umutwe wa Politiki ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo mu Rwanda bukigerwa ku mashyi ndetse ko hakwiye kubaho ibiganiro bikomeye nk’ibyabereye muri Village Urugwiro.

Yagize ati “Twaje gusanga nka Kongere y’Ishyaka urwo rugwiro rudakenewe ntacyo rwaba ruje gukora kuko nta kibazo kidasanzwe urwo rugwiro rwaba ruje gukemura.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nineteen =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Next Post

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe
MU RWANDA

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.