Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR) ryamaze kwemeza ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2024, rizashyigikira Umukandida wa RPF-Inkotanyi byumwihariko Perezida Paul Kagame.

Byatangajwe na Hon Pie Nizeyimana uyobora  iri Shyaka rya UDPR nyuma yuko habayeho Inteko Rusange yaryo yateranye kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama 2022.

Muri iyi Nteko Rusange y’ishyaka UDPR, hanabayeho amatora ya komite nyobozi y’iri shyaka aho Pie Nizeyimana yongeye gutorerwa kuribera Perezida kuva muri manda yo kuba muri 2022 kugeza muri 2027.

Iyi nteko rusange ya UDPR ibaye mu gihe habura umwaka umwe ngo mu Rwanda habe amatora y’Abadepite ndetse n’umwaka umwe hakaba amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Hon Pie Nizeyimana avuga ko muri aya matora yombi, bazashyigikira Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Ati “Kongere y’Ishyaka UDPR yafashe umwanzuro ko mu matora y’Abadepite y’umwaka utaha, rizafatanya n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi nkuko risanzwe ribikora kandi rwose abayoboke babyishimiye.”

Yakomeje agira ati “Mu matora ya Perezida wa Repubulika na bwo, Kongere y’Igihugu [ya UDPR] yafashe umwanzuro ko muri 2024 Ishyaka UDPR rizashyigikira Umukandida wa RPF byumwihariko Nyakubahwa Kagame Paul.”

Yakomeje agaragaza impamvu zagaragajwe n’abayoboke ba UDPR zirimo ibikorwa by’indashyikirwa bikomeje kuranga Perezida Paul Kagame.

Ati “Nko kugarura amahoro ku rwego mpuzamahanga, muri Mozambique [Cabo Delgado], muri Centrafrique, kurinda amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, guha ishema u Rwanda n’Abanyarwanda byumwihariko no guhagarika ibitero bya FLN.”

 

Bamaganye ibyatangajwe na Frank Habineza

Mu minsi ishize, Dr Frank Habineza uyobora ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR) yavuze ko yifuza ko u Rwanda ruganira n’imitwe irurwanya yaba iyitwaje intwaro ndetse n’itazitwaje.

Depite Pie Nizeyimana kandi avuga ko muri iyi nteko rusange ya UDPR, baboneyeho umwanya wo kwamagana ibiherutse gutangazwa n’umuyobozi w’irindi shyaka ryemewe mu Rwanda, wasabye Leta kugirana ibiganiro n’imitwe iyirwanya.

Yagize ati “Imitwe yitwaje intwaro bavugaga, ntabwo bigeze batomora iyo ari yo ariko Abanyarwanda turayizi. Tuzi FDLR, tuzi FLN, tuzi RNC, RUD-Urunana, iyo mitwe yose ntabwo twe nka UDPR twifuza ko yagahawe urubuga rwo kuganira n’u Rwanda kuko ntabwo dukwiye kuganira n’abasize bakoze Jenoside aho batwiciye abavandimwe basaga miliyoni.”

Hon Pie Nizeyimana uvuga ko iyi mitwe atari iyo kuganira n’u Rwanda ahubwo ko abayigize bakwiye guhanwa, yakomeje agaruka ku byatangajwe n’umutwe wa Politiki ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo mu Rwanda bukigerwa ku mashyi ndetse ko hakwiye kubaho ibiganiro bikomeye nk’ibyabereye muri Village Urugwiro.

Yagize ati “Twaje gusanga nka Kongere y’Ishyaka urwo rugwiro rudakenewe ntacyo rwaba ruje gukora kuko nta kibazo kidasanzwe urwo rugwiro rwaba ruje gukemura.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − one =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Next Post

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.