Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR) ryamaze kwemeza ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2024, rizashyigikira Umukandida wa RPF-Inkotanyi byumwihariko Perezida Paul Kagame.

Byatangajwe na Hon Pie Nizeyimana uyobora  iri Shyaka rya UDPR nyuma yuko habayeho Inteko Rusange yaryo yateranye kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama 2022.

Muri iyi Nteko Rusange y’ishyaka UDPR, hanabayeho amatora ya komite nyobozi y’iri shyaka aho Pie Nizeyimana yongeye gutorerwa kuribera Perezida kuva muri manda yo kuba muri 2022 kugeza muri 2027.

Iyi nteko rusange ya UDPR ibaye mu gihe habura umwaka umwe ngo mu Rwanda habe amatora y’Abadepite ndetse n’umwaka umwe hakaba amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Hon Pie Nizeyimana avuga ko muri aya matora yombi, bazashyigikira Umuryango wa RPF-Inkotanyi.

Ati “Kongere y’Ishyaka UDPR yafashe umwanzuro ko mu matora y’Abadepite y’umwaka utaha, rizafatanya n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi nkuko risanzwe ribikora kandi rwose abayoboke babyishimiye.”

Yakomeje agira ati “Mu matora ya Perezida wa Repubulika na bwo, Kongere y’Igihugu [ya UDPR] yafashe umwanzuro ko muri 2024 Ishyaka UDPR rizashyigikira Umukandida wa RPF byumwihariko Nyakubahwa Kagame Paul.”

Yakomeje agaragaza impamvu zagaragajwe n’abayoboke ba UDPR zirimo ibikorwa by’indashyikirwa bikomeje kuranga Perezida Paul Kagame.

Ati “Nko kugarura amahoro ku rwego mpuzamahanga, muri Mozambique [Cabo Delgado], muri Centrafrique, kurinda amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, guha ishema u Rwanda n’Abanyarwanda byumwihariko no guhagarika ibitero bya FLN.”

 

Bamaganye ibyatangajwe na Frank Habineza

Mu minsi ishize, Dr Frank Habineza uyobora ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR) yavuze ko yifuza ko u Rwanda ruganira n’imitwe irurwanya yaba iyitwaje intwaro ndetse n’itazitwaje.

Depite Pie Nizeyimana kandi avuga ko muri iyi nteko rusange ya UDPR, baboneyeho umwanya wo kwamagana ibiherutse gutangazwa n’umuyobozi w’irindi shyaka ryemewe mu Rwanda, wasabye Leta kugirana ibiganiro n’imitwe iyirwanya.

Yagize ati “Imitwe yitwaje intwaro bavugaga, ntabwo bigeze batomora iyo ari yo ariko Abanyarwanda turayizi. Tuzi FDLR, tuzi FLN, tuzi RNC, RUD-Urunana, iyo mitwe yose ntabwo twe nka UDPR twifuza ko yagahawe urubuga rwo kuganira n’u Rwanda kuko ntabwo dukwiye kuganira n’abasize bakoze Jenoside aho batwiciye abavandimwe basaga miliyoni.”

Hon Pie Nizeyimana uvuga ko iyi mitwe atari iyo kuganira n’u Rwanda ahubwo ko abayigize bakwiye guhanwa, yakomeje agaruka ku byatangajwe n’umutwe wa Politiki ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo mu Rwanda bukigerwa ku mashyi ndetse ko hakwiye kubaho ibiganiro bikomeye nk’ibyabereye muri Village Urugwiro.

Yagize ati “Twaje gusanga nka Kongere y’Ishyaka urwo rugwiro rudakenewe ntacyo rwaba ruje gukora kuko nta kibazo kidasanzwe urwo rugwiro rwaba ruje gukemura.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + three =

Previous Post

Minisitiri w’Intebe ati “Abarundi mwitoze kugenda n’amaguru”- Ibura rya Lisansi rirahangayikishije mu Burundi

Next Post

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.