Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze imyato Perezida Joe Biden wamubereye Visi Perezida, avuga ko imiyoborere ye yari ikenewe ku Isi, kugira ngo ibashe kwikura mu ngaruka z’icyorezi kigeze kuyishegesha.

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Joe Biden asohoke mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya USA-White House, byongere byinjirwemo na Donald Trump n’ubundi yari yasimbuye.

Mu cyumweru gitaha tariki 20 Mutarama 2025 Donald Trump uzaba abaye Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za America, azarahirira kuyobora iki Gihugu, aho azaba asimbuye Joe Biden wari umaze imyaka ine akiyobora muri manda imwe.

Joe Biden w’imyaka 82 y’amavuko, utarashoboye guhatana na Trump mu matora aheruka, azwi muri Politiki ya Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse akaba yarabaye Visi Perezida ku bwa Barack Obama, kuva muri 2009 kugeza muri 2017.

Barack Obama warangije manda ze ebyiri, wanafashije Biden mu bikorwa byo kwiyamamaza ubwo yatsindiraga kwinjira muri White House, yamushimiye ibyo yakoze muri iyi myaka ine amaze ku butegetsi.

Mu butumwa yatanze, Obama yagize ati “Imyaka ine ishize ubwo Isi yahuraga n’icyorezo, twari dukeneye umuyobozi ufite umuhamagaro wo kwirengagiza ibya politiki agakora ibiri mu murongo w’ukuri. Ibyo ni byo Joe Biden yakoze.”

Obama yavuze ko ubwo Biden yajyaga ku butegetsi, ubukungu bwa US bwari buhagaze nabi, ariko ko yongeye kubuhesha ikuza ku ruhando mpuzamahanga bugakomeza kuba ubwa mbere ku Isi, ndetse ko hahanzwe imirimo mishya miliyoni 17, hakabaho kwinjiza amafaranga menshi ku baturage mu buryo butabayeho mu mateka, ndetse n’ikiguzi cy’ubuvuzi kikabasha kugabanuka.

Obama yavuze kandi ko uyu Mu-Democrat mugenzi we yatoye itegeko ryo kongera kuzahura ibikorwa Remezo by’iki Gihugu cya US, ndetse rinazana ibisubizo ku bibazo by’imihindagurikire y’ibihe.

Ati “Ntewe ishema na Joe ku bw’imiyoborere ye, ubucuti bwe, ndetse n’igihe cyose amaze akorera Igihugu dukunda.”

Obama yavuze ibigwi uyu munyapolitiki mu gihe hari abamunenga, barimo na Donald Trump ugiye kumusimbura, wakunze kuvuga ko ari we wazaniye Isi akaga, byumwihariko intambara zagiye zaduka zigashegesha uyu mubumbe, mu gihe Trump avuga ko iyo aza kuba ari ku butegetsi izo ntambara zitari kubaho.

Perezida Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + one =

Previous Post

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.