Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze imyato Perezida Joe Biden wamubereye Visi Perezida, avuga ko imiyoborere ye yari ikenewe ku Isi, kugira ngo ibashe kwikura mu ngaruka z’icyorezi kigeze kuyishegesha.

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Joe Biden asohoke mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya USA-White House, byongere byinjirwemo na Donald Trump n’ubundi yari yasimbuye.

Mu cyumweru gitaha tariki 20 Mutarama 2025 Donald Trump uzaba abaye Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za America, azarahirira kuyobora iki Gihugu, aho azaba asimbuye Joe Biden wari umaze imyaka ine akiyobora muri manda imwe.

Joe Biden w’imyaka 82 y’amavuko, utarashoboye guhatana na Trump mu matora aheruka, azwi muri Politiki ya Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse akaba yarabaye Visi Perezida ku bwa Barack Obama, kuva muri 2009 kugeza muri 2017.

Barack Obama warangije manda ze ebyiri, wanafashije Biden mu bikorwa byo kwiyamamaza ubwo yatsindiraga kwinjira muri White House, yamushimiye ibyo yakoze muri iyi myaka ine amaze ku butegetsi.

Mu butumwa yatanze, Obama yagize ati “Imyaka ine ishize ubwo Isi yahuraga n’icyorezo, twari dukeneye umuyobozi ufite umuhamagaro wo kwirengagiza ibya politiki agakora ibiri mu murongo w’ukuri. Ibyo ni byo Joe Biden yakoze.”

Obama yavuze ko ubwo Biden yajyaga ku butegetsi, ubukungu bwa US bwari buhagaze nabi, ariko ko yongeye kubuhesha ikuza ku ruhando mpuzamahanga bugakomeza kuba ubwa mbere ku Isi, ndetse ko hahanzwe imirimo mishya miliyoni 17, hakabaho kwinjiza amafaranga menshi ku baturage mu buryo butabayeho mu mateka, ndetse n’ikiguzi cy’ubuvuzi kikabasha kugabanuka.

Obama yavuze kandi ko uyu Mu-Democrat mugenzi we yatoye itegeko ryo kongera kuzahura ibikorwa Remezo by’iki Gihugu cya US, ndetse rinazana ibisubizo ku bibazo by’imihindagurikire y’ibihe.

Ati “Ntewe ishema na Joe ku bw’imiyoborere ye, ubucuti bwe, ndetse n’igihe cyose amaze akorera Igihugu dukunda.”

Obama yavuze ibigwi uyu munyapolitiki mu gihe hari abamunenga, barimo na Donald Trump ugiye kumusimbura, wakunze kuvuga ko ari we wazaniye Isi akaga, byumwihariko intambara zagiye zaduka zigashegesha uyu mubumbe, mu gihe Trump avuga ko iyo aza kuba ari ku butegetsi izo ntambara zitari kubaho.

Perezida Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Related Posts

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.