Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze imyato Perezida Joe Biden wamubereye Visi Perezida, avuga ko imiyoborere ye yari ikenewe ku Isi, kugira ngo ibashe kwikura mu ngaruka z’icyorezi kigeze kuyishegesha.

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Joe Biden asohoke mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya USA-White House, byongere byinjirwemo na Donald Trump n’ubundi yari yasimbuye.

Mu cyumweru gitaha tariki 20 Mutarama 2025 Donald Trump uzaba abaye Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za America, azarahirira kuyobora iki Gihugu, aho azaba asimbuye Joe Biden wari umaze imyaka ine akiyobora muri manda imwe.

Joe Biden w’imyaka 82 y’amavuko, utarashoboye guhatana na Trump mu matora aheruka, azwi muri Politiki ya Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse akaba yarabaye Visi Perezida ku bwa Barack Obama, kuva muri 2009 kugeza muri 2017.

Barack Obama warangije manda ze ebyiri, wanafashije Biden mu bikorwa byo kwiyamamaza ubwo yatsindiraga kwinjira muri White House, yamushimiye ibyo yakoze muri iyi myaka ine amaze ku butegetsi.

Mu butumwa yatanze, Obama yagize ati “Imyaka ine ishize ubwo Isi yahuraga n’icyorezo, twari dukeneye umuyobozi ufite umuhamagaro wo kwirengagiza ibya politiki agakora ibiri mu murongo w’ukuri. Ibyo ni byo Joe Biden yakoze.”

Obama yavuze ko ubwo Biden yajyaga ku butegetsi, ubukungu bwa US bwari buhagaze nabi, ariko ko yongeye kubuhesha ikuza ku ruhando mpuzamahanga bugakomeza kuba ubwa mbere ku Isi, ndetse ko hahanzwe imirimo mishya miliyoni 17, hakabaho kwinjiza amafaranga menshi ku baturage mu buryo butabayeho mu mateka, ndetse n’ikiguzi cy’ubuvuzi kikabasha kugabanuka.

Obama yavuze kandi ko uyu Mu-Democrat mugenzi we yatoye itegeko ryo kongera kuzahura ibikorwa Remezo by’iki Gihugu cya US, ndetse rinazana ibisubizo ku bibazo by’imihindagurikire y’ibihe.

Ati “Ntewe ishema na Joe ku bw’imiyoborere ye, ubucuti bwe, ndetse n’igihe cyose amaze akorera Igihugu dukunda.”

Obama yavuze ibigwi uyu munyapolitiki mu gihe hari abamunenga, barimo na Donald Trump ugiye kumusimbura, wakunze kuvuga ko ari we wazaniye Isi akaga, byumwihariko intambara zagiye zaduka zigashegesha uyu mubumbe, mu gihe Trump avuga ko iyo aza kuba ari ku butegetsi izo ntambara zitari kubaho.

Perezida Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Related Posts

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.