Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Isoko bubakiwe babwiwe ko ari iry’abacuruza ibya ‘kizungu’ ab’ibitoki n’imboga bagumishwa hanze

radiotv10by radiotv10
09/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
1
Isoko bubakiwe babwiwe ko ari iry’abacuruza ibya ‘kizungu’ ab’ibitoki n’imboga bagumishwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko nubwo bubakiwe isoko rya Kijyambere ariko batemerewe kuricururizamo ngo kuko bababwiye ko ari iryo gucururizamo ibicuruzwa bya ‘kizungu’, naho abacuruza ibirimo imboga, bakaba bacururiza hanze imbere yaryo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasanze aba bacuruzi bacururiza imbere y’isoko rya Mwezi riri muri uyu Murenge wa Karengera, bari no kunyagirwa, bamugaragarije agahinda baterwa no kuba bacururiza hanze y’isoko kuko iyo imvura iguye ibanyagira.

Bavuga ko uretse kuba iri soko bubakiwe ari rito, ariko banababujije gucururiza ibicuruzwa byabo muri iri soko rya kijyambere.

Umwe ati “Isoko uko byasa kose harimo ibintu bya kizungu, ibitoki ntibyajyamo, n’ibishyimbo ntibyajya mu nzu, n’ibisheke n’imboga ntibyajyamo.”

Aba bacuruzi bavuga ko iyo imvura iguye yangiza ibicuruzwa byabo kandi bakakwa umusoro ndetse ko nta n’umwe ujya utinda kuyishyura.

Undi ati “Iyo imvura yaguye turabita tukugama, hakaba n’igihe ikomeje kugwa, tugataha tutabirangije.  N’abakiliya ntibaboneka. Umukiliya iyo aje kungurira igitoki, ntakigura yishimye kuko kiba cyuzuye isayo.”

Aba bacuruzi bavuga ko n’iyo babarekera aha bacururiza ariko nibura bakahubakira ku buryo nibura n’iyo haba hasakaye gusa bikabarinda kunyagirwa.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Muhaweyezu Joseph Desire yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye kugikurikirana.

Ati “Icyo twari tuzi ni uko isoko ryashyizweho kugira ngo ribashe gutuma abaturage bacuruza neza. Turi buze kuza gukurikirana turebe uko ikibazo kimeze ariko ubwo ibiteye ikibazo ni ukuba abantu baramutse bacururiza hasi ibintu bikanyagirwa ntabwo byaba ari ibintu bimeze neza.”

Uyu muyobozi avuga ko hari icyumba cyasigaye kuri iri soko, ku buryo bashobora gukora igenzura ry’umubare w’aba bacuruzi ndetse n’abakiliya babagana ku buryo iki kibazo cyabonerwa umuti.

Bubakiwe isoko ariko ngo ni iryio gucururizamo ibya kizungu
Bamwe bacururiza hanze

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Patrick says:
    3 years ago

    None se nibura mwasuye mu isoko imbere musanga nta mboga zirimo? Harimo ikinyoma nge ndahatuye,ibitoki byo namwe murabona ko bitarikwirwamo ariko abandi bajya hanze bakwepa gufata TIN z’ibitara no gutanguranwa abakiriya!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nineteen =

Previous Post

Ikipe igiye gukina n’ifite abakunzi benshi mu Rwanda yashyizeho ibiciro byavugishije benshi

Next Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.