Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Isoko bubakiwe babwiwe ko ari iry’abacuruza ibya ‘kizungu’ ab’ibitoki n’imboga bagumishwa hanze

radiotv10by radiotv10
09/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
1
Isoko bubakiwe babwiwe ko ari iry’abacuruza ibya ‘kizungu’ ab’ibitoki n’imboga bagumishwa hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko nubwo bubakiwe isoko rya Kijyambere ariko batemerewe kuricururizamo ngo kuko bababwiye ko ari iryo gucururizamo ibicuruzwa bya ‘kizungu’, naho abacuruza ibirimo imboga, bakaba bacururiza hanze imbere yaryo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasanze aba bacuruzi bacururiza imbere y’isoko rya Mwezi riri muri uyu Murenge wa Karengera, bari no kunyagirwa, bamugaragarije agahinda baterwa no kuba bacururiza hanze y’isoko kuko iyo imvura iguye ibanyagira.

Bavuga ko uretse kuba iri soko bubakiwe ari rito, ariko banababujije gucururiza ibicuruzwa byabo muri iri soko rya kijyambere.

Umwe ati “Isoko uko byasa kose harimo ibintu bya kizungu, ibitoki ntibyajyamo, n’ibishyimbo ntibyajya mu nzu, n’ibisheke n’imboga ntibyajyamo.”

Aba bacuruzi bavuga ko iyo imvura iguye yangiza ibicuruzwa byabo kandi bakakwa umusoro ndetse ko nta n’umwe ujya utinda kuyishyura.

Undi ati “Iyo imvura yaguye turabita tukugama, hakaba n’igihe ikomeje kugwa, tugataha tutabirangije.  N’abakiliya ntibaboneka. Umukiliya iyo aje kungurira igitoki, ntakigura yishimye kuko kiba cyuzuye isayo.”

Aba bacuruzi bavuga ko n’iyo babarekera aha bacururiza ariko nibura bakahubakira ku buryo nibura n’iyo haba hasakaye gusa bikabarinda kunyagirwa.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Muhaweyezu Joseph Desire yavuze ko iki kibazo batari bakizi ariko ko bagiye kugikurikirana.

Ati “Icyo twari tuzi ni uko isoko ryashyizweho kugira ngo ribashe gutuma abaturage bacuruza neza. Turi buze kuza gukurikirana turebe uko ikibazo kimeze ariko ubwo ibiteye ikibazo ni ukuba abantu baramutse bacururiza hasi ibintu bikanyagirwa ntabwo byaba ari ibintu bimeze neza.”

Uyu muyobozi avuga ko hari icyumba cyasigaye kuri iri soko, ku buryo bashobora gukora igenzura ry’umubare w’aba bacuruzi ndetse n’abakiliya babagana ku buryo iki kibazo cyabonerwa umuti.

Bubakiwe isoko ariko ngo ni iryio gucururizamo ibya kizungu
Bamwe bacururiza hanze

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Patrick says:
    3 years ago

    None se nibura mwasuye mu isoko imbere musanga nta mboga zirimo? Harimo ikinyoma nge ndahatuye,ibitoki byo namwe murabona ko bitarikwirwamo ariko abandi bajya hanze bakwepa gufata TIN z’ibitara no gutanguranwa abakiriya!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 5 =

Previous Post

Ikipe igiye gukina n’ifite abakunzi benshi mu Rwanda yashyizeho ibiciro byavugishije benshi

Next Post

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda biravugwa ko agiye kwimukira i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.