Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Israel yinjiye mu ntambara iyihanashije n’umutwe wa Hamas, imaze kugwamo abarenga 1 000, Uhagarariye Israel mu Rwanda, Ambasaderi Einat Weiss yagize icyo avuga ku mutekano w’Abanyarwanda 250 baba muri iki Gihugu kiri kuberamo intambara.

Ni intambara yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo umutwe wa Hamas uyobora Gaza, wibaga umugono Israel, ukinjirana iki Gihugu, wica abaturage unashimuta abandi ndetse unangiza byinshi.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss wari wagize icyo avuga kuri iyi ntambara, agaragaza agahinda kasabitse iki Gihugu ku bw’abaturage bari bamaze kuhasiga ubuzima, yasabye Abanyarwanda gukomeza kuba hafi Abanya-Israel.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, Ambasaderi Einat Weiss yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, agaruka ku ishusho y’iyi ntambara yashowe ku Gihugu cyabo ndetse anagaruka ku makuru y’Abanyarwanda 250 bari yo.

Yavuze ko yaganiriye na mugenzi we Ambasaderi James Gatera uhagarariye u Rwanda muri Israel, baganira ku buzima bw’aba Banyarwanda.

Amb. Einat Weiss yavuze ko aba Banyarwanda bari muri Israel kugeza ubu “Batekanye, nta n’umwe turumva wagize ikibazo cyangwa ngo akomereke. Amakuru mfite ni uko nta Munyarwanda wakomeretse, washimuswe cyangwa ngo aburire ubuzima mu ntambara.”

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yagaragaje agahinda Igihugu cyabo cyinjiyemo

Mu butumwa bw’amashusho yari yatanze tariki 08 Ukwakira nyuma y’amasaha macye iyi ntambara itangiye, Amb. Einat Weiss yari yavuze ko ibyakozwe n’umutwe wa Hamas, ari agahomamunwa.

Yari yagize ati “Ntakundi nabyita uretse ubwicanyi buri gukorerwa imiryango, buri gukorerwa abana, buri gukorerwa abasaza n’abakecuru, buri gukorerwa abantu b’inzirakarengane, batagize icyo bakora.”

Ambasaderi Einat Weiss yari yanasabye “Abanyarwanda n’abandi bose batuye Isi baturi hafi gukora ibyo bashoboye byose, bakarwanya ibiri kuba, bakavuga mu ijwi ryo hejuru ko muri kumwe na Israel.”

Muri iki kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, Einat Weiss yavuze ko uyu mutwe wa Hamas wagabye ibitero muri Israel ubatunguye kuko Abanya-Israel bari batangiye umunsi usanzwe, ariko ukaza kubabera mubi.

Iyi ntamba ikomeje kwangirikiramo byinshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda

Next Post

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Related Posts

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
0

Ababyeyi batujwe mu mudugudu w’abatishoboye uherereye mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko...

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

IZIHERUKA

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi
SIPORO

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

13/05/2025
Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.