Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi

radiotv10by radiotv10
12/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Israel yatangaje amakuru akwiye kumenywa n’Abanyarwanda ku ntambara yahagurukije Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Israel yinjiye mu ntambara iyihanashije n’umutwe wa Hamas, imaze kugwamo abarenga 1 000, Uhagarariye Israel mu Rwanda, Ambasaderi Einat Weiss yagize icyo avuga ku mutekano w’Abanyarwanda 250 baba muri iki Gihugu kiri kuberamo intambara.

Ni intambara yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo umutwe wa Hamas uyobora Gaza, wibaga umugono Israel, ukinjirana iki Gihugu, wica abaturage unashimuta abandi ndetse unangiza byinshi.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss wari wagize icyo avuga kuri iyi ntambara, agaragaza agahinda kasabitse iki Gihugu ku bw’abaturage bari bamaze kuhasiga ubuzima, yasabye Abanyarwanda gukomeza kuba hafi Abanya-Israel.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, Ambasaderi Einat Weiss yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, agaruka ku ishusho y’iyi ntambara yashowe ku Gihugu cyabo ndetse anagaruka ku makuru y’Abanyarwanda 250 bari yo.

Yavuze ko yaganiriye na mugenzi we Ambasaderi James Gatera uhagarariye u Rwanda muri Israel, baganira ku buzima bw’aba Banyarwanda.

Amb. Einat Weiss yavuze ko aba Banyarwanda bari muri Israel kugeza ubu “Batekanye, nta n’umwe turumva wagize ikibazo cyangwa ngo akomereke. Amakuru mfite ni uko nta Munyarwanda wakomeretse, washimuswe cyangwa ngo aburire ubuzima mu ntambara.”

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yagaragaje agahinda Igihugu cyabo cyinjiyemo

Mu butumwa bw’amashusho yari yatanze tariki 08 Ukwakira nyuma y’amasaha macye iyi ntambara itangiye, Amb. Einat Weiss yari yavuze ko ibyakozwe n’umutwe wa Hamas, ari agahomamunwa.

Yari yagize ati “Ntakundi nabyita uretse ubwicanyi buri gukorerwa imiryango, buri gukorerwa abana, buri gukorerwa abasaza n’abakecuru, buri gukorerwa abantu b’inzirakarengane, batagize icyo bakora.”

Ambasaderi Einat Weiss yari yanasabye “Abanyarwanda n’abandi bose batuye Isi baturi hafi gukora ibyo bashoboye byose, bakarwanya ibiri kuba, bakavuga mu ijwi ryo hejuru ko muri kumwe na Israel.”

Muri iki kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, Einat Weiss yavuze ko uyu mutwe wa Hamas wagabye ibitero muri Israel ubatunguye kuko Abanya-Israel bari batangiye umunsi usanzwe, ariko ukaza kubabera mubi.

Iyi ntamba ikomeje kwangirikiramo byinshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Iby’ibanze wamenya ku bwato bw’agatangaza bwakorewe muri Kenya buzazamura akarere karimo u Rwanda

Next Post

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Umukinnyi wagaragaweho ibyavugishije benshi byabaye bwa mbere muri ruhago nyarwanda yagize icyo abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.