Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko bagiye gukuba kabiri imbaraga kugira ngo bafashe Guverinoma y’iki Gihugu kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Khassim Diagne, yabivuye i Burnia nyuma yo kuganira n’abayobozi b’urwego rwa Gisirikare ruyoboye Intara ya Ituri, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022.

Yagize ati “Intego yacu uyu munsi mu gihe dusigaje, ni ugukuba kabiri imbaraga zacu kugira ngo dufashe Guverinoma ya Congo kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro muri Ituri.”

Khassim Diagne yashimiye kandi imbaraga z’ubuyobozi bw’Intara bwashyize mu gukaza umutekano muri Ituri no kwambura intwaro imwe mu mitwe yitwaje intwaro yo muri aka gace.

Yaboneyeho kandi gusaba abo bafatanyije muri uru rugamba kongera imbaraga mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro iri ku muhora wa Komanda-Lolwa-Mambasa.

Yakomeje agira ati “Nabahamiriza ko ubu igisigaye ari uguhabwa uburenganzira n’ubuyobozi bw’Igihugu, ni yo mpamvu twiyemeje gukuba kabiri imbaraga zacu. Natwe ntitwishimira kubona ibi bibazo bihora muri izi Teritwari ndetse no kubona iyi mitwe ikubita incuro ingabo z’Igihugu zifashijwe na MONUSCO.”

Yakomeje avuga ko hari ibice bigoye cyane, ati “Urugero nk’agace ka Komanda-Lolwa, umuhora wa Mungamba, ibice bya Kobu n’ahandi. Tuniteguye ko bishobora kuzatugora muri ibyo bice ari na yo mpamvu twiyemeje kongera imbaraga zacu.”

Yakomeje avuga ko MONUSCO yiyemeje kugaragariza ubuyobozi bw’iyi Ntara ko ingabo ziri muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zishoboye.

Uyu muyobozi muri MONUSCO yatangaje ibi mu gihe ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zikomeje kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo irimo uwa M23.

Iziheruka kwinjira muri iki Gihugu, ni iza Kenya zanamaze gutangaje ko zidahita zigaba ibitero mu gace ka Bunagana kamaze amezi atatu kagenzurwa na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

Next Post

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

by radiotv10
18/09/2025
0

Across Africa, the phrase “African Time” is often used in conversations, parties, and even workplaces. It is a joking way...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.