Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko bagiye gukuba kabiri imbaraga kugira ngo bafashe Guverinoma y’iki Gihugu kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Khassim Diagne, yabivuye i Burnia nyuma yo kuganira n’abayobozi b’urwego rwa Gisirikare ruyoboye Intara ya Ituri, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022.

Yagize ati “Intego yacu uyu munsi mu gihe dusigaje, ni ugukuba kabiri imbaraga zacu kugira ngo dufashe Guverinoma ya Congo kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro muri Ituri.”

Khassim Diagne yashimiye kandi imbaraga z’ubuyobozi bw’Intara bwashyize mu gukaza umutekano muri Ituri no kwambura intwaro imwe mu mitwe yitwaje intwaro yo muri aka gace.

Yaboneyeho kandi gusaba abo bafatanyije muri uru rugamba kongera imbaraga mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro iri ku muhora wa Komanda-Lolwa-Mambasa.

Yakomeje agira ati “Nabahamiriza ko ubu igisigaye ari uguhabwa uburenganzira n’ubuyobozi bw’Igihugu, ni yo mpamvu twiyemeje gukuba kabiri imbaraga zacu. Natwe ntitwishimira kubona ibi bibazo bihora muri izi Teritwari ndetse no kubona iyi mitwe ikubita incuro ingabo z’Igihugu zifashijwe na MONUSCO.”

Yakomeje avuga ko hari ibice bigoye cyane, ati “Urugero nk’agace ka Komanda-Lolwa, umuhora wa Mungamba, ibice bya Kobu n’ahandi. Tuniteguye ko bishobora kuzatugora muri ibyo bice ari na yo mpamvu twiyemeje kongera imbaraga zacu.”

Yakomeje avuga ko MONUSCO yiyemeje kugaragariza ubuyobozi bw’iyi Ntara ko ingabo ziri muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zishoboye.

Uyu muyobozi muri MONUSCO yatangaje ibi mu gihe ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zikomeje kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo irimo uwa M23.

Iziheruka kwinjira muri iki Gihugu, ni iza Kenya zanamaze gutangaje ko zidahita zigaba ibitero mu gace ka Bunagana kamaze amezi atatu kagenzurwa na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 8 =

Previous Post

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

Next Post

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.