Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko bagiye gukuba kabiri imbaraga kugira ngo bafashe Guverinoma y’iki Gihugu kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Khassim Diagne, yabivuye i Burnia nyuma yo kuganira n’abayobozi b’urwego rwa Gisirikare ruyoboye Intara ya Ituri, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022.

Yagize ati “Intego yacu uyu munsi mu gihe dusigaje, ni ugukuba kabiri imbaraga zacu kugira ngo dufashe Guverinoma ya Congo kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro muri Ituri.”

Khassim Diagne yashimiye kandi imbaraga z’ubuyobozi bw’Intara bwashyize mu gukaza umutekano muri Ituri no kwambura intwaro imwe mu mitwe yitwaje intwaro yo muri aka gace.

Yaboneyeho kandi gusaba abo bafatanyije muri uru rugamba kongera imbaraga mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro iri ku muhora wa Komanda-Lolwa-Mambasa.

Yakomeje agira ati “Nabahamiriza ko ubu igisigaye ari uguhabwa uburenganzira n’ubuyobozi bw’Igihugu, ni yo mpamvu twiyemeje gukuba kabiri imbaraga zacu. Natwe ntitwishimira kubona ibi bibazo bihora muri izi Teritwari ndetse no kubona iyi mitwe ikubita incuro ingabo z’Igihugu zifashijwe na MONUSCO.”

Yakomeje avuga ko hari ibice bigoye cyane, ati “Urugero nk’agace ka Komanda-Lolwa, umuhora wa Mungamba, ibice bya Kobu n’ahandi. Tuniteguye ko bishobora kuzatugora muri ibyo bice ari na yo mpamvu twiyemeje kongera imbaraga zacu.”

Yakomeje avuga ko MONUSCO yiyemeje kugaragariza ubuyobozi bw’iyi Ntara ko ingabo ziri muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zishoboye.

Uyu muyobozi muri MONUSCO yatangaje ibi mu gihe ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zikomeje kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa Congo irimo uwa M23.

Iziheruka kwinjira muri iki Gihugu, ni iza Kenya zanamaze gutangaje ko zidahita zigaba ibitero mu gace ka Bunagana kamaze amezi atatu kagenzurwa na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

Next Post

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.