Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

radiotv10by radiotv10
22/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya
Share on FacebookShare on Twitter

Inyamaswa zisanzwe ziba mu itsinda rimwe n’abantu zirimo ‘Inkima; Inkende, Inguge’, ziri mu zitanga ibyishimo ku basura Pariki y’Igihugu Akagera. Izi nyamaswa zagaragaye zikora nk’iby’abantu, nko konsa no kuguyaguya abana bazo.

Mu mafoto dukesha urubuga rw’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, agaragaza izi nyamaswa ziri muri iyi Pariki, zimwe zaje kwakira ba mukerarugendo, zibatumbiriye nk’izifite icyo zishaka kubabwira.

Izi nyamaswa kandi zimwe zifite abana, zagaragaye ziri kubonsa, zibahendahenda ngo bonke, bareke kurangarira abantu.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu Akagera kandi, bwagaragaje ko muri iyi Pariki hari ubwoko butanu bw’izi nyamaswa zisanzwe ziri mu itsinda ry’abantu.

Muri iyi Pariki habamo ubwoko bwitwa Vervet Monkey, Olive Baboon, Blue Monkey, Lesser Galago (bushbaby) ndetse na Greater Galago.

Ubwoko bw’Inkima zizwi nka Vervet na Baboon, zo zikunze kwisanzura, zigatembera mu bice bigize Pariki, mu gihe izo mu bwoko bwa Blue Monkey; zo zidakunze kuva aho ziri kuko ziba zibereye mu biti biri hafi y’amazi y’ikiyaga.

Naho inkima zo mu bwoko bwa Lesser Galago na Greater Galago buzwi nka Bushbaby, zo zibarwa mu nyamaswa zibasha kubona nijoro, zo zikaba zikunze kugaragara mu ijoro.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, buvuga ko izi nyamaswa, ari zimwe mu zinejeje ziba muri iyi Pariki, kandi ubwoko butatu bwazo bukaba buzwiho kugira urugwiro muri iyi Pariki.

Izi nkima kandi zigira uruhare mu gutuma ibimera byo muri iyi Pariki bibasha kororoka kuko imbuto z’ibyo zariye, zikazisohora hanze, zimera.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwageneye ubutumwa ba mukerarugendo, bugira buti “Urugendo rwawe muri Pariki, uzirebera inkima, kandi uzagira n’amahirwe yo kumarana igihe na zo uzireba. Ni zimwe mu nyamaswa zishimishije mu kuzireba kandi zitanga ibyishimo.”

Izi nyamaswa zagaragaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

Next Post

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.