Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

radiotv10by radiotv10
22/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya
Share on FacebookShare on Twitter

Inyamaswa zisanzwe ziba mu itsinda rimwe n’abantu zirimo ‘Inkima; Inkende, Inguge’, ziri mu zitanga ibyishimo ku basura Pariki y’Igihugu Akagera. Izi nyamaswa zagaragaye zikora nk’iby’abantu, nko konsa no kuguyaguya abana bazo.

Mu mafoto dukesha urubuga rw’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, agaragaza izi nyamaswa ziri muri iyi Pariki, zimwe zaje kwakira ba mukerarugendo, zibatumbiriye nk’izifite icyo zishaka kubabwira.

Izi nyamaswa kandi zimwe zifite abana, zagaragaye ziri kubonsa, zibahendahenda ngo bonke, bareke kurangarira abantu.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu Akagera kandi, bwagaragaje ko muri iyi Pariki hari ubwoko butanu bw’izi nyamaswa zisanzwe ziri mu itsinda ry’abantu.

Muri iyi Pariki habamo ubwoko bwitwa Vervet Monkey, Olive Baboon, Blue Monkey, Lesser Galago (bushbaby) ndetse na Greater Galago.

Ubwoko bw’Inkima zizwi nka Vervet na Baboon, zo zikunze kwisanzura, zigatembera mu bice bigize Pariki, mu gihe izo mu bwoko bwa Blue Monkey; zo zidakunze kuva aho ziri kuko ziba zibereye mu biti biri hafi y’amazi y’ikiyaga.

Naho inkima zo mu bwoko bwa Lesser Galago na Greater Galago buzwi nka Bushbaby, zo zibarwa mu nyamaswa zibasha kubona nijoro, zo zikaba zikunze kugaragara mu ijoro.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, buvuga ko izi nyamaswa, ari zimwe mu zinejeje ziba muri iyi Pariki, kandi ubwoko butatu bwazo bukaba buzwiho kugira urugwiro muri iyi Pariki.

Izi nkima kandi zigira uruhare mu gutuma ibimera byo muri iyi Pariki bibasha kororoka kuko imbuto z’ibyo zariye, zikazisohora hanze, zimera.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwageneye ubutumwa ba mukerarugendo, bugira buti “Urugendo rwawe muri Pariki, uzirebera inkima, kandi uzagira n’amahirwe yo kumarana igihe na zo uzireba. Ni zimwe mu nyamaswa zishimishije mu kuzireba kandi zitanga ibyishimo.”

Izi nyamaswa zagaragaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

Next Post

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.