Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

radiotv10by radiotv10
22/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya
Share on FacebookShare on Twitter

Inyamaswa zisanzwe ziba mu itsinda rimwe n’abantu zirimo ‘Inkima; Inkende, Inguge’, ziri mu zitanga ibyishimo ku basura Pariki y’Igihugu Akagera. Izi nyamaswa zagaragaye zikora nk’iby’abantu, nko konsa no kuguyaguya abana bazo.

Mu mafoto dukesha urubuga rw’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, agaragaza izi nyamaswa ziri muri iyi Pariki, zimwe zaje kwakira ba mukerarugendo, zibatumbiriye nk’izifite icyo zishaka kubabwira.

Izi nyamaswa kandi zimwe zifite abana, zagaragaye ziri kubonsa, zibahendahenda ngo bonke, bareke kurangarira abantu.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu Akagera kandi, bwagaragaje ko muri iyi Pariki hari ubwoko butanu bw’izi nyamaswa zisanzwe ziri mu itsinda ry’abantu.

Muri iyi Pariki habamo ubwoko bwitwa Vervet Monkey, Olive Baboon, Blue Monkey, Lesser Galago (bushbaby) ndetse na Greater Galago.

Ubwoko bw’Inkima zizwi nka Vervet na Baboon, zo zikunze kwisanzura, zigatembera mu bice bigize Pariki, mu gihe izo mu bwoko bwa Blue Monkey; zo zidakunze kuva aho ziri kuko ziba zibereye mu biti biri hafi y’amazi y’ikiyaga.

Naho inkima zo mu bwoko bwa Lesser Galago na Greater Galago buzwi nka Bushbaby, zo zibarwa mu nyamaswa zibasha kubona nijoro, zo zikaba zikunze kugaragara mu ijoro.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera, buvuga ko izi nyamaswa, ari zimwe mu zinejeje ziba muri iyi Pariki, kandi ubwoko butatu bwazo bukaba buzwiho kugira urugwiro muri iyi Pariki.

Izi nkima kandi zigira uruhare mu gutuma ibimera byo muri iyi Pariki bibasha kororoka kuko imbuto z’ibyo zariye, zikazisohora hanze, zimera.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwageneye ubutumwa ba mukerarugendo, bugira buti “Urugendo rwawe muri Pariki, uzirebera inkima, kandi uzagira n’amahirwe yo kumarana igihe na zo uzireba. Ni zimwe mu nyamaswa zishimishije mu kuzireba kandi zitanga ibyishimo.”

Izi nyamaswa zagaragaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

Next Post

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.