Tuesday, May 20, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa
Share on FacebookShare on Twitter

Sky Cruise, ni hoteli iteye nk’indege izaba iteretse mu kirere ikabasha kumaramo imyaka myinshi, ikazaba ibasha kwakira abashyitsi 500, gusa hari abavuga ko uyu mushinga ari nk’inzozi.

Iyi hoteli izaba ifite moteri zikoreshwa n’ingufu za atomike zizayifasha kumara igihe kinini iteretse mu kirere, igishushanyo cyayo cyaragaragajwe.

Umudage w’umuhanga mu by’ubumenyi akaba anatunganya amashusho, Hashem Al-Ghaili wakoze amashusho y’imbata y’iyi hoteli, yanayagejeje ku nzobere mu gukora imbata z’ibikorwa by’ubwubatsi Tony Holmsten wanayemeje.

Hashem yavuze ko igishushanyo mbonera cy’iyi hoteli kibaye igikorwa kidasanzwe kandi kigaragaza agashya kagiye kuba ku Isi.

Yagize ati “Ni cyo gihe cyo guhanga udushya cyo gufasha abantu kogoga ikirere bamerewe neza bihanitse.”

Abazaba bari muri iyi hoteli bazaba babasha kureba imfuruka zose z’Isi ndetse bakabasha kuryoherwa n’ubuzima kubera ibikorwa remezo bizaba biyirimo nk’amaduka, aho gukorera imyitozo ngororamubiri(Gyms), aho kogera, aho gufatira amafunguro (Restaurants), utubari ndetse n’aho kurebera film.

Izaba irimo kandi ibyumba bigari byo gukoreramo inama z’ubucuruzi ndetse n’inama zisanzwe ndetse n’aho gukorera ibirori by’ubukwe.

Hashem yakomeje agira ati “Nizeye ko abantu batazongera gutekereza kujya mu ndege. Iyi hoteli yo mu kirere izaba ari ahantu ho gukorera ikiruhuko izaba igufasha kuva hamwe ujya ahandi wifuza kujya.”

Akomeza avuga ko abazajya bajya muri iyi hoteli bazajya banabasha kwerecyeza aho bashaka kujya nkuko basanzwe bakoresha indege ariko ko Sky Cruise itazajya igwa nk’izindi ndege ariko ko abantu bazajya bashaka kuyivamo bazajya bakoresha izindi ndege zizaba ziri kuri iyi hoteli yo mu kirere.

Yagize ati “Igihe Sky Cruise izaba igeze aho werecyeza, hazaba hari indege izajya igufasha kugwa aho ugiye.”

Hashem wemeza ko uyu mushinga washoboka, yatangaje ko iki gikorwa kizagerwaho mbere yuko 2040 igera.

Gusa bamwe mu babonye uyu mushinga, bavuga ko ari inzozi kuko bumva bidashoboka mu gihe uwawutekereje avuga ko bazatungurwa no kubona ibi bibaye.

Ni inyubako nk’izindi ariko izaba iri mu kirere
Izaba inafite indege

Abifuza gukora ikiruhuko bazabasha kujya kuyiriramo ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Next Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC
FOOTBALL

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

19/05/2025
Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.