Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Izaba irimo Gym, Piscine, aho gukorera ubukwe,…Hoteli y’agatangaza yo mu kirere iri gutekerezwa
Share on FacebookShare on Twitter

Sky Cruise, ni hoteli iteye nk’indege izaba iteretse mu kirere ikabasha kumaramo imyaka myinshi, ikazaba ibasha kwakira abashyitsi 500, gusa hari abavuga ko uyu mushinga ari nk’inzozi.

Iyi hoteli izaba ifite moteri zikoreshwa n’ingufu za atomike zizayifasha kumara igihe kinini iteretse mu kirere, igishushanyo cyayo cyaragaragajwe.

Umudage w’umuhanga mu by’ubumenyi akaba anatunganya amashusho, Hashem Al-Ghaili wakoze amashusho y’imbata y’iyi hoteli, yanayagejeje ku nzobere mu gukora imbata z’ibikorwa by’ubwubatsi Tony Holmsten wanayemeje.

Hashem yavuze ko igishushanyo mbonera cy’iyi hoteli kibaye igikorwa kidasanzwe kandi kigaragaza agashya kagiye kuba ku Isi.

Yagize ati “Ni cyo gihe cyo guhanga udushya cyo gufasha abantu kogoga ikirere bamerewe neza bihanitse.”

Abazaba bari muri iyi hoteli bazaba babasha kureba imfuruka zose z’Isi ndetse bakabasha kuryoherwa n’ubuzima kubera ibikorwa remezo bizaba biyirimo nk’amaduka, aho gukorera imyitozo ngororamubiri(Gyms), aho kogera, aho gufatira amafunguro (Restaurants), utubari ndetse n’aho kurebera film.

Izaba irimo kandi ibyumba bigari byo gukoreramo inama z’ubucuruzi ndetse n’inama zisanzwe ndetse n’aho gukorera ibirori by’ubukwe.

Hashem yakomeje agira ati “Nizeye ko abantu batazongera gutekereza kujya mu ndege. Iyi hoteli yo mu kirere izaba ari ahantu ho gukorera ikiruhuko izaba igufasha kuva hamwe ujya ahandi wifuza kujya.”

Akomeza avuga ko abazajya bajya muri iyi hoteli bazajya banabasha kwerecyeza aho bashaka kujya nkuko basanzwe bakoresha indege ariko ko Sky Cruise itazajya igwa nk’izindi ndege ariko ko abantu bazajya bashaka kuyivamo bazajya bakoresha izindi ndege zizaba ziri kuri iyi hoteli yo mu kirere.

Yagize ati “Igihe Sky Cruise izaba igeze aho werecyeza, hazaba hari indege izajya igufasha kugwa aho ugiye.”

Hashem wemeza ko uyu mushinga washoboka, yatangaje ko iki gikorwa kizagerwaho mbere yuko 2040 igera.

Gusa bamwe mu babonye uyu mushinga, bavuga ko ari inzozi kuko bumva bidashoboka mu gihe uwawutekereje avuga ko bazatungurwa no kubona ibi bibaye.

Ni inyubako nk’izindi ariko izaba iri mu kirere
Izaba inafite indege

Abifuza gukora ikiruhuko bazabasha kujya kuyiriramo ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Next Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.