Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA
0
Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Ikindi cyiciro cy’Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) cyacyuwe kinyujijwe mu Rwanda mu masaha y’ijoro, ahongeye kugaragara imodoka zari zitwaye ibikoresho byinshi byazo.

Iki cyiciro cya kabiri cyacyuwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 04 Gicurasi 2025, aho izi ngabo n’ibikoresho byazo, n’ubundi banyujijwe ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ahagana ku isaha ya saa moya n’igice (19:30’) ni bwo mu imodoka zitwaye abasirikare n’ibikoresho byabo, zahagurutse mu Karere ka Rubavu, nyuma yo kwinjira mu Rwanda.

Umunyamakuru rwa RADIOTV10 ukorera mu Karere ka Rubavu, wari mu Mujyi wa Gisenyi ubwo izi modoka zatambukaga, aratangaz ako hanyuze nk’amakamyo 30 yari atwaye ibikoresho by’izi ngabo, byagaragaraga ko ari intwaro zirimo iza rutura.

Iki cyiciro cya kabiri kije gikurikira icya mbere cyagiye tariki 29 Mata 2025, aho na bwo hacyuwe ibikoresho byinshi, ndetse bikaba bivugwa ko hagiye abasirikare 57 bari banaherekeje ibyo bikoresho ndetse banagiye gutegurira bagenzi babo aho bagomba kuzakirirwa.

Iki cyiciro na cyo cyanyujijwe mu Rwanda, cyahise cyerekeza muri Tanzania, aho izi ngabo zigomba kuzabanza gushyirwa mu kigo zose kugira ngo zizagende zoherezwa mu Bihugu zaturutsemo birimo iki cya Tanzania, Afurika y’Epfo ndetse na Malawi.

Gen Rudzani Maphwanya, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo ziri mu zifite abasirikare benshi muri ubu butumwa bwa SAMIDRC, yatangaje ko abasirikare bavuye i Goma, bamaze kugera muri Tanzania.

Yavuze ko abasirikare bageze muri Tanzania mu cyiciro cya mbere, bagomba gutegurira bagenzi babo bahategerejwe kugira ngo bazaze bahabasanga.

Hagaragaye amakamyo bigaragara ko yari atwaye intwaro za rutura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + three =

Previous Post

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

Next Post

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.