Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Jado Castar yagabanyirijwe igihano

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Jado Castar yagabanyirijwe igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar yakatiwe amezi umunani nyuma yo kujuririra igifungo cy’imyaka ibiri yari yakatiwe ahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Jado Castar usanzwe ari Umunyamakuru, yari yajuririye igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri yari yakatiwe n’Urukiko Rwisumbute rwa Gasabo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, Urukiko Rukuru rwaburanishije ubu bujurire, rwasomye icyemezo, rumukatira gufungwa amezi umunani.

Jado Castar wahamijwe ibyaha yakoze ubwo yari Visi-Perezida wa kabiri w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ushinzwe amarushanwa, yari aherutse gutakambira Urukiko Rukuru arusaba gutanga amande aho gukatirwa gufungwa.

Mu iburanisha ryabaye mu mpera za Mutarama 2022, Jado Castar yongeye kwemerera Urukiko Rukuru ko icyaha ashinjwa akemera, ndetse ko kuva yafatwa atigeze agihakana, akavuga ko atigeze agora inzego z’ubutabera, agasaba ko yagabanyirizwa igihano.

Icyo gihe yari yabwiye Umucamanza ko ibyo yakoze byose yabitewe “n’urukundo nkunda igihugu cyanjye, nagira ngo ikipe y’igihugu izitware neza mu marushanwa twari twateguye kandi bwari n’ubwa mbere Igihugu cyacu kigize ayo marushanwa.”

Yakomeje asaba Urukiko gukurirwaho igihano cy’igifungo, ahubwo agatanga ihazabu kuko na yo iri mu bihano biteganywa n’itegeko kuri iki cyaha.

Jado Castar watawe muri yombi tariki 20 Nzeri 2021, bivuze ko amaze amezi atandatu afunze, akaba asigaje amezi abiri, nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi umunani yakatiwe uyu munsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Perezida wa Guinea-Bissau uherutse gusimbuka ‘Coup d’Etat’ yasuye u Rwanda

Next Post

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Related Posts

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

IZIHERUKA

10 Reasons why you should visit Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10 Reasons why you should visit Rwanda

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.