Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Jado Castar yagabanyirijwe igihano

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Jado Castar yagabanyirijwe igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar yakatiwe amezi umunani nyuma yo kujuririra igifungo cy’imyaka ibiri yari yakatiwe ahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Jado Castar usanzwe ari Umunyamakuru, yari yajuririye igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri yari yakatiwe n’Urukiko Rwisumbute rwa Gasabo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, Urukiko Rukuru rwaburanishije ubu bujurire, rwasomye icyemezo, rumukatira gufungwa amezi umunani.

Jado Castar wahamijwe ibyaha yakoze ubwo yari Visi-Perezida wa kabiri w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ushinzwe amarushanwa, yari aherutse gutakambira Urukiko Rukuru arusaba gutanga amande aho gukatirwa gufungwa.

Mu iburanisha ryabaye mu mpera za Mutarama 2022, Jado Castar yongeye kwemerera Urukiko Rukuru ko icyaha ashinjwa akemera, ndetse ko kuva yafatwa atigeze agihakana, akavuga ko atigeze agora inzego z’ubutabera, agasaba ko yagabanyirizwa igihano.

Icyo gihe yari yabwiye Umucamanza ko ibyo yakoze byose yabitewe “n’urukundo nkunda igihugu cyanjye, nagira ngo ikipe y’igihugu izitware neza mu marushanwa twari twateguye kandi bwari n’ubwa mbere Igihugu cyacu kigize ayo marushanwa.”

Yakomeje asaba Urukiko gukurirwaho igihano cy’igifungo, ahubwo agatanga ihazabu kuko na yo iri mu bihano biteganywa n’itegeko kuri iki cyaha.

Jado Castar watawe muri yombi tariki 20 Nzeri 2021, bivuze ko amaze amezi atandatu afunze, akaba asigaje amezi abiri, nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi umunani yakatiwe uyu munsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − ten =

Previous Post

Perezida wa Guinea-Bissau uherutse gusimbuka ‘Coup d’Etat’ yasuye u Rwanda

Next Post

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

MissRda 2022: Bakoze ikizamini cyanditse ngo basuzumwe ubumenyi bafite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.