Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Japan: Imibare mishya y’abahitanywe n’umutingiro n’ababuriwe irengero yatumbagiye

radiotv10by radiotv10
09/01/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Japan: Imibare mishya y’abahitanywe n’umutingiro n’ababuriwe irengero yatumbagiye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe mu Buyapani habaye umutingito ukomeye, hatangajwe imibare y’abagizweho ingaruka na wo, aho ababuriwe irengero wikubye gatatu ugereranyije n’uwari watangajwe.

Imibare mishya yatangajwe, igaragaza ko kugeza ubu hamaze kumenyekana ko abahitanywe n’uyu mutingito ari 168, abakomeretse bakaba 568, mu gihe ababuriwe irengero ari 323, aho uyu mubare wikubye gatatu.

Abantu benshi baburiwe irengero, ni abo mu Mujyi wa Wajima, ukaba umwe mu yibasiwe cyane n’uyu mutingito wabaye tariki ya 01 Mutarama 2024.

Abatabazi benshi baturutse mu bice byose by’Igihugu, bakomeje ibikorwa byo gushaka imibiri y’abashobora kuba barahitanywe n’uyu mutingito bataraboneka, kuri uyu wa Mbere, bavuga ko bari guhura n’imbogamizi z’urubura rwinshi ruri muri iki gice cyegereye inyanja cya Nato, aho uru rubura rwageze muri santimetero 10.

Nanone kandi habarwa abantu ibihumbi bibiri (2 000) batabasha kugezwaho inkunga nyuma yo gukurwa mu byabo n’ingaruka z’uyu mutingito kuko aho bari bigoye kuhagera.

Guverineri w’Intara ya Ishikawa, Hiroshi Hase yavuze ko “hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo hatagira abantu bakomeza kubura ubuzima.” Mu gihe abantu bagera mu bihumbi 29 bari bamaze kubarwa ko bahungiye mu Bigo 404.

Ni mu gihe kandi ubuyobozi bunavuga ko abari mu bigo bacumbikiwemo, na bo ubuzima butaboroheye kubera indwara zandura zibugarije.

Umuyobozi w’Umujyi wa Wajima, yagize ati “Ibigo bacumbikiwemo byuzuye kandi n’indwara zandura nka norovirus na Covid-19 zikomeje kuhagaragara.”

Kugeza ubu habarwa abantu 18 000 bariho badafite umuriro w’amashanyarazi, mu gihe abatabasha kubona amazi meza ari 66 000, kubera kwangirika kw’imiyoboro yangijwe n’umutingito.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Nyanza: Uwazindutse iya rubika agiye kwiba ntiyabashije gusubirayo amahoro

Next Post

Icyo wakwibukira ku ikipe ihura na APR mu mukino ushobora gusiga yanditse amateka atazibagirana

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo wakwibukira ku ikipe ihura na APR mu mukino ushobora gusiga yanditse amateka atazibagirana

Icyo wakwibukira ku ikipe ihura na APR mu mukino ushobora gusiga yanditse amateka atazibagirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.