Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri, havutse umuryango wiswe ‘Sauvons la RDC’ ushyigikiye ibitekerezo bye, wemeje ko ugiye guhita unatangiza ibikorwa bikomeye bya dipolomasi.

Uyu muryango wavutse nyuma y’ibiganiro byabaye hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 14 ndetse n’ejo ku wa Kane tariki 15 Ukwakira 2025, uvuga kandi ko unashyigikiye inzira y’amahoro y’Ihuriro ry’Imiryango ishingiye ku myemerere y’Inama y’Abepisikopi Gatulika n’amadini ya Gikristu CENCO-ECC.

Uyu muryango ugizwe n’abanyapolitiki b’ibanze, ari bo Franck Diongo, Augustin Matata, Seth, Jean-Claude MVuemba, Théophile Mbemba ndete n’abandi bemeye gushyigikira ibyifuzo 12 bya Joseph Kabila Kabange bigamije gusohora Igihugu cya Congo mu bibazo kirimo.

Aba banyapolitiki bahamagariye indi miryango n’imitwe ya politiki ndetse n’indi ya gisivile kwiyunga kuri uyu muryango wabo, mu rwego rwo kurandura ubutegetsi bw’igitugu buriho muri DRC.

Mu itangazo bashyize hanze, bagize bati “Twiyemeje gushyigikira intego zihutirwa zigamije gutabara Congo, zatanzwemo inama na Nyakubahwa Joseph Kabila mu ijambo yagejeje ku Banyagihugu tariki 23 Gicurasi 2025, byumwihariko kandi zifitanye isano n’umurongo wo kurandura igitugu.”

Mu itangazo ry’uyu muryango, wavuze kandi ko ushyigikiye ibiganiro byatanzwemo igitekerezi n’Inama y’Abepisikopi Gatulika muri Congo ndetse n’amadini ya Gikirisitu.

Uyu muryango kandi watangaje ko ugiye gutangiza “ibikorwa bikomeye” bya dipolomasi bigamije gusobanurira amahanga intego yawo mu rwego rwo kurandura ibibazo uruhuri byugarije Igihugu cyabo cya DRC.

Uyu muryango wavutse mu gihe Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akomeje kugaragaza imbaraga n’ubushake bigamije guhindura imiyoborere ya kiriya Gihugu, ashinja ubutegetsi buriho kureka Igihugu no kukiganisha mu kangaratete.

Kabila avuga ko afite ubunararibonye buhagije bwatuma atanga umusanzu we mu mpinduramatwara zatuma iki Gihugu cya Congo gisubira ku murongo kuko ubutegetsi burangajwe imbere na Tshesekedi wamusimbuye, bwakiroshye mu manga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Next Post

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Related Posts

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, anatangaza ko cyinjiye...

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

by radiotv10
15/10/2025
0

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu...

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

by radiotv10
15/10/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, bakozanyijeho mu mirwano yabereye muri Teritwari ya...

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

by radiotv10
15/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nyuma y’amasaha macye basinyanye amasezerano i Doha agamije...

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

by radiotv10
15/10/2025
0

Raila Odinga uzwi mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, wanabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yitabye Imana ku myaka 80....

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

16/10/2025
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw'abafatiwe ibihano n'u Rwanda n'ibyo wabamenyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.