Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri, havutse umuryango wiswe ‘Sauvons la RDC’ ushyigikiye ibitekerezo bye, wemeje ko ugiye guhita unatangiza ibikorwa bikomeye bya dipolomasi.

Uyu muryango wavutse nyuma y’ibiganiro byabaye hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 14 ndetse n’ejo ku wa Kane tariki 15 Ukwakira 2025, uvuga kandi ko unashyigikiye inzira y’amahoro y’Ihuriro ry’Imiryango ishingiye ku myemerere y’Inama y’Abepisikopi Gatulika n’amadini ya Gikristu CENCO-ECC.

Uyu muryango ugizwe n’abanyapolitiki b’ibanze, ari bo Franck Diongo, Augustin Matata, Seth, Jean-Claude MVuemba, Théophile Mbemba ndete n’abandi bemeye gushyigikira ibyifuzo 12 bya Joseph Kabila Kabange bigamije gusohora Igihugu cya Congo mu bibazo kirimo.

Aba banyapolitiki bahamagariye indi miryango n’imitwe ya politiki ndetse n’indi ya gisivile kwiyunga kuri uyu muryango wabo, mu rwego rwo kurandura ubutegetsi bw’igitugu buriho muri DRC.

Mu itangazo bashyize hanze, bagize bati “Twiyemeje gushyigikira intego zihutirwa zigamije gutabara Congo, zatanzwemo inama na Nyakubahwa Joseph Kabila mu ijambo yagejeje ku Banyagihugu tariki 23 Gicurasi 2025, byumwihariko kandi zifitanye isano n’umurongo wo kurandura igitugu.”

Mu itangazo ry’uyu muryango, wavuze kandi ko ushyigikiye ibiganiro byatanzwemo igitekerezi n’Inama y’Abepisikopi Gatulika muri Congo ndetse n’amadini ya Gikirisitu.

Uyu muryango kandi watangaje ko ugiye gutangiza “ibikorwa bikomeye” bya dipolomasi bigamije gusobanurira amahanga intego yawo mu rwego rwo kurandura ibibazo uruhuri byugarije Igihugu cyabo cya DRC.

Uyu muryango wavutse mu gihe Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akomeje kugaragaza imbaraga n’ubushake bigamije guhindura imiyoborere ya kiriya Gihugu, ashinja ubutegetsi buriho kureka Igihugu no kukiganisha mu kangaratete.

Kabila avuga ko afite ubunararibonye buhagije bwatuma atanga umusanzu we mu mpinduramatwara zatuma iki Gihugu cya Congo gisubira ku murongo kuko ubutegetsi burangajwe imbere na Tshesekedi wamusimbuye, bwakiroshye mu manga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 13 =

Previous Post

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Next Post

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw'abafatiwe ibihano n'u Rwanda n'ibyo wabamenyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.