• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in Uncategorized
2
Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda uyu munsi waje mu Rwanda, yahagurutse mu Gihugu cye n’Indege ya Kajugujugu ya Gisirikare imusiga hakurya y’u Rwanda ubundi yinjira akoresheje umupaka w’ubutaka aboneraho kuramutsa Abanyarwanda. Abahanga muri Politiki bemeza ko bifite igisobanuro.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni waje yitabiriye CHOGM iri kubera mu Rwanda, yari amaze imyaka itanu adaheruka mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Museveni yagaragaje ahagurutse mu Gihugu cye aje mu Rwanda muri iyi nama azanywe n’indege yo mu bwoko bwa Kajugujugu ya gisirikare.

Nyuma y’amasaha abiri, Museveni yongeye kugaragaza amafoto n’amashusho yinjirira ku mupaka wa Gatuna/Katuna aza mu Rwanda.

Muri aya mashusho kandi, Museveni agaragara amaze kwinjira mu Rwanda aramutsa Abanyarwanda bari ku mupaka wa Gatuna, ati “Muraho!” Na bo bakamusubiza bagira bati “Muraho!” bagahita bakomera icyarimwe amashyi.

Museveni kandi akomeza abaza aba baturage ati “Murakomeye cyane?” bakamusubiza bagira bati “Yego turakomeye.”, bamukomera amashyi, na we akongera akagira ati “Nanjye ndakomeye cyane nk’amabuye.”, bakongera bamakumuhundagazaho amashyi.

Museveni waherukaga mu Rwanda mu myaka itanu ishize, aje nyuma y’amezi macye u Rwanda na Uganda bongeye kuba umwe nyuma y’igihe ibi Bihugu byombi birebana ay’ingwe.

Umwe mu basesengura ibijyanye na Politiki, avuga ko kuba Museveni yanyuze ku mupaka w’ubutaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cye, bifite ikintu gikomeye bisobanuye.

Yagize ati “Bisa no kwerekana ko nyuma y’imyaka itanu ataza, yaje yemye ndetse yinjiye mu Rwanda abyishimiye anabishaka, kugira ngo anumve n’umwuka waho.”

Uyu musesenguzi anagaruka ku gikorwa cyakozwe na Museveni wabanje kuramutsa Abanyarwanda, ati “Urumva nk’umuntu uzi neza amateka y’u Rwanda na Uganda ko ari abavandimwe, yifuje no kubaramutsa kugira ngo abahumurize ko ibibazo byabaye hagati y’Ibihugu byombi bisa n’ibitakiriho, kandi abereka ko urujya n’uruza ubu ari ntamakemwa.”

Kuva tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wananyuzwehona Museveni, wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itanu wari umaze ufunze.

Museveni yinjiye mu Rwanda akoresheje inzira y’ubutaka

RADIOTV10

Comments 2

  1. Boniface says:
    4 years ago

    None se uwo musesenguzi utarasesenguye ngo atugezeho iryo sesengura, yumva neza ubusesenguzi icyo ari cyo? Ni nde utabasha kuvuga ko BIFITE ICYO BISOBANUYE??? !!!

    Reply
  2. KALIISA JOHN BOSCO BAIFA says:
    4 years ago

    Nyine yarigukomeza akaduha nibimenyetso byisesengurwa ryurugendo,akareka kudusiga munzira Kandi atweretse ko ayizi.
    Aho aratuyobeje rero.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Next Post

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.