Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in Uncategorized
2
Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda uyu munsi waje mu Rwanda, yahagurutse mu Gihugu cye n’Indege ya Kajugujugu ya Gisirikare imusiga hakurya y’u Rwanda ubundi yinjira akoresheje umupaka w’ubutaka aboneraho kuramutsa Abanyarwanda. Abahanga muri Politiki bemeza ko bifite igisobanuro.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni waje yitabiriye CHOGM iri kubera mu Rwanda, yari amaze imyaka itanu adaheruka mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Museveni yagaragaje ahagurutse mu Gihugu cye aje mu Rwanda muri iyi nama azanywe n’indege yo mu bwoko bwa Kajugujugu ya gisirikare.

Nyuma y’amasaha abiri, Museveni yongeye kugaragaza amafoto n’amashusho yinjirira ku mupaka wa Gatuna/Katuna aza mu Rwanda.

Muri aya mashusho kandi, Museveni agaragara amaze kwinjira mu Rwanda aramutsa Abanyarwanda bari ku mupaka wa Gatuna, ati “Muraho!” Na bo bakamusubiza bagira bati “Muraho!” bagahita bakomera icyarimwe amashyi.

Museveni kandi akomeza abaza aba baturage ati “Murakomeye cyane?” bakamusubiza bagira bati “Yego turakomeye.”, bamukomera amashyi, na we akongera akagira ati “Nanjye ndakomeye cyane nk’amabuye.”, bakongera bamakumuhundagazaho amashyi.

Museveni waherukaga mu Rwanda mu myaka itanu ishize, aje nyuma y’amezi macye u Rwanda na Uganda bongeye kuba umwe nyuma y’igihe ibi Bihugu byombi birebana ay’ingwe.

Umwe mu basesengura ibijyanye na Politiki, avuga ko kuba Museveni yanyuze ku mupaka w’ubutaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cye, bifite ikintu gikomeye bisobanuye.

Yagize ati “Bisa no kwerekana ko nyuma y’imyaka itanu ataza, yaje yemye ndetse yinjiye mu Rwanda abyishimiye anabishaka, kugira ngo anumve n’umwuka waho.”

Uyu musesenguzi anagaruka ku gikorwa cyakozwe na Museveni wabanje kuramutsa Abanyarwanda, ati “Urumva nk’umuntu uzi neza amateka y’u Rwanda na Uganda ko ari abavandimwe, yifuje no kubaramutsa kugira ngo abahumurize ko ibibazo byabaye hagati y’Ibihugu byombi bisa n’ibitakiriho, kandi abereka ko urujya n’uruza ubu ari ntamakemwa.”

Kuva tariki 31 Mutarama 2022 umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wananyuzwehona Museveni, wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itanu wari umaze ufunze.

Museveni yinjiye mu Rwanda akoresheje inzira y’ubutaka

RADIOTV10

Comments 2

  1. Boniface says:
    4 years ago

    None se uwo musesenguzi utarasesenguye ngo atugezeho iryo sesengura, yumva neza ubusesenguzi icyo ari cyo? Ni nde utabasha kuvuga ko BIFITE ICYO BISOBANUYE??? !!!

    Reply
  2. KALIISA JOHN BOSCO BAIFA says:
    3 years ago

    Nyine yarigukomeza akaduha nibimenyetso byisesengurwa ryurugendo,akareka kudusiga munzira Kandi atweretse ko ayizi.
    Aho aratuyobeje rero.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seventeen =

Previous Post

Hamenyekanye ibyavuye mu iperereza ry’ibanze kuri ruswa inugwanugwa muri FERWAFA

Next Post

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.