Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA
1
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye hatarashira icyumweru habaye indi zombi zihuje icyaziteye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, habereye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zagonganye, yatewe n’amakosa yo kunyuranaho nabi yakozwe n’umushoferi w’imwe muri zo. Iyi mpanuka ibaye hatarashira icyumweru muri aka Karere habaye indi na yo yatewe n’amakosa nk’aya.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, yabereye ahitwa Karengere mu Murenge wa Musambira, mu muhanda munini Kigali-Muhanga.

Imodoka zagonganye harimo iyo mu bwoko bwa Toyota Hilux Vigo yari mu cyerekezo kiva mu Karere ka Muhanga yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, ndetse na Toyota Coaster ya kompanyi ya RFTC itwara abagenzi, yo yavaga mu Mujyi wa Kigali.

Amakuru avuga ko iyi mpanuka yakomerekeyemo bikabije abantu batatu (3), mu gihe abandi umunani (8) bakomeretse byoroheje, bakaba bari kwitabwaho mu Bitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga.

Iyi mpanuka yaturutse ku makosa y’umushoferi wari utwaye imodoka ya Toyota Hilux Vigo yari irimo abantu bane, nk’uko bivugwa n’Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Kayigi Emmanuel.

SP Kayigi Emmanuel yavuze ko umushoferi wari utwaye iyi modoka, yakoze amakosa mu kunyuranaho, akanyura ku modoka yari imuri imbere atabanje kureba imbere, ari bwo yahitaga agongana n’iyi yari itwaye abagenzi yarimo abantu 28.

Yavuze kandi ko uretse ikosa ryakozwe mu kunyuranaho, umushoferi wari utwaye iyi modoka yari ari no ku muvuduko wo hejuru, byatumye atabasha kubona uko ahagaragara ngo abererekere imodoka bagonganye.

Iyi mpanuka ibaye mu gihe mu cyumweru gishize, ku wa Gatatu tariki 08 Mutarama 2025 habaye indi mpanuka muri aka Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Runda, aho umushogeri wari utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna yari ipakiye imyaka, na we yakoraga amakosa mu kunyura ku modoka yari imuri imbere, akaza kugonga imodoka enye azisanze mu mukono wazo.

Nanone kandi muri iyi Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu ntangiro z’uku kwezi tariki 01 Mutarama 2025, habereye indi mpanuka isa n’izi yakozwe n’imodoka y’Akarere ka Rusizi yari itwaye umurambo iwukuye mu Karere ka Gatsibo, nay o yagonganye na Toyota Coaster nyuma yo kunyura ku bindi binyabiziga hakozwe amakosa mu kunyuranaho.

Icyo gihe SP Emmanuel Kayigi yari yatanze inama agira ati “Turongera kugira inama abatwara ibinyabiziga kwirinda gukora inyuranaho ahatemewe kuko biteza impanuka, igihe cyose bakanagendera ku muvuduko wagenwe.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Desire says:
    11 months ago

    Uyu muhanda ni muto ukwiye kongerwa pee kdi ubamo imodoka nyishi cyane pee Izi mpanuka zizagabanuka nibura bongereye umuhanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Next Post

Congo: Umusore wakoze igikorwa cy’amarorerwa na we ibye byarangiye nabi

Related Posts

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Umusore wakoze igikorwa cy’amarorerwa na we ibye byarangiye nabi

Congo: Umusore wakoze igikorwa cy’amarorerwa na we ibye byarangiye nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.