Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in Uncategorized
0
Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yibukije ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye guha isomo Abanyarwanda ryo kwirinda ko amateka mabi yabaye mu Gihugu cyabo atazongera ukundi.

Minisitiri Bizimana yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi basaga ibihumbi 47.

Muri icyo gikorwa kandi hashyinguwe indi mibiri 30, irimo itanu yabonetse ndetse n’indi 25 yimuwe.Mu ijambo rye, Dr Bizimana Jean Damascene yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi bafite ababo bashyinguye muri uru rwibutso anabasaba gukomeza gukomera no guharanira ko amateka Jenoside yasize atazibagirana.

Yagarutse kandi ku mateka y’ingengabitekerezo y’urwango yagejeje u Rwanda kuri Jenoside, agaragaza uruhare rw’abayobozi bamwe bayigizemo. Yatanze urugero kuri Akayesu Jean Paul wahoze ayobora Komini Taba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, waje gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) mu 1998 kubera uruhare yagize muri Jenoside.

Dr Bizimana yavuze ko ayo mateka akwiye kubera Abanyarwanda isomo rikomeye ryo kurwanya Jenoside n’icyo ari cyo cyose gishobora kongera kubiba urwango mu Banyarwanda.

Ati: “Bitubere isomo ryo kwibuka ko Jenoside ari icyaha mpuzamahanga. Dufatanye kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, twubake u Rwanda rwa twese.”

Abaturage bitabiriye iki gikorwa basabwe gukomeza gusigasira amateka no gufatanya mu kubaka igihugu kirangwa n’ubumwe, ubwiyunge n’amahoro arambye.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

Related Posts

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

IZIHERUKA

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka
Uncategorized

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

by radiotv10
18/05/2026
0

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

17/05/2026
Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

17/05/2026
Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

17/05/2026
The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

16/05/2026
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

16/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.