Ubuyobozi bw’Ingabo za America muri Afurika, bwemeje ko iki gisirikare gifatanyije n’icya Nigeria bagabye ikindi gitero ku mutwe w’Iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu (Islamic State) mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria, nyuma y’icyahitanye uwari nimero ya kabiri ku isi muri uyu mutwe.
Ibi byemejwe kuri uyu wa Mbere ko iki gitero cyakozwe ku bufatanye bw’Ibihugu byombi cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 17 Gicurasi 2026.
Nta ngabo za America cyangwa iza Nigeria zakomerekejwe muri ibi bitero, nk’uko ubuyobozi bw’Ingabo za America muri Afurika (AFRICOM) bwabitangaje.
Ku wa Gatandatu, ingabo za America na Nigeria zagabye ikindi gitero cyishe Abu-Bilal al-Minuki, wa kabiri mu buyobozi bwa Islamic State ku isi, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu cya Afurika, nk’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America Donald Trump na mugenzi we wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, babitangaje.
Tinubu yavuze ko ingabo za Nigeria zakoranye bya hafi n’igisirikare cya America mu cyo yise igikorwa cy’ubutwari cyateje igihombo gikomeye ku barwanyi b’umutwe wa Islamic State.
Trump wabanje gushinja Nigeria kunanirwa kurinda abakirisitu intagondwa z’abayisilamu, yashimiye Guverinoma y’iki Gihugu ubufatanye bwayo muri iki gikorwa.
Leta ya Borno muri Nigeria imaze imyaka 17 yibasiwe n’inyeshyamba zabyawe na Boko Haram n’umutwe wayo wiganjemo Islamic State West Africa Province, zahitanye abantu ibihumbi n’ibihumbi, abandi miliyoni 2 bakava mu byabo.
RADIOTV10











