Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, agiye kuzuza umwaka yishyuze ibihumbi 900 Frw yambuwe n’itsinda ryo kubitsa no kugurizanya, yari yinjiyemo ateganya ko rizamufasha kwiteza imbere, none n’abagomba kumwishyura iyo agize uwo abibwiraho, bamubwira ko yarindagiye.

Singiranumwe Cyprien wo mu Kagari ka Gitarama mu Murenge wa Bwishyura umaze avuga ko yabaga mu itsinda ‘Sugira’ ry’abantu 10, aho bishyuraga ibihumbi 24 buri cyumweru kuri buri muntu.

Iri tsinda ryo kugabana amafaranga, avuga ko ubwo yari agezweho guhabwa amafaranga, abanyamuryango baryo banze gutanga imisanzu yabo.

Ati “Twagombaga kugabana mu kwa 12 ariko ntabwo twigeze dusoza kubera abantu banze kwishyura, byahise bihagararira aho ntabonye amafaranga. Nagombaga gufata miliyoni n’ibihumbi Magana atatu, hasigara ibihumbi maganacyenda.”

Singiranumwe avuga ko umwaka ugiye gushira yishyuza ahubwo, ariko bamwe aho kumwishyura bamutuka bamubwira ko yarindagiye, bityo agasaba ubuyobozi kumufasha kumwishyuriza.

Umubitsi w’iri tsinda, Nzabirinda Bonaventure uri muri abo 10 batarishyura, avuga ko impamvu ari mu batarishyura kandi ari umuyobozi muri iryo tsinda ari uko na we hari amafaranga bamurimo bityo akaba atayarenzaho andi bityo akavuga ko habuze imbaraga z’ubuyobozi.

Agira ati “Nanjye mu bishyuza amafaranga ndimo, nabasigayemo ijana na mirongo inani ariko bandimo amafaranga agera mu bihumbi magana abiri na, habuze imbaraga zadufasha kugira ngo twishyuze abo bantu cyangwa ingwate zifatwe.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura, Saiba Gashanana avuga ko ari ubwa mbere yumvise iki kibazo, icyakora agashishikariza uyu muturage kwegera ubuyobozi kugira ngo bugisuzume.

Ati “N’atari ibihumbi maganacyenda aragarurwa, uwo muturage umubwire atugane n’izo nshingano zacu kumufasha.”

Mu gukumira ibibazo nk’ibi bigenda bigaragara mu mikorere y’ibimina n’amatsinda yo kwizigamira, hashize ukwezi Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi isohoye iteka rya Minisitiri ritegeka ko amatsinda n’ibimina byose bigomba kuba byanditse mu Murenge ndetse rikanaha Umurenge inshingano zo gutanga ubufasha n’umurongo mu gihe habonetse ibibazo nk’iki.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + five =

Previous Post

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n'inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.