Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, agiye kuzuza umwaka yishyuze ibihumbi 900 Frw yambuwe n’itsinda ryo kubitsa no kugurizanya, yari yinjiyemo ateganya ko rizamufasha kwiteza imbere, none n’abagomba kumwishyura iyo agize uwo abibwiraho, bamubwira ko yarindagiye.

Singiranumwe Cyprien wo mu Kagari ka Gitarama mu Murenge wa Bwishyura umaze avuga ko yabaga mu itsinda ‘Sugira’ ry’abantu 10, aho bishyuraga ibihumbi 24 buri cyumweru kuri buri muntu.

Iri tsinda ryo kugabana amafaranga, avuga ko ubwo yari agezweho guhabwa amafaranga, abanyamuryango baryo banze gutanga imisanzu yabo.

Ati “Twagombaga kugabana mu kwa 12 ariko ntabwo twigeze dusoza kubera abantu banze kwishyura, byahise bihagararira aho ntabonye amafaranga. Nagombaga gufata miliyoni n’ibihumbi Magana atatu, hasigara ibihumbi maganacyenda.”

Singiranumwe avuga ko umwaka ugiye gushira yishyuza ahubwo, ariko bamwe aho kumwishyura bamutuka bamubwira ko yarindagiye, bityo agasaba ubuyobozi kumufasha kumwishyuriza.

Umubitsi w’iri tsinda, Nzabirinda Bonaventure uri muri abo 10 batarishyura, avuga ko impamvu ari mu batarishyura kandi ari umuyobozi muri iryo tsinda ari uko na we hari amafaranga bamurimo bityo akaba atayarenzaho andi bityo akavuga ko habuze imbaraga z’ubuyobozi.

Agira ati “Nanjye mu bishyuza amafaranga ndimo, nabasigayemo ijana na mirongo inani ariko bandimo amafaranga agera mu bihumbi magana abiri na, habuze imbaraga zadufasha kugira ngo twishyuze abo bantu cyangwa ingwate zifatwe.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura, Saiba Gashanana avuga ko ari ubwa mbere yumvise iki kibazo, icyakora agashishikariza uyu muturage kwegera ubuyobozi kugira ngo bugisuzume.

Ati “N’atari ibihumbi maganacyenda aragarurwa, uwo muturage umubwire atugane n’izo nshingano zacu kumufasha.”

Mu gukumira ibibazo nk’ibi bigenda bigaragara mu mikorere y’ibimina n’amatsinda yo kwizigamira, hashize ukwezi Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi isohoye iteka rya Minisitiri ritegeka ko amatsinda n’ibimina byose bigomba kuba byanditse mu Murenge ndetse rikanaha Umurenge inshingano zo gutanga ubufasha n’umurongo mu gihe habonetse ibibazo nk’iki.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + nineteen =

Previous Post

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n'inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.