Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, agiye kuzuza umwaka yishyuze ibihumbi 900 Frw yambuwe n’itsinda ryo kubitsa no kugurizanya, yari yinjiyemo ateganya ko rizamufasha kwiteza imbere, none n’abagomba kumwishyura iyo agize uwo abibwiraho, bamubwira ko yarindagiye.

Singiranumwe Cyprien wo mu Kagari ka Gitarama mu Murenge wa Bwishyura umaze avuga ko yabaga mu itsinda ‘Sugira’ ry’abantu 10, aho bishyuraga ibihumbi 24 buri cyumweru kuri buri muntu.

Iri tsinda ryo kugabana amafaranga, avuga ko ubwo yari agezweho guhabwa amafaranga, abanyamuryango baryo banze gutanga imisanzu yabo.

Ati “Twagombaga kugabana mu kwa 12 ariko ntabwo twigeze dusoza kubera abantu banze kwishyura, byahise bihagararira aho ntabonye amafaranga. Nagombaga gufata miliyoni n’ibihumbi Magana atatu, hasigara ibihumbi maganacyenda.”

Singiranumwe avuga ko umwaka ugiye gushira yishyuza ahubwo, ariko bamwe aho kumwishyura bamutuka bamubwira ko yarindagiye, bityo agasaba ubuyobozi kumufasha kumwishyuriza.

Umubitsi w’iri tsinda, Nzabirinda Bonaventure uri muri abo 10 batarishyura, avuga ko impamvu ari mu batarishyura kandi ari umuyobozi muri iryo tsinda ari uko na we hari amafaranga bamurimo bityo akaba atayarenzaho andi bityo akavuga ko habuze imbaraga z’ubuyobozi.

Agira ati “Nanjye mu bishyuza amafaranga ndimo, nabasigayemo ijana na mirongo inani ariko bandimo amafaranga agera mu bihumbi magana abiri na, habuze imbaraga zadufasha kugira ngo twishyuze abo bantu cyangwa ingwate zifatwe.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura, Saiba Gashanana avuga ko ari ubwa mbere yumvise iki kibazo, icyakora agashishikariza uyu muturage kwegera ubuyobozi kugira ngo bugisuzume.

Ati “N’atari ibihumbi maganacyenda aragarurwa, uwo muturage umubwire atugane n’izo nshingano zacu kumufasha.”

Mu gukumira ibibazo nk’ibi bigenda bigaragara mu mikorere y’ibimina n’amatsinda yo kwizigamira, hashize ukwezi Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi isohoye iteka rya Minisitiri ritegeka ko amatsinda n’ibimina byose bigomba kuba byanditse mu Murenge ndetse rikanaha Umurenge inshingano zo gutanga ubufasha n’umurongo mu gihe habonetse ibibazo nk’iki.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − one =

Previous Post

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n'inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.