Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
3
Karongi: Batujwe muri etaje ariko bamwe baryama ku mashashi abandi ku byatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo w’inzu zigeretse, bavuga ko barara kuri sima bagasasa ibyatsi, amashashi cyangwa amakarito, mu gihe ngo bimuwe babwirwa ko bazasangamo ibikoresho byose.

Aba baturage bimuwe kubera ubuhinzi bw’icyayi, babwiye RADIOTV10 ko abaturage bagenzi babo bakeka ko babayeho neza nyamara atari ko biri kuko bamwe muri bo badafite ibyo kuryamira.

Umwe muri aba baturage, avuga ko benshi bakiryama kuri nyakatsi mu gihe hari n’abaryama kuri sima gusa.

Umwe urara ku ishashi, yagize ati “Iyi ni yo saso ngira muri uru rugo. None naryama kuki? njye n’abana banjye babiri turyama hano, iyo bwije ndakurura nkarenzaho nkaryama.”

Mugenzi we yavuze ko abafite imbaraga bajya gushaka ibyatsi bararaho, ati “Dusakuma akiri [ibyatsi] tukaza tukarambikaho ibifuka.”

Bavuga ko nubwo barara kuri sima, bimuriwe muri izi nzu babwirwa ko nibahagera bazahasanga ibikoresho byose birimo n’amasaso, ariko bahageze baraheba.

Undi ati “Batwemereye ko inzu tuzazitahamo dusangamo salo intebe, ibitanda, ameza, byose ntakibazo, ni ko batubwiraga, ariko ugenzuye muri aya mazu wasanga bamwe barara ku makarito.”

Undi yagize ati “Yewe batubwiraga ko tuzasangamo n’amateleviziyo ngo tuzajya tureba n’amateleviziyo n’ibitanda ngo na za metela.”

Bimuriwe muri etaje babwirwa ko bazasangamo ibikoresho byose

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Nigabire Theophile yabwiye RADIOTV10 ko aba baturage batigeze bizezwa ibyo bikoresho bavuga kuko batatujwe nk’abatishoboye ahubwo ko bimuwe ku nyungu rusange bakanahabwa ingurane z’imitungo yabo.

Yagize ati “Abantu batujwe hariya, imitungo yabo yose yari yishyuwe, ubundi mu byukuri umuntu warebye kure, yabashaga gufata amafaranga ahawe y’imitungo ye y’ubutaka bwe, akagura agasalo n’akamatola ko kuryamarira.”

Avuga ko mu batujwe muri uyu mudugudu, harimo n’abahawe ingurane z’imitungo yabo zigera muri miliyoni 15 Frw.

Ati “Birababaje kubona umuntu wahawe ibintu bingana gutyo na we ari mu bantu bagaragaza ko badafite ibyo baryamira cyangwa ibyo bicaraho.”

Uyu muyobozi avuga ko niba koko hari uwabwiye aba baturage ko bazahabwa ibikoresho byose, yaba yarababeshye kuko ubusanzwe ibyo bikorerwa abaturage bimuwe kuko batishoboye bakubakirwa inzu.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 3

  1. Moses Niyomukiza says:
    3 years ago

    Nukuri leya yacu ntako iba itajyize ahubwo abaturajye nuko tutajya tureba aho ibyo ifuha bituruka icyabereka abaturage bo mubihugu tuvuga ko biteye imbere inyubako babajyenera ziba ari ntoya cyane kd nibyo bikoresho ntanakimwe bahabwa igihugu cyacu nukuri byumwihariko government y’urwanda ifite abayobozi Bari clever kd bakunda abaturajye bayo

    Icyo navuga kuribyo biryamirwa: government izashireho uburyo bwo Kuba abaturajye bajya babona ibikoresho bikenerwa mubuzima bwa burimunsi kuburyo bworoshye ibizwi nka LAYBUY bizatuma impaka nkizo zigabanuka

    Reply
  2. RigobertK says:
    3 years ago

    birababaje pe!
    ni gute wavuga ngo afate amafaranga agure matola nkaho yashatse akandi gasambu azahingamo akabona ibimutunga,
    nonese agiye kwigurira salon no kurya inyama ntiyahinduka utishoboye nyuma yuko ayo mafaranga yashira!!!!! uwo muyobozi nagorore imvugo ye kuko aarashuka abaturage ???!!!!!????

    Reply
  3. Laurent Sunday says:
    3 years ago

    None aho babaga nta bikoresho bahagiraga?bajye babasiga binogereza,Bari kwimukana ibyo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eight =

Previous Post

Nzajya gukorera ikiruhuko mu rwuri rwe- Muhoozi yavuze ko akumbuye Perezida Kagame

Next Post

Ukurikiranyweho kwica umugore wari umutwitiye abanje kumusambanya yabwiye Ubushinjacyaha ibibabaje

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Yahamijwe kwica mushiki we ahanishwa igihano kiruta ibindi mu Rwanda

Ukurikiranyweho kwica umugore wari umutwitiye abanje kumusambanya yabwiye Ubushinjacyaha ibibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.