Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ibikekwa ku murambo w’umugabo wabonetse mu Kivu wari wabuze ku Bunani

radiotv10by radiotv10
05/01/2024
in MU RWANDA
0
Karongi: Ibikekwa ku murambo w’umugabo wabonetse mu Kivu wari wabuze ku Bunani
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wari umaze iminsi yarabuze nyuma yo kuva mu rugo tariki 01 Mutarama, yabonetse yarishwe, umubiri we warajugunywe mu Kivu mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi.

Nyakwigendera w’imyaka 32 y’amavuko yari atuye mu Kagari ka Mataba mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi.

Yari yavuye mu rugo tariki 01 Mutarama 2024 ari kumwe na mugenzi we bajyanye mu bwato berecyeza mu Murenge wa Bwishyura, banyura inzira y’amazi mu Kiyaga cya Kivu, agiye gucuruzayo inyama.

Hari amakuru avuga ko ubwo yavaga gucuruza inyama muri Bwishyura, nyakwigendera yanyuze kuri Banki abikuza andi mafaranga ndetse n’andi yari amaze kugurisha inyama, ubundi asubira mu bwato na mugenzi we bari bajyanye, ariko hazamo n’undi mugabo.

Kuva icyo gihe yarabuze, ndetse aba bagabo bari kumwe na nyakwigendera batawe muri yombi nyuma y’uko umugore we abatanzeho amakuru.

Aba bagabo bikekwa ko ari bo bivuganye nyakwigendera bakamwambura amafaranga yari afite yaba ari ayo yari amaze gucuruza mu nyama ndetse n’andi yari amaze kubikuza kuri banki.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse nyuma y’iminsi ibiri yarabuze, ndetse umurambo we ukaba wajyanywe Bitaro bya Kibuye kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Aya makuru yemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukase Valentine, wavuze ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruri gukora iperereza ku ntandaro y’urupfu rw’uyu mugabo.

Yagize ati “Ntabwo harasobanuka neza uko byagenze ariko hari abantu babiri bari kumwe bafungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rubengera.”

Uyu muyobozi uvuga ko hatahita hemezwa ko aba bantu ari bo bishe nyakwigendera, kuko batabyemereye inzego ziri gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Hamenyekanye undi muhanzi Nyarwanda ugiye gukora ubukwe nyuma yo kubigira ibanga rikomeye

Next Post

BREAKING: Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwari rutegerejwe rwajemo impinduka

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwari rutegerejwe rwajemo impinduka

BREAKING: Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwari rutegerejwe rwajemo impinduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.