Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ibimaze kumenyekana nyuma y’inkongi yibasiye imisozi itatu n’impamvu zikekwa

radiotv10by radiotv10
04/08/2023
in MU RWANDA
0
Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko imwe mu misozi yo mu Mirenge ya Gitesi, Bwishyura na Rwankuba; yo mu Karere ka Karongi, yibasiwe n’inkongi y’umuriro, hatangajwe impamvu zikekwa kuba ari nyirabayazana w’iyi nkongi yari iremereye, ndetse n’ibyo yangije.

Iyi nkongi y’umuriro yadutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, ahagana saa munani z’urukerera, yakomeje kugira imbaraga uko amasaha yagiye akura, kuko yarinze igeza mu masaha y’agasusuruko igikomeje gufata amashyamba muri ibi bice.

Bamwe mu baturiye iyi misozi, bavuze ko kimwe mu byayitije umurindi ari umuyaga mwinshi ukunze kuba muri aka gace dore ko kitegeye Ikiyaga cya Kivu, nanone kandi ibyatsi n’ibiti byo kuri iyi misozi bikaba byari byarumye dore ko yabaye mu gihe cy’Impeshyi.

Aba baturage bavugaga ko icyateye iyi nkongi gikomeje kuba amayobera, hari n’abavuze icyo bakeka gishobora kuba cyagizwemo uruhare na bamwe muri bo.

Bavuga ko bishobora kuba byakozwe n’abitegura guhinga, bakaba bahatwitse kugira ngo imvura niramuka iguye, bazabone uko bahinga, hatari ibihuru.

Mutabazi Evariste yagize ati “Hano hantu bigaragara ko hatwikwa n’abaturage. Ntabwo byemewe rwose, ibi ni ukwangiza, turabyamaganye.”

Ncamihigo Jean d’Amour na we ati “Ese utwika umusozi we si inyangabirama. Ubu se aya mashyamba ari gushya si ay’abaturage?”

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kane kandi hari amakuru yavaga mu baturage, avuga ko hari umuturage umwe wamaze gutabwa muri yombi akekwaho uruhare muri iyi nkongi.

Bavuze ko uwo watawe muri yombi, akekwaho kuba yari yagiye guhakura ubuki yitwaje umuriro w’imvumba, igishirira kikaza kumucika kigakongeza umuriro.

Iyi nkongi y’umuriro, yazimijwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano zirimo Ingabo z’u Rwanda, yangije ibiti n’ibyatsi byari biri kuri Hegitari zirenga 20 nk’uko byemejwe n’Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 8 =

Previous Post

Bwa mbere Ange Kagame yavuze ku nshingano yahawe na Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Icyatangajwe n’uwabaye Perezida w’Igihugu cy’igihangange akiva guhatwa ibibazo mu Rukiko

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatangajwe n’uwabaye Perezida w’Igihugu cy’igihangange akiva guhatwa ibibazo mu Rukiko

Icyatangajwe n'uwabaye Perezida w’Igihugu cy’igihangange akiva guhatwa ibibazo mu Rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.