Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bavuga ko gushyira uducuma mu biti by’avoka bibafasha kubona umusaruro, mu gihe bamwe mu bahanyura bigendera babifata nk’imigenzo idasanzwe yo hambere.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bavutse bagasanga ubu buryo bwifashishwa n’ababyeyi babo kugira ngo avoka zabo zere, na bo bagakura babikora.

Aba baturage bavuga ko gushyira agacuma mu giti cy’avoka bituma avoka zidahanuka zidakomeye ndetse bakanabikora kugira ngo igiti cyanze kwera, gitange umusaruro.

Siborurema Clemance ati “Hari igihe voka yanga kwera bigasaba ko umanikamo agacuma batigeze banyweramo, igashoga [kurabya uruyange ruvamo avoka] ugasoroma, ugatara wenda ikangera igashoga ukongera ugatara.”

Undi witwa Nyinawumuntu uvuga ko na we yakuze abona mu rugo iwabo bakoresha ubu buryo, avuga ko bafataga agacuma bagashyiramo umucanga bakuye ku Kiyaga cya Kivu, bakamanika mu giti cy’Avoka.

Ati “Bagashyiragamo mu giti cy’avoka kikizana uruyange, kuva ubwo avoka ntabwo zongeraga guhubuka.”

Aba baturage bavuga ko bakoresha agacuma kataragira icyo kanywerwamo kandi ko abadukoresha bibaha umusaruro ufatika, ku buryo abatabukoresheje avoka zimanura zikiri imiteja.

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ushinzwe ubuhinzi bw’imbuto n’imboga, Dr Assinapol Ndereyimana avuga ko ubu buryo buvugwa n’aba baturage nta hantu na hamwe havugwa ko bushobora gutanga umusaruro.

Yagize ati “Iby’agacuma nta hantu na hamwe babivuga ku Isi mu bushakashatsi bwakozwe ngo buvuge ngo mujye mugashyiramo, keretse abaye ari indi myizerere runaka ariko icyo mpamya cyo ntabwo wamanikamo agacuma ngo bigire icyo bimara.”

Akomeza agira ati “N’iyo atagashyiramo n’ubundi yari kwera. Ni nka kwa kundi umuntu aba yiriwe asunika nk’ikintu cyanze gusunikika, uje nyuma yakoraho kigahita kigenda akagira ngo ni we ubikoze.”

Dr Assinapol Ndereyimana avuga ko kuba avoka zahunguka zitarera ari ibisanzwe kuko iyi igiti iyo kibonye ibyakijeho kitazabishobora, kirekura bimwe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)

Next Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.