Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bavuga ko gushyira uducuma mu biti by’avoka bibafasha kubona umusaruro, mu gihe bamwe mu bahanyura bigendera babifata nk’imigenzo idasanzwe yo hambere.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bavutse bagasanga ubu buryo bwifashishwa n’ababyeyi babo kugira ngo avoka zabo zere, na bo bagakura babikora.

Aba baturage bavuga ko gushyira agacuma mu giti cy’avoka bituma avoka zidahanuka zidakomeye ndetse bakanabikora kugira ngo igiti cyanze kwera, gitange umusaruro.

Siborurema Clemance ati “Hari igihe voka yanga kwera bigasaba ko umanikamo agacuma batigeze banyweramo, igashoga [kurabya uruyange ruvamo avoka] ugasoroma, ugatara wenda ikangera igashoga ukongera ugatara.”

Undi witwa Nyinawumuntu uvuga ko na we yakuze abona mu rugo iwabo bakoresha ubu buryo, avuga ko bafataga agacuma bagashyiramo umucanga bakuye ku Kiyaga cya Kivu, bakamanika mu giti cy’Avoka.

Ati “Bagashyiragamo mu giti cy’avoka kikizana uruyange, kuva ubwo avoka ntabwo zongeraga guhubuka.”

Aba baturage bavuga ko bakoresha agacuma kataragira icyo kanywerwamo kandi ko abadukoresha bibaha umusaruro ufatika, ku buryo abatabukoresheje avoka zimanura zikiri imiteja.

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ushinzwe ubuhinzi bw’imbuto n’imboga, Dr Assinapol Ndereyimana avuga ko ubu buryo buvugwa n’aba baturage nta hantu na hamwe havugwa ko bushobora gutanga umusaruro.

Yagize ati “Iby’agacuma nta hantu na hamwe babivuga ku Isi mu bushakashatsi bwakozwe ngo buvuge ngo mujye mugashyiramo, keretse abaye ari indi myizerere runaka ariko icyo mpamya cyo ntabwo wamanikamo agacuma ngo bigire icyo bimara.”

Akomeza agira ati “N’iyo atagashyiramo n’ubundi yari kwera. Ni nka kwa kundi umuntu aba yiriwe asunika nk’ikintu cyanze gusunikika, uje nyuma yakoraho kigahita kigenda akagira ngo ni we ubikoze.”

Dr Assinapol Ndereyimana avuga ko kuba avoka zahunguka zitarera ari ibisanzwe kuko iyi igiti iyo kibonye ibyakijeho kitazabishobora, kirekura bimwe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)

Next Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.