Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bavuga ko gushyira uducuma mu biti by’avoka bibafasha kubona umusaruro, mu gihe bamwe mu bahanyura bigendera babifata nk’imigenzo idasanzwe yo hambere.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bavutse bagasanga ubu buryo bwifashishwa n’ababyeyi babo kugira ngo avoka zabo zere, na bo bagakura babikora.

Aba baturage bavuga ko gushyira agacuma mu giti cy’avoka bituma avoka zidahanuka zidakomeye ndetse bakanabikora kugira ngo igiti cyanze kwera, gitange umusaruro.

Siborurema Clemance ati “Hari igihe voka yanga kwera bigasaba ko umanikamo agacuma batigeze banyweramo, igashoga [kurabya uruyange ruvamo avoka] ugasoroma, ugatara wenda ikangera igashoga ukongera ugatara.”

Undi witwa Nyinawumuntu uvuga ko na we yakuze abona mu rugo iwabo bakoresha ubu buryo, avuga ko bafataga agacuma bagashyiramo umucanga bakuye ku Kiyaga cya Kivu, bakamanika mu giti cy’Avoka.

Ati “Bagashyiragamo mu giti cy’avoka kikizana uruyange, kuva ubwo avoka ntabwo zongeraga guhubuka.”

Aba baturage bavuga ko bakoresha agacuma kataragira icyo kanywerwamo kandi ko abadukoresha bibaha umusaruro ufatika, ku buryo abatabukoresheje avoka zimanura zikiri imiteja.

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ushinzwe ubuhinzi bw’imbuto n’imboga, Dr Assinapol Ndereyimana avuga ko ubu buryo buvugwa n’aba baturage nta hantu na hamwe havugwa ko bushobora gutanga umusaruro.

Yagize ati “Iby’agacuma nta hantu na hamwe babivuga ku Isi mu bushakashatsi bwakozwe ngo buvuge ngo mujye mugashyiramo, keretse abaye ari indi myizerere runaka ariko icyo mpamya cyo ntabwo wamanikamo agacuma ngo bigire icyo bimara.”

Akomeza agira ati “N’iyo atagashyiramo n’ubundi yari kwera. Ni nka kwa kundi umuntu aba yiriwe asunika nk’ikintu cyanze gusunikika, uje nyuma yakoraho kigahita kigenda akagira ngo ni we ubikoze.”

Dr Assinapol Ndereyimana avuga ko kuba avoka zahunguka zitarera ari ibisanzwe kuko iyi igiti iyo kibonye ibyakijeho kitazabishobora, kirekura bimwe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)

Next Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.