Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abana bariho mu buzima bwo ku muhanda mu isantere ya Rubengera mu Karere ka Karongi, bamwe bavuga ko batazi ababyeyi babo, bakavuga ko nubwo bariho muri ubu buzima bugoye, ariko bakomeje kwiga, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari abashakiwe imiryango ibarera ariko bugacya basubiye ku muhanda.

Ni abana icyenda barimo abiga mu mashusho abanza, bavuga ko ubu buzima bugoye, batabuhisemo, ahubwo ko ari urusobe rw’ibibazo bisanzemo, birimo kuba bamwe muri bo batazi ababyeyi babo.

Aba bana bavuga ko n’abazi imiryango yabo, irimo ibibazo byinshi byatumye bahitamo kujya kuba muri ubu buzima bwo ku muhanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye aba bana, yasanze bamwe bari gushaka uko baryama, bamwe baryamye mu mifuka, abandi baryamye ku makarito, ibyo kurya byo, bajya gutoragura ibyatawe n’abahisi n’abagenzi ndetse no gusabiriza abatambutse.

Uwo bakunze guhimba Gitifu, yagize “Mama yagiye i Kigali, papa na we yogoshera hano hirya ariko ntakintu ajya amfasha, ahubwo arantarukana iyo mubwiye ngo anyogoshe akambwira ngo nimuve imbere.”

Nubwo babaho mu buzima bubasaba gutegera amaboko umuhisi n’umugenzi ngo babone icyo barya, bamwe muri aba bana bavuga ko biga mu mashuri abanza bikabasaba kujya kubitsa amakayi

Umwe w’iimyaka 12, yagize ati “Amakayi tuyabitsa hano haruguru ku kamboji kuko aya mbere yatwawe n’imvura tukiyabika muri borudire.”

Akomeza agira ati “Uwampa ibikoresho by’ishuri nkanabona aho kuba n’ibyo kurya naba umwana mwiza sinagaruka ku muhanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Medard avuga ko ikibazo cy’aba bana kizwi kandi ko ubuyobozi bwagerageje kugishakira umuti ariko bikananirana.

Ati “Twabashakiye imiryango kuko harimo abana icyera kandi mbere bari cumi n’abane, ariko muri abo twashakiye imiryango y’abarera barindwi bagarutse ku muhanda, ubu turi gushakisha izindi ngamba kuko twatumije iyo miryango yari yabakiriye ngo twumve imbogamizi bagize mu kubakira.”

Mu gihe mu bindi bice bigaragaramo abana bo ku muhanda, hakunze kuvugwa ibikorwa by’urugomo bakora birimo n’ubujura, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera, bwo bwemeza ko aba baba muri iyi santere, bo batiba, ariko ko bagomba gushakirwa imiryango ibarera nk’uko biri muri gahunda ya Leta.

Barya ibyasigajwe n’abahisi n’abagenzi
Bariho ubuzima buteye agahinda
Nubwo ari abo ku muhanda ariko ngo nta rugomo bateza
Umuyobozi w’Umurenge wa Rubendera avuga ko hari kuvugutwa umuti urambye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 20 =

Previous Post

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.