Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abana bariho mu buzima bwo ku muhanda mu isantere ya Rubengera mu Karere ka Karongi, bamwe bavuga ko batazi ababyeyi babo, bakavuga ko nubwo bariho muri ubu buzima bugoye, ariko bakomeje kwiga, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari abashakiwe imiryango ibarera ariko bugacya basubiye ku muhanda.

Ni abana icyenda barimo abiga mu mashusho abanza, bavuga ko ubu buzima bugoye, batabuhisemo, ahubwo ko ari urusobe rw’ibibazo bisanzemo, birimo kuba bamwe muri bo batazi ababyeyi babo.

Aba bana bavuga ko n’abazi imiryango yabo, irimo ibibazo byinshi byatumye bahitamo kujya kuba muri ubu buzima bwo ku muhanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye aba bana, yasanze bamwe bari gushaka uko baryama, bamwe baryamye mu mifuka, abandi baryamye ku makarito, ibyo kurya byo, bajya gutoragura ibyatawe n’abahisi n’abagenzi ndetse no gusabiriza abatambutse.

Uwo bakunze guhimba Gitifu, yagize “Mama yagiye i Kigali, papa na we yogoshera hano hirya ariko ntakintu ajya amfasha, ahubwo arantarukana iyo mubwiye ngo anyogoshe akambwira ngo nimuve imbere.”

Nubwo babaho mu buzima bubasaba gutegera amaboko umuhisi n’umugenzi ngo babone icyo barya, bamwe muri aba bana bavuga ko biga mu mashuri abanza bikabasaba kujya kubitsa amakayi

Umwe w’iimyaka 12, yagize ati “Amakayi tuyabitsa hano haruguru ku kamboji kuko aya mbere yatwawe n’imvura tukiyabika muri borudire.”

Akomeza agira ati “Uwampa ibikoresho by’ishuri nkanabona aho kuba n’ibyo kurya naba umwana mwiza sinagaruka ku muhanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Medard avuga ko ikibazo cy’aba bana kizwi kandi ko ubuyobozi bwagerageje kugishakira umuti ariko bikananirana.

Ati “Twabashakiye imiryango kuko harimo abana icyera kandi mbere bari cumi n’abane, ariko muri abo twashakiye imiryango y’abarera barindwi bagarutse ku muhanda, ubu turi gushakisha izindi ngamba kuko twatumije iyo miryango yari yabakiriye ngo twumve imbogamizi bagize mu kubakira.”

Mu gihe mu bindi bice bigaragaramo abana bo ku muhanda, hakunze kuvugwa ibikorwa by’urugomo bakora birimo n’ubujura, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera, bwo bwemeza ko aba baba muri iyi santere, bo batiba, ariko ko bagomba gushakirwa imiryango ibarera nk’uko biri muri gahunda ya Leta.

Barya ibyasigajwe n’abahisi n’abagenzi
Bariho ubuzima buteye agahinda
Nubwo ari abo ku muhanda ariko ngo nta rugomo bateza
Umuyobozi w’Umurenge wa Rubendera avuga ko hari kuvugutwa umuti urambye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.