Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

radiotv10by radiotv10
06/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango 214 itishoboye y’abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80, ihene 428, ibiti bivangwa n’imyaka ibihumbi bitatu na magana atanu (3500), insina zivangwa n’ikawa ibihumbi bibiri na magana atanu (2500), bizafasha iyi miryango kwikura mu bukene no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe bikunze kubibasira muri ibi bice.

Ni igikorwa cy’Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza gifatanije n’umuryango utegamiye kuri Leta Kula Project Rwanda cyo kurema ba rwiyemezamirimo b’abahinzi ba Kawa.

Nsengiyumva Bosse Fred, ushinzwe ibikorwa muri Kula Project, ati “Imirenge ya Rwinkwavu, Kabarondo na Murama ni akarere gakunda kugaragaramo amapfa kandi igihingwa cya Kawa ni igihingwa gihangara amapfa cyane, ni yo mpamvu tuhashyira ingufu kugira ngo abahinzi babone umusaruro mu gihe ibindi bihingwa biba byapfuye. Mu kwita ku gihingwa cya Kawa, ihene zizabaha ifumbire ndetse zizororoka babone amafaranga abafasha kuvana mu bukene.”

Uwitwa Muhawenimana Jeannette wo mu Murenge wa Rwinkwavu worojwe ihene ebyiri, ati “Zizampa ifumbire nshyira muri Kawa kandi zizamfasha kuva mu bukene.”

Mugenzi we witwa Kwihanagna Sylivestre ati “Nari mfite imborera nke, ubu mbonye izi hene ifumbire iriyongera umusaruro nawo uziyongere.”

Ibi byose bigamije gukora ubuhinzi bwa Kawa bugezweho, bwongera umusaruro n’ubwiza bwayo. Aya matungo magufi bahawe azabafasha kubona ifumbire mborera ituma ubutaka burumbuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yashimiye abafatanyabikorwa Kula Project ku ruhare bagira mu bice bitandukanye by’akarere, by’umwihariko ku bahinzi ba Kawa. Yongeyeho ko hagiye kongerwa ubuso buhingwaho Kawa kuko byagaragaye ko ari igihingwa gishobora kwera no mu bihe by’izuba.

Ati “Twari twakoze igerageza tubona ko aho twari twayihinze ku misozi imwe bikunda, kandi ni na gahunda y’igihugu yo kuzamura umusaruro wa Kawa. Ubu tuzafatanya n’abaturage ndetse n’aba bafatanyabikorwa; turimo turaganira uburyo twongera ubuso buhingwaho Kawa, cyane cyane twibanze kuri iyi misozi kugira ngo tuyibyaze umusaruro dukurikije imihindagurikire y’aha hantu.”

Ibi bikorwa byose biri gukorwa muri aka Karere ka Kayonza bizatwara amafaranga arenga miliyoni 89. Ni mu gihe uyu mushinga wa Kula Project Rwanda ukorera ibikorwa nk’ibi bishamikiye ku bahinzi ba Kawa mu turere twa Kayonza, Nyamasheke na Gakenke.

Bavuga ko aya matungo magufi azanabafasha kwiteza imbere

Umuyobozi w’Akarere yabasabye kubyaza umusaruro amahirwe bafite

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nine =

Previous Post

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Next Post

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y'amasezerano mu bya gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.