Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

radiotv10by radiotv10
19/04/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu yahoze ari Komini Kabarondo barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuze ko hakorewe ubwicanyi ndengakamere aho abicwaga babajugunyaga mu cyuzi cya Barage, bakaba basaba ko muri iki gishanga nta bikorwa bakwiye kuhakorerwa bitewe nuko hari imibiri itarigeze iboneka muri iki cyuzi no mu nkengero zacyo.

aha habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu ni Murenge wa Ruramira, aho abaharokokeye, bavuze ko habereye ubugome bukabije, byanatumye imibiri ya bamwe mu bahiciwe itaraboneka kugeza n’ubu.

Tariki 17 Mata mu 1994 ni bwo Abatutsi 1 377 biciwe muri aka gace k’icyahoze ari Komine Kabarondo, abandi ibihumbi bajugunywa muri Baraje iri mu Kagari ka Nkamba hafi n’Umurenge wa Munyaga muri Rwamagana.

Musoni Emmanuel warokokeye ku cyuzi babajugunyagamo, yavuze ko kuri iki cyuzi no mu nkengero zaho bishimira ko hashyizwe ikimenyetso cy’uko hakuwe imibiri y’ababo bagashyingurwa, ariko agasaba ko nta kindi cyazahakorerwa.

Yagize ati “Batumanuraga nk’abajyana Inka uko izi Inka umuntu azishora zigiye kunywa ariko twagerayo hagakora inkoni bahindira mu mazi. Njye mbibonye ntyo rero nabonye ko byakomeye aho batari kugukubita inkoni baragukubita umuhoro, icumu bahirikiremo wapfuye.

Kiriya gishanga iyo bagihinzemo hari igihe twebwe twaba tutarabonye imibiri ikirimo ariko wa wundi uhinga yanawubona ntawugaragaze atawugaragaza ugasanga bibangamiye twebwe twahaburiye abantu. Nanjye ubu tuvugana data ni ho ari kandi ntiyegeze agaragara.”

Ntazinda Augustin uhagarariye imiryango ifite abashyinguye mu Rwibutso rwa Ruramira, avuga ko iki cyuzi kibitse imibiri ya benshi, mu gihe yari yashyiriweho kuhira imyaka.

Ati “Turi abana twambukaga hariya Cyabitana ubona ari Baraje isanzwe izana amazi ariko nyuma yaje guhindurirwa amateka ubwo ababisha bayijugunyagamo abantu benshi, inzirakarengane nyinshi bishwe nabi kugeza aho bajugunyamo abanyuma bakananirwa gucubira bakabashyiraho amabuye kugira ngo batareremba ariko aba nyuma bakandagiraga hejuru y’imirambo kukwereka yuko haguyemo abantu benshi by’indengakamere.”

Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu twasabaga, twagumye tubisaba yuko izaba aho ngaho ubu bahashyize ikimenyetso cy’Urwibutso ari cyo cyiza twasabye Leta igihe cyose kugira ngo batazahahinga ngo bahinge hejuru y’imibiri y’abantu bacu”

Ibi kandi bishimangirwa na Perezida wa Ibuka muri aka Karere, Didas Ndindabahizi, wagize ati “Twari twarumvikanye ko kiriya gishanga kitazagira ikindi kintu gikoreshwa, turashima ko ariko bikimeze ariko ingamba zo gukumira abantu bashobora kuhahinga no kuhashakamo ibibatunga rwose zikomereze aho ngaho ku buryo abantu bakirya isataburenge bacibwe intege kuko kiriya ikibitse amateka y’abacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko hari abanyapolitike bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace ariko ngo ni umukoro ku bayobozi wo kwigisha abaturage kubana neza.

Ati “Hano twibukira iyo urebye cyane cyane muzi uzwi cyane Colonel Rwagafirita aha turimo Kwibukira iyo urebye uruhare rwe n’uwari Burugumisitiri Ngenzi Octavier bagize uruhare hano rukomeye cyane mu gutuma Jenoside ikorwa. Ibyo rero biduha inshingano zikomeye nk’abayobozi mu nshingano zitandukanye abarimu, abanyamadini n’amatorero, abavuga rimumvikana biduha inshingano zikomeye zo gukomeza kwigisha abaturage kubana neza, kwirinda amacakubiri.”

Ruramira ni umurenge ugizwe n’ibyahoze ari Segiteri ya Rukira, Ruyonza, Ruramira na Nkamba. Abatutsi bahiciwe bashyinguye ku Rwibutso rw’Umurenge ruri i Nkamba rukaba ruruhukiyemo Abatutsi barenga 1300 bahiciwe. Hari kandi Ibihumbi by’abajugunywe muri iki cyuzi habashije gukurwamo imibiri 226.

Musoni Emmanuel warokokeye ku cyuzi babajugunyagamo
Ntazinda Augustin wari uhagarariye imiryango ifite abashyinguye mu Rwibutso rwa Ruramira
Perezida wa Ibuka muri aka Karere Didas Ndindabahizi
Umuyobozi w’Akarere yasabye abanyapolitiki b’ubu gukora itandukaniro kuko aba mbere ya Jenoside bakoze ibibi bikomeye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − six =

Previous Post

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu

Next Post

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.