Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

radiotv10by radiotv10
19/04/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu yahoze ari Komini Kabarondo barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuze ko hakorewe ubwicanyi ndengakamere aho abicwaga babajugunyaga mu cyuzi cya Barage, bakaba basaba ko muri iki gishanga nta bikorwa bakwiye kuhakorerwa bitewe nuko hari imibiri itarigeze iboneka muri iki cyuzi no mu nkengero zacyo.

aha habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu ni Murenge wa Ruramira, aho abaharokokeye, bavuze ko habereye ubugome bukabije, byanatumye imibiri ya bamwe mu bahiciwe itaraboneka kugeza n’ubu.

Tariki 17 Mata mu 1994 ni bwo Abatutsi 1 377 biciwe muri aka gace k’icyahoze ari Komine Kabarondo, abandi ibihumbi bajugunywa muri Baraje iri mu Kagari ka Nkamba hafi n’Umurenge wa Munyaga muri Rwamagana.

Musoni Emmanuel warokokeye ku cyuzi babajugunyagamo, yavuze ko kuri iki cyuzi no mu nkengero zaho bishimira ko hashyizwe ikimenyetso cy’uko hakuwe imibiri y’ababo bagashyingurwa, ariko agasaba ko nta kindi cyazahakorerwa.

Yagize ati “Batumanuraga nk’abajyana Inka uko izi Inka umuntu azishora zigiye kunywa ariko twagerayo hagakora inkoni bahindira mu mazi. Njye mbibonye ntyo rero nabonye ko byakomeye aho batari kugukubita inkoni baragukubita umuhoro, icumu bahirikiremo wapfuye.

Kiriya gishanga iyo bagihinzemo hari igihe twebwe twaba tutarabonye imibiri ikirimo ariko wa wundi uhinga yanawubona ntawugaragaze atawugaragaza ugasanga bibangamiye twebwe twahaburiye abantu. Nanjye ubu tuvugana data ni ho ari kandi ntiyegeze agaragara.”

Ntazinda Augustin uhagarariye imiryango ifite abashyinguye mu Rwibutso rwa Ruramira, avuga ko iki cyuzi kibitse imibiri ya benshi, mu gihe yari yashyiriweho kuhira imyaka.

Ati “Turi abana twambukaga hariya Cyabitana ubona ari Baraje isanzwe izana amazi ariko nyuma yaje guhindurirwa amateka ubwo ababisha bayijugunyagamo abantu benshi, inzirakarengane nyinshi bishwe nabi kugeza aho bajugunyamo abanyuma bakananirwa gucubira bakabashyiraho amabuye kugira ngo batareremba ariko aba nyuma bakandagiraga hejuru y’imirambo kukwereka yuko haguyemo abantu benshi by’indengakamere.”

Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu twasabaga, twagumye tubisaba yuko izaba aho ngaho ubu bahashyize ikimenyetso cy’Urwibutso ari cyo cyiza twasabye Leta igihe cyose kugira ngo batazahahinga ngo bahinge hejuru y’imibiri y’abantu bacu”

Ibi kandi bishimangirwa na Perezida wa Ibuka muri aka Karere, Didas Ndindabahizi, wagize ati “Twari twarumvikanye ko kiriya gishanga kitazagira ikindi kintu gikoreshwa, turashima ko ariko bikimeze ariko ingamba zo gukumira abantu bashobora kuhahinga no kuhashakamo ibibatunga rwose zikomereze aho ngaho ku buryo abantu bakirya isataburenge bacibwe intege kuko kiriya ikibitse amateka y’abacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko hari abanyapolitike bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace ariko ngo ni umukoro ku bayobozi wo kwigisha abaturage kubana neza.

Ati “Hano twibukira iyo urebye cyane cyane muzi uzwi cyane Colonel Rwagafirita aha turimo Kwibukira iyo urebye uruhare rwe n’uwari Burugumisitiri Ngenzi Octavier bagize uruhare hano rukomeye cyane mu gutuma Jenoside ikorwa. Ibyo rero biduha inshingano zikomeye nk’abayobozi mu nshingano zitandukanye abarimu, abanyamadini n’amatorero, abavuga rimumvikana biduha inshingano zikomeye zo gukomeza kwigisha abaturage kubana neza, kwirinda amacakubiri.”

Ruramira ni umurenge ugizwe n’ibyahoze ari Segiteri ya Rukira, Ruyonza, Ruramira na Nkamba. Abatutsi bahiciwe bashyinguye ku Rwibutso rw’Umurenge ruri i Nkamba rukaba ruruhukiyemo Abatutsi barenga 1300 bahiciwe. Hari kandi Ibihumbi by’abajugunywe muri iki cyuzi habashije gukurwamo imibiri 226.

Musoni Emmanuel warokokeye ku cyuzi babajugunyagamo
Ntazinda Augustin wari uhagarariye imiryango ifite abashyinguye mu Rwibutso rwa Ruramira
Perezida wa Ibuka muri aka Karere Didas Ndindabahizi
Umuyobozi w’Akarere yasabye abanyapolitiki b’ubu gukora itandukaniro kuko aba mbere ya Jenoside bakoze ibibi bikomeye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eighteen =

Previous Post

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu

Next Post

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.