Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere

radiotv10by radiotv10
19/04/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abarokotse bavuze icyo bifuza ko kitakorerwa ahabereye ubugome ndengakamere
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu yahoze ari Komini Kabarondo barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuze ko hakorewe ubwicanyi ndengakamere aho abicwaga babajugunyaga mu cyuzi cya Barage, bakaba basaba ko muri iki gishanga nta bikorwa bakwiye kuhakorerwa bitewe nuko hari imibiri itarigeze iboneka muri iki cyuzi no mu nkengero zacyo.

aha habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu ni Murenge wa Ruramira, aho abaharokokeye, bavuze ko habereye ubugome bukabije, byanatumye imibiri ya bamwe mu bahiciwe itaraboneka kugeza n’ubu.

Tariki 17 Mata mu 1994 ni bwo Abatutsi 1 377 biciwe muri aka gace k’icyahoze ari Komine Kabarondo, abandi ibihumbi bajugunywa muri Baraje iri mu Kagari ka Nkamba hafi n’Umurenge wa Munyaga muri Rwamagana.

Musoni Emmanuel warokokeye ku cyuzi babajugunyagamo, yavuze ko kuri iki cyuzi no mu nkengero zaho bishimira ko hashyizwe ikimenyetso cy’uko hakuwe imibiri y’ababo bagashyingurwa, ariko agasaba ko nta kindi cyazahakorerwa.

Yagize ati “Batumanuraga nk’abajyana Inka uko izi Inka umuntu azishora zigiye kunywa ariko twagerayo hagakora inkoni bahindira mu mazi. Njye mbibonye ntyo rero nabonye ko byakomeye aho batari kugukubita inkoni baragukubita umuhoro, icumu bahirikiremo wapfuye.

Kiriya gishanga iyo bagihinzemo hari igihe twebwe twaba tutarabonye imibiri ikirimo ariko wa wundi uhinga yanawubona ntawugaragaze atawugaragaza ugasanga bibangamiye twebwe twahaburiye abantu. Nanjye ubu tuvugana data ni ho ari kandi ntiyegeze agaragara.”

Ntazinda Augustin uhagarariye imiryango ifite abashyinguye mu Rwibutso rwa Ruramira, avuga ko iki cyuzi kibitse imibiri ya benshi, mu gihe yari yashyiriweho kuhira imyaka.

Ati “Turi abana twambukaga hariya Cyabitana ubona ari Baraje isanzwe izana amazi ariko nyuma yaje guhindurirwa amateka ubwo ababisha bayijugunyagamo abantu benshi, inzirakarengane nyinshi bishwe nabi kugeza aho bajugunyamo abanyuma bakananirwa gucubira bakabashyiraho amabuye kugira ngo batareremba ariko aba nyuma bakandagiraga hejuru y’imirambo kukwereka yuko haguyemo abantu benshi by’indengakamere.”

Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu twasabaga, twagumye tubisaba yuko izaba aho ngaho ubu bahashyize ikimenyetso cy’Urwibutso ari cyo cyiza twasabye Leta igihe cyose kugira ngo batazahahinga ngo bahinge hejuru y’imibiri y’abantu bacu”

Ibi kandi bishimangirwa na Perezida wa Ibuka muri aka Karere, Didas Ndindabahizi, wagize ati “Twari twarumvikanye ko kiriya gishanga kitazagira ikindi kintu gikoreshwa, turashima ko ariko bikimeze ariko ingamba zo gukumira abantu bashobora kuhahinga no kuhashakamo ibibatunga rwose zikomereze aho ngaho ku buryo abantu bakirya isataburenge bacibwe intege kuko kiriya ikibitse amateka y’abacu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko hari abanyapolitike bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace ariko ngo ni umukoro ku bayobozi wo kwigisha abaturage kubana neza.

Ati “Hano twibukira iyo urebye cyane cyane muzi uzwi cyane Colonel Rwagafirita aha turimo Kwibukira iyo urebye uruhare rwe n’uwari Burugumisitiri Ngenzi Octavier bagize uruhare hano rukomeye cyane mu gutuma Jenoside ikorwa. Ibyo rero biduha inshingano zikomeye nk’abayobozi mu nshingano zitandukanye abarimu, abanyamadini n’amatorero, abavuga rimumvikana biduha inshingano zikomeye zo gukomeza kwigisha abaturage kubana neza, kwirinda amacakubiri.”

Ruramira ni umurenge ugizwe n’ibyahoze ari Segiteri ya Rukira, Ruyonza, Ruramira na Nkamba. Abatutsi bahiciwe bashyinguye ku Rwibutso rw’Umurenge ruri i Nkamba rukaba ruruhukiyemo Abatutsi barenga 1300 bahiciwe. Hari kandi Ibihumbi by’abajugunywe muri iki cyuzi habashije gukurwamo imibiri 226.

Musoni Emmanuel warokokeye ku cyuzi babajugunyagamo
Ntazinda Augustin wari uhagarariye imiryango ifite abashyinguye mu Rwibutso rwa Ruramira
Perezida wa Ibuka muri aka Karere Didas Ndindabahizi
Umuyobozi w’Akarere yasabye abanyapolitiki b’ubu gukora itandukaniro kuko aba mbere ya Jenoside bakoze ibibi bikomeye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − six =

Previous Post

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Polisi ku bushyamirane bwabaye ubwo hakorwaga umukwabu

Next Post

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Rayon yisubiyeho ku byo yari yiyemeje nyuma yo kutanyurwa n’icyemezo cyafashwe inatangaza impamvu yabikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.