Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza

radiotv10by radiotv10
10/08/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’Icyitegererezo w’Indatwa mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayoza, bavuga barembejwe n’inkoni z’abashumba b’amatungo bafatanya n’umuturage batazi aho yaturutse.

Aba baturage batujwe muri uyu mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyagatovu, babwiye RADIOTV10 ko itsinda ry’abashumba rifatanyije n’umuturage witwa Amani, bakomeje kubateza umutekano mucye.

Uwitwa Ntirenganya Jean de Dieu uherutse gukubitwa n’aba bantu, avuga ko bamuhohoteye ntacyo bamuhoye kuko bamukubise ubwo bamusangaga yiyicariye.

Ati ”Bansanze aho nari nicaye hano, umwe akoresha ibintu byo kunshotora, antuka ibitutsi nyandagazi, ngiye kunyara hariya nsanga umuntu yanyihishe urumva mfatanye n’umwe kuko nari muri hejura  undi ankubita ibuye mu mutwe hano inyuma no mu matwi hano urabona ukuntu bangize.”

Ntirenganya Jean de Dieu akomeza avuga ko bahorana ubwoba kubera aka gatsiko kadahwema guhohotera abaturage.

Ati “Hano hari itsinda ry’abashumba bishyize hamwe, iyo bishyizemo umuntu ubwo badashaka ntibamushaka nyine.”

Undi muturage usanzwe acuruza inzoga, uvuga ko yakubiswe n’umuturage usanzwe akora akazi ko kubaka witwa Amani ufatanya n’aba bashumba, avuga ko yamwishyuje amafaranga y’inzoga yari yamuhaye, aho kumwishyura akamwadukira akamukubita.

Ati ”Yari afite ibihumbi bibiri mu ntoki ndamubwira nti ‘ngaho nyishyura’, ngo ‘mfite kukwishyura no kutakwishyura’, nti ‘kubera iki kandi njye nguhaye inzoga yanjye?, aravuga ati ‘nanayimena nkasohoka ntacyo wantwara’.”

Uyu muturage avuga ko byazamukiye aho uyu Amani akamukubita ndetse n’ushinzwe umutekani yahagoboka, na we akamukubita, agahita yiruka.

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu Amani uvugwaho urugomo, akimara kubona ko aje ngo baganire, ahita akizwa n’amaguru ariruka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko kugeza ubu ntacyo babikoraho usibye kubanza gukurikirana bakabanza kumenya niba ari byo.

Ati “Hari inzego zishinzwe urugomo nk’urwo, iyo bibaye hamenshwa RIB. Icya mbere ntacyo navuga ku kibazo nk’icyo, iyo habayeho gukubita no gukomeretsa hari uburyo ikibazo gikurikiranwa.”

icyakora uyu Muyobozi yizeje aba baturage ko agiye gukurikirana iki kibazo ku buryo haramutse harimo ibigize ibyaha, byashyirwa mu nzego z’ubutabera.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Ubutumwa bw’Umukozi w’Imana ukunzwe ku bagore bambara ibibakoza isoni babyita ‘gutwika’

Next Post

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.