• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza

radiotv10by radiotv10
10/08/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’Icyitegererezo w’Indatwa mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayoza, bavuga barembejwe n’inkoni z’abashumba b’amatungo bafatanya n’umuturage batazi aho yaturutse.

Aba baturage batujwe muri uyu mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyagatovu, babwiye RADIOTV10 ko itsinda ry’abashumba rifatanyije n’umuturage witwa Amani, bakomeje kubateza umutekano mucye.

Uwitwa Ntirenganya Jean de Dieu uherutse gukubitwa n’aba bantu, avuga ko bamuhohoteye ntacyo bamuhoye kuko bamukubise ubwo bamusangaga yiyicariye.

Ati ”Bansanze aho nari nicaye hano, umwe akoresha ibintu byo kunshotora, antuka ibitutsi nyandagazi, ngiye kunyara hariya nsanga umuntu yanyihishe urumva mfatanye n’umwe kuko nari muri hejura  undi ankubita ibuye mu mutwe hano inyuma no mu matwi hano urabona ukuntu bangize.”

Ntirenganya Jean de Dieu akomeza avuga ko bahorana ubwoba kubera aka gatsiko kadahwema guhohotera abaturage.

Ati “Hano hari itsinda ry’abashumba bishyize hamwe, iyo bishyizemo umuntu ubwo badashaka ntibamushaka nyine.”

Undi muturage usanzwe acuruza inzoga, uvuga ko yakubiswe n’umuturage usanzwe akora akazi ko kubaka witwa Amani ufatanya n’aba bashumba, avuga ko yamwishyuje amafaranga y’inzoga yari yamuhaye, aho kumwishyura akamwadukira akamukubita.

Ati ”Yari afite ibihumbi bibiri mu ntoki ndamubwira nti ‘ngaho nyishyura’, ngo ‘mfite kukwishyura no kutakwishyura’, nti ‘kubera iki kandi njye nguhaye inzoga yanjye?, aravuga ati ‘nanayimena nkasohoka ntacyo wantwara’.”

Uyu muturage avuga ko byazamukiye aho uyu Amani akamukubita ndetse n’ushinzwe umutekani yahagoboka, na we akamukubita, agahita yiruka.

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu Amani uvugwaho urugomo, akimara kubona ko aje ngo baganire, ahita akizwa n’amaguru ariruka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko kugeza ubu ntacyo babikoraho usibye kubanza gukurikirana bakabanza kumenya niba ari byo.

Ati “Hari inzego zishinzwe urugomo nk’urwo, iyo bibaye hamenshwa RIB. Icya mbere ntacyo navuga ku kibazo nk’icyo, iyo habayeho gukubita no gukomeretsa hari uburyo ikibazo gikurikiranwa.”

icyakora uyu Muyobozi yizeje aba baturage ko agiye gukurikirana iki kibazo ku buryo haramutse harimo ibigize ibyaha, byashyirwa mu nzego z’ubutabera.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Ubutumwa bw’Umukozi w’Imana ukunzwe ku bagore bambara ibibakoza isoni babyita ‘gutwika’

Next Post

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.