Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba ko bakomeza gufashwa mu iterambere ryabo ku buryo bashobora no kurushaho kubona moto zo kwifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa Gatanu mu Murenge wa Murundi, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe amakoperative ku rwego rw’Akarere, ku kicaro gikuru cy’iyi Koperative.

Uwitwa Sekamana Etienne ati: “Koperative yacu igeze ahantu heza. Twaguze imodoka ebyiri zizajya zidutwarira umuceri. Kuri ubu rero, ubwo tugeze ahantu heza, turasaba ko bateza imbere umunyamuryango abonye nka moto, nk’akagare byaba byiza akagenda yishyura gahoro gahoro ahereye ku musaruro.”

Umuyobozi wa Koperative Duterimbere Murundi, Nkomeje Anastase, avuga ko hari byinshi koperative yagezeho kandi ko hari bamwe bamaze gufashwa kubona moto bishingiwe na koperative ku buryo ari ikigikorwa bazakomeza gufashamo abanyamuryango.

Ati: “Urwego twari turiho ruragenda ruzamuka. Umunyamuryango wacu ntashobora kurwarira mu rugo, tumwishyurira Mituweri, Ejo Heza, ndetse tukabaha n’inguzanyo tubishingiye mu bigo by’imari, koperative ikaba umwishingizi wabo, amafaranga akazayishyura gahoro gahoro.”

Nkomeje yavuze ko kandi hari bamwe bamaze kwigurira moto babikesha kwishingirwa mu bigo by’imari ndetse ko hari n’abatekereza kugura imodoka.

Ati: “Ku kijyanye n’uburyo bwo kubishingira kuri moto, twakoranye n’ibigo by’imari. Buri munyamuryango tumuguriza miliyoni imwe tukayimwishingiraho hanyuma akazishyura mu gihe cy’imyaka ibiri. Abamaze kugura moto ni benshi ndetse bamaze kugera ku rwego rwo kuvuga ngo ‘mbese na moto turabona zidahagije, turabona buri munyamuryango yagura n’imodoka’.”

Koperative Duterimbere Murundi ifite abanyamuryango 1906. Aba bose bahinga umuceri ku buso bwa hegitari 330. Ifite inzu ebyiri zikodeshwa nibura miliyoni ebyiri ku kwezi mu Mujyi wa Kayonza ndetse n’imodoka ebyiri zikoreshwa mu kubasha umusaruro kandi na zo yinjiza nibura miliyoni zirenga ebyiri buri kwezi.

Mu butumwa bwatanzwe n’abagize amakoperative bibukijwe ko inshingano ya mbere bafite ari uguteza imbere abanyamuryango ndetse n’Igihugu, kandi ko Koperative ikwiye kuba ishingiro ry’iterambere ry’abanyamuryango bayo no gukora ishoramari ribateza imbere.

Muri aka Karere ka Kayonza habarizwa amakoperative 168 yibumbiyemo abanyamuryango 10, 969 bari mu byiciro by’ubuhinzi, ubworozi, gutanga serivisi, kongerera agaciro umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubukorikori, SACCO ndetse n’andi akora ibindi bitandukanye.

Hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Amakoperative
Abaturage bibumbuye mu makoperative bitabiriye ibi birori

Koperative Terimbere Murundi yiyemeje kurushaho kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 5 =

Previous Post

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Next Post

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.