Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu gihe bagiye kwinjira mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 30, hari abagifite agahinda ko kuba batarashyingura ababo biciwe mu gace ka Midiho n’ubu imibiri yabo ikaba itaraboneka.

Mu gace ka Midiho mu Murenge wa Mukarange, ni hamwe mu hiciwe Abatutsi babarirwa hagati ya 200 na 500 mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abiciwe muri aka gace, bimaze igihe kinini, ariko hataraboneka umubiri n’umwe ngo ushyingurwe mu cyubahiro.

Abarokotse Jenoside muri Mata 1994 bo muri uyu Murenge wa Mukarange ngo hakenewe izindi mbara za Leta zirimo gucukura ubutaka bwose bwegereye kuri Paruwasi ya Anglican ahashakishirizwa iyi mibiri.

Bavuga kandi Leta ikwiye kugira icyo ikora ku bari bahatuye ku rwego rwo kumenya amakuru nyayo y’ababo biciwe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Umwe yagize ati “Leta ni ugukomeza ikadutera inkunga tugakomeza tugashakisha kugeza igihe bazabonekera cyangwa ntibaboneke. Twebwe icyo twahoze tuganira twavugaga ko aha hantu hose hakwiye gushakishirizwa, ahantu hose hakekwa.”

Bavuga ko ababo biciwe aha, hari ababishe, ndetse n’ababo, ku buryo bari bakwiye gutanga amakuru, bakomeza kwinangira, hakaba hakwiyambazwa izindi mbaraga.

Undi yagize ati “Hari abantu bishe aba bantu bahari kandi hari n’abaturanyi b’aha hantu bahari, ndabona aho bigeze hari imbaraga zo gutanga amakuru kuruta ayo dutanga. Icyiza tubona nk’izindi mbaraga zakabayeho nanone, ni zo gufata aba baturanyi n’ababikoze bakongera bakabazwa ibi bintu.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Didace Ndindabahizi avuga ko igikenewe ari amakuru akwiye gutungwa y’ababikoze ariko kandi ngo ngo nikomeza kuburira ahatubatse, ngo ahari inyubako zakurwaho kugira ngo na ho bashakishirize nk’ahubatswe nyuma ya Jenoside.

Ati “Ikigaragara nta handi hantu imibiri iri, iri muri kariya gace, gusa ni bimwe by’uko abantu batarayigwaho ariko ibyo ari byo byose irahari. Icyo dukeneye ni umuntu wagaragaza nyirizina imibiri yari iri aha hangaha, ati ‘twayishyize aha ngaha’.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

Next Post

Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Habaye icyongeye gutungurana hagati y'Igikomangoma cy'u Bwongereza n'iwabo Ibwami

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.