Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu gihe bagiye kwinjira mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 30, hari abagifite agahinda ko kuba batarashyingura ababo biciwe mu gace ka Midiho n’ubu imibiri yabo ikaba itaraboneka.

Mu gace ka Midiho mu Murenge wa Mukarange, ni hamwe mu hiciwe Abatutsi babarirwa hagati ya 200 na 500 mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abiciwe muri aka gace, bimaze igihe kinini, ariko hataraboneka umubiri n’umwe ngo ushyingurwe mu cyubahiro.

Abarokotse Jenoside muri Mata 1994 bo muri uyu Murenge wa Mukarange ngo hakenewe izindi mbara za Leta zirimo gucukura ubutaka bwose bwegereye kuri Paruwasi ya Anglican ahashakishirizwa iyi mibiri.

Bavuga kandi Leta ikwiye kugira icyo ikora ku bari bahatuye ku rwego rwo kumenya amakuru nyayo y’ababo biciwe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Umwe yagize ati “Leta ni ugukomeza ikadutera inkunga tugakomeza tugashakisha kugeza igihe bazabonekera cyangwa ntibaboneke. Twebwe icyo twahoze tuganira twavugaga ko aha hantu hose hakwiye gushakishirizwa, ahantu hose hakekwa.”

Bavuga ko ababo biciwe aha, hari ababishe, ndetse n’ababo, ku buryo bari bakwiye gutanga amakuru, bakomeza kwinangira, hakaba hakwiyambazwa izindi mbaraga.

Undi yagize ati “Hari abantu bishe aba bantu bahari kandi hari n’abaturanyi b’aha hantu bahari, ndabona aho bigeze hari imbaraga zo gutanga amakuru kuruta ayo dutanga. Icyiza tubona nk’izindi mbaraga zakabayeho nanone, ni zo gufata aba baturanyi n’ababikoze bakongera bakabazwa ibi bintu.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Didace Ndindabahizi avuga ko igikenewe ari amakuru akwiye gutungwa y’ababikoze ariko kandi ngo ngo nikomeza kuburira ahatubatse, ngo ahari inyubako zakurwaho kugira ngo na ho bashakishirize nk’ahubatswe nyuma ya Jenoside.

Ati “Ikigaragara nta handi hantu imibiri iri, iri muri kariya gace, gusa ni bimwe by’uko abantu batarayigwaho ariko ibyo ari byo byose irahari. Icyo dukeneye ni umuntu wagaragaza nyirizina imibiri yari iri aha hangaha, ati ‘twayishyize aha ngaha’.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

Next Post

Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Habaye icyongeye gutungurana hagati y'Igikomangoma cy'u Bwongereza n'iwabo Ibwami

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.