Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Umugabo yatemye inka nyuma yo kutumvikana n’umugore we uko bagabana amafaranga bari kuyigurisha

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Umugabo yatemye inka nyuma yo kutumvikana n’umugore we uko bagabana amafaranga bari kuyigurisha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bwashyikirije RIB umugabo ukurikiranyweho gutema inka abitewe n’umujinya yari atewe no kuba yananiranywe n’umugore we kugabana amafaranga bari kuyigurisha.

Uyu mugabo w’imyaka 32 y’amavuko watemye iyi nka y’Ikimasa kuri iki Cyumweru tariki 23 Mutarama 2022, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Rwinkwavu.

Murekezi Claude uyobora Umurenge wa Rwinkwavu, yatangaje ko uyu mugabo asanzwe afite inka umuryango we wahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ikaba yari ifite ikimasa cyari kimaze gucuka.

Avuga ko we n’umugore we babanje kuganira uko bazagabana ibihumbi 170 Frw bagombaga kugikuramo bakigurishije ariko bakaza kunaniranwa bigatuma uyu mugabo yegura umuhoro agahita agitema.

Murekezi Claude yagize ati “Yari ataritura kuko ikimasa yishe gikomoka ku nka bahawe muri gahunda ya Girinka, twahise tumufata rero tumushyikiriza RIB.”

Uyu muyobozi avuga ko urugo rw’aba bombi, rusanzwe rubamo amakimbirane ku buryo kutumvikana uburyo bagombaga kugabana ariya mafaranga bitatunguranye.

Yaboneyeho kugira inama aborojwe Inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ko batagomba gutekereza kugurisha mu gihe bataritura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 18 =

Previous Post

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Next Post

Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.