• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Umugabo yatemye inka nyuma yo kutumvikana n’umugore we uko bagabana amafaranga bari kuyigurisha

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Umugabo yatemye inka nyuma yo kutumvikana n’umugore we uko bagabana amafaranga bari kuyigurisha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bwashyikirije RIB umugabo ukurikiranyweho gutema inka abitewe n’umujinya yari atewe no kuba yananiranywe n’umugore we kugabana amafaranga bari kuyigurisha.

Uyu mugabo w’imyaka 32 y’amavuko watemye iyi nka y’Ikimasa kuri iki Cyumweru tariki 23 Mutarama 2022, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Rwinkwavu.

Murekezi Claude uyobora Umurenge wa Rwinkwavu, yatangaje ko uyu mugabo asanzwe afite inka umuryango we wahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ikaba yari ifite ikimasa cyari kimaze gucuka.

Avuga ko we n’umugore we babanje kuganira uko bazagabana ibihumbi 170 Frw bagombaga kugikuramo bakigurishije ariko bakaza kunaniranwa bigatuma uyu mugabo yegura umuhoro agahita agitema.

Murekezi Claude yagize ati “Yari ataritura kuko ikimasa yishe gikomoka ku nka bahawe muri gahunda ya Girinka, twahise tumufata rero tumushyikiriza RIB.”

Uyu muyobozi avuga ko urugo rw’aba bombi, rusanzwe rubamo amakimbirane ku buryo kutumvikana uburyo bagombaga kugabana ariya mafaranga bitatunguranye.

Yaboneyeho kugira inama aborojwe Inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ko batagomba gutekereza kugurisha mu gihe bataritura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 8 =

Previous Post

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Next Post

Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.