Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA
0
Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, haravugwa umusore w’imyaka 25 y’amavuko watawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu ubundi akamuha 5 000 Frw ngo azaryumeho.

Uyu musore yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo Kageyo.

Yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe hayeho kiriya gikorwa akekwaho, ubwo umuhungu w’imyaka 16 wasambanyijwe, abivuze kuko byari bikomeje kumugirago ingaruka.

Gusambanya uyu mwana w’umuhungu bikekwa ko byakozwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Kanama ubwo ukekwaho iki cyaha yatumizaga uyu muhungu usanzwe arera abavandimwe be, amubwira ko ashaka kumuha inkunga yo kugira icyo yabahahira.

Ngo yagezeyo ubundi amwinjiza mu cyumba, ahita akururiraho urugi ararufunga ubundi amukuramo imyenda amusambanya mu kibuno.

Ntambara John uyobora Umurenge wa Mwiri, yemeje aya makuru, avuga ko ukekwaho iki cyaha yashukishije uwo yasambanyije ko azajya amufasha mu kurera abavandimwe be.

Yagize ati “Yamushukishije amafaranga amubwira ko azamufasha we n’umuryango we kuko azi ko ari imfumbyi, amusambanya ku gahato.”

Iki gikorwa cyabereye mu Muduguru wa Rwisirabo I, Akagari ka Kageyo mu Murenge wa Mwiri tariki 17 Kanama 2022, kimenyekana bucyeye bwaho.

Ukekwaho gusambanywa yabize nyuma yuko akomeje kugira uburyaryate mu kibuno aho yasambanyijwe n’uwo muhungu mugenzi we, ubu akaba ari kwa muganga kugira ngo ahabwe ubufasha bw’ibanze buhabwa abasambanyijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − two =

Previous Post

Akari ku mutima w’Umunyamakurukazi Clarisse nyuma yo gusezerana mu Mategeko

Next Post

Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.