Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA
0
Kayonza: Umusore arakewaho gusambanya umunyeshuri w’aho yimenyereza umwuga w’ubwarimu nyuma yo kubasangana
Share on FacebookShare on Twitter

Usanzwe yiga ubwarimu muri TTC Zaza, akaba ari kubwimenyereza mu ishuri ribanza rya Nyakabungo ryo mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza, akurikianyweho gusambanya umukobwa wiga mu mwaka wa gatandatu wa Primaire nyuma yo kubasangana mu icumbi ry’uyu musore.

Uyu musore w’imyaka 23 y’amavuko, asanzwe yiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mwuga w’ubwarimu akaba ari kubwimenyereza muri iri shuri cya Nyakabungo.

Naho umukobwa akekwaho gusambanya we afite imyaka 17 y’amavuko na we akaba yiga mu mwaka wa gatandatu ariko we w’amashuri abanza.

Yafashwe kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022 nyuma yuko uyu mukobwa akekwaho gusambanya yabanje kubura ku ishuri bagatangira kumushakisha, bakaza kumusanga yasanze uyu musore aho acumbitse mu Mudugudu wa wa Nyakabungo mu Kagari ka Nyawera.

Ntambara John uyobora Umurenge wa Mwiri, yemeye amakuru y’ifatwa ry’uyu musore wimenyereza ubwarimu, avuga ko uyu mukobwa wari waje ku ishuri atambaye imyenda y’ishuri, yaje kubura ku ishuri bigatuma bitabaza ababyeyi be bagatangira kumushakisha.

Yagize ati “Mu gitondo rero ahageze [ku ishuri] uwo mwana aho kwiga ahita ajya kumureba [uwo musore], abandi bana bahise bamubura mu ishuri babibwira umuyobozi w’ikigo.”

Nyuma yuko uyu musore bamusanganye n’uyu mukobwa, hahise hitabazwa inzego z’umutekani n’iz’iperereza ahita atabwa muri yombi, naho uyu mukobwa bivugwa ko afite imyaka 17 n’andi mezi, we yahise ajyanwa kwa muganda ngo akorerwe ibizamini bishobora kuzifashishwa mu butarera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Next Post

Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN

Nyamagabe: Hamenyekanye umubare w’abahitanywe n’abagizi ba nabi bikekwa ko ari FLN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.