Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in MU RWANDA
0
Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo utuye mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, ari guhigishwa uruhindu kubera gukekwaho kwicisha umuhoro, umugore we n’abana babo batatu agahita atoroka. Abazi uyu muryango bavuga ko batakeka icyabimuteye kuko uyu muryango wari ubanye neza.

Uyu mugabo witwa Musonera Theogene, arakekwaho gukora ubu bwicanyi mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, kuko ubu bugizi bwa nabi bwamenyekanye mu gitondo cyo ku ya 15 Kamena 2023, nyuma yo kubona ko abo muri uru rugo nta muntu uhasohoka.

Uyu muryango wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Gitara mu Murenge wa Kabare, wari utaramara igihe kinini uhimukiye, gusa abaturanyi bawo bavuga ko batapfa kumenya icyatumye uyu mugabo yihekura kuko yari abanye neza n’umugore we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Gatanazi Rongin; abajijwe ku gikekwa cyaba cyateye uyu mugabo kwica umugore we n’abana babo, yavuze ko bigoye kuko n’amakuru ava mu bari babazi, avuga ko ntakibazo cyari muri uyu muryango.

Yagize ati “Icyo yaba yarabahoye ntikiramenyekana, ariko amakuru duhabwa n’aba hafi mu muryango nka nyirabukwe wa Musonera bari begeranye, avuga ko nta makimbirane basanzwe bagirana.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko uyu mugabo uri gushakishwa, kuko nyuma yo gukora iki gikorwa akekwaho yahise atoroka, atanywaga ngo asinde bikabije, ku buryo hakekwa ko yaba yabitewe n’ubusinzi.

Abishwe ni Mukawizeye Donatha w’imyaka 32, wari umugore w’uyu mugabo ukekwa, ndetse n’abana babo batatu; barimo umukuru w’imyaka 12, ubuheta bwabo w’imyaka 10 ndetse n’uwari muto w’imyaka ibiri.

Inzego z’ubuyobozi kandi zasabye ko uwabona uyu mugabo witwa Mosonera Theogene, kwihutira gutungira agatoki inzego z’umutekano, kugira ngo afatwe.

Umugabo ukekwa ni uyu. Inzego zisaba ko uwamubona yazitungira agatoki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

Next Post

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.