Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in MU RWANDA
0
Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo utuye mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, ari guhigishwa uruhindu kubera gukekwaho kwicisha umuhoro, umugore we n’abana babo batatu agahita atoroka. Abazi uyu muryango bavuga ko batakeka icyabimuteye kuko uyu muryango wari ubanye neza.

Uyu mugabo witwa Musonera Theogene, arakekwaho gukora ubu bwicanyi mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, kuko ubu bugizi bwa nabi bwamenyekanye mu gitondo cyo ku ya 15 Kamena 2023, nyuma yo kubona ko abo muri uru rugo nta muntu uhasohoka.

Uyu muryango wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Gitara mu Murenge wa Kabare, wari utaramara igihe kinini uhimukiye, gusa abaturanyi bawo bavuga ko batapfa kumenya icyatumye uyu mugabo yihekura kuko yari abanye neza n’umugore we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Gatanazi Rongin; abajijwe ku gikekwa cyaba cyateye uyu mugabo kwica umugore we n’abana babo, yavuze ko bigoye kuko n’amakuru ava mu bari babazi, avuga ko ntakibazo cyari muri uyu muryango.

Yagize ati “Icyo yaba yarabahoye ntikiramenyekana, ariko amakuru duhabwa n’aba hafi mu muryango nka nyirabukwe wa Musonera bari begeranye, avuga ko nta makimbirane basanzwe bagirana.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko uyu mugabo uri gushakishwa, kuko nyuma yo gukora iki gikorwa akekwaho yahise atoroka, atanywaga ngo asinde bikabije, ku buryo hakekwa ko yaba yabitewe n’ubusinzi.

Abishwe ni Mukawizeye Donatha w’imyaka 32, wari umugore w’uyu mugabo ukekwa, ndetse n’abana babo batatu; barimo umukuru w’imyaka 12, ubuheta bwabo w’imyaka 10 ndetse n’uwari muto w’imyaka ibiri.

Inzego z’ubuyobozi kandi zasabye ko uwabona uyu mugabo witwa Mosonera Theogene, kwihutira gutungira agatoki inzego z’umutekano, kugira ngo afatwe.

Umugabo ukekwa ni uyu. Inzego zisaba ko uwamubona yazitungira agatoki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 8 =

Previous Post

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

Next Post

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Related Posts

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

IZIHERUKA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze
MU RWANDA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.