Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in MU RWANDA
0
Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo utuye mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, ari guhigishwa uruhindu kubera gukekwaho kwicisha umuhoro, umugore we n’abana babo batatu agahita atoroka. Abazi uyu muryango bavuga ko batakeka icyabimuteye kuko uyu muryango wari ubanye neza.

Uyu mugabo witwa Musonera Theogene, arakekwaho gukora ubu bwicanyi mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, kuko ubu bugizi bwa nabi bwamenyekanye mu gitondo cyo ku ya 15 Kamena 2023, nyuma yo kubona ko abo muri uru rugo nta muntu uhasohoka.

Uyu muryango wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Gitara mu Murenge wa Kabare, wari utaramara igihe kinini uhimukiye, gusa abaturanyi bawo bavuga ko batapfa kumenya icyatumye uyu mugabo yihekura kuko yari abanye neza n’umugore we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Gatanazi Rongin; abajijwe ku gikekwa cyaba cyateye uyu mugabo kwica umugore we n’abana babo, yavuze ko bigoye kuko n’amakuru ava mu bari babazi, avuga ko ntakibazo cyari muri uyu muryango.

Yagize ati “Icyo yaba yarabahoye ntikiramenyekana, ariko amakuru duhabwa n’aba hafi mu muryango nka nyirabukwe wa Musonera bari begeranye, avuga ko nta makimbirane basanzwe bagirana.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko uyu mugabo uri gushakishwa, kuko nyuma yo gukora iki gikorwa akekwaho yahise atoroka, atanywaga ngo asinde bikabije, ku buryo hakekwa ko yaba yabitewe n’ubusinzi.

Abishwe ni Mukawizeye Donatha w’imyaka 32, wari umugore w’uyu mugabo ukekwa, ndetse n’abana babo batatu; barimo umukuru w’imyaka 12, ubuheta bwabo w’imyaka 10 ndetse n’uwari muto w’imyaka ibiri.

Inzego z’ubuyobozi kandi zasabye ko uwabona uyu mugabo witwa Mosonera Theogene, kwihutira gutungira agatoki inzego z’umutekano, kugira ngo afatwe.

Umugabo ukekwa ni uyu. Inzego zisaba ko uwamubona yazitungira agatoki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + ten =

Previous Post

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

Next Post

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.