Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu yakatiwe ngo kuko yifuza gusubira mu muryango mugari w’Abanyarwanda agafatanya na bo kubaka Igihugu, anavuga icyamukururiye muri ibi bikorwa yavuze ko ari “ububwa.”

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 mu Rukiko Rukuru yajuririye icyemezo yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge cyo gufungwa burundu no gutanga indishyi z’akababaro za miliyoni 30 Frw zo guha imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibyaha yahamijwe.

Muri iri buranisha ryahereye ku nzitizi zazamuwe n’Ubushinjacyaha bwavugaga ko uregwa atubahirije igihe cyo kujurira kuko yutanze ubujurire bwe hashize amezi atatu, bugasaba ko bwateshwa agaciro.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa, byumwiharimo Me Murangwa Faustin wungangira Kazungu, yavuze ko bagaragaje ko bazajurira mu gihe giteganywa n’amategeko.

Urukiko rwemeje ko izi nzitizi zizigirwa hamwe n’ibyaburanyweho, rutegeka ko iburanisha rikomeza, aho uregwa yabajijwe impamvu yajuriye, avuga ko yifuza kugabanyirizwa igihano.

Kazungu Denis wongeye kwemera ibyaha ashinjwa, icyakora ahakana kwica umusore witwa Kimenyi Yves, ndetse Ubushinjacyaha buvuga ko atari mu bo yaregewe ariko ko igihe buzabona ibimenyetso ko ari we wamwishe, buzabimuregera.

Uregwa agaragaza impamvu yifuza kugabanyirizwa ibihano, yavuze ko atigeze agorana, kuko ari we wihereye inzego amakuru y’ibyaha yakoze, bityo ko akwiye kugirirwa imbabazi akagabanyirizwa igihano kugira ngo azasubire hanze vuba.

Yagize ati “Ndifuza gusubira muri sosiyete Nyarwanda kugira ngo mbashe gufatanya n’abandi Banyarwanda kubaka Igihugu cyacu.”

Uyu musore wumvikana na we yicuza ibyo yakoze, yavuze ko na we yigaya, kuko atagombaga gukora ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere.

Ati “Ntabwo ibyo nakoze ari ubugabo ni ububwa, aho imbwa yatambuka sinahatambuka, ndongera gusaba imbabazi Umukuru w’Igihugu, ndasaba imbabazi Guverinoma yose, kuba narakoze ibintu by’umwanda, ndasaba imbabazi ninginga ababyeyi, abana ku byo nakoze, usaba imbabazi aringinga. Uhana umwana ntakoresha ikibando akoresha umunyafu.”

Uregwa kandi yasobanuriye Urukiko uko yinjiye muri ibi bikorwa by’ubwicanyi, avuga ko yabitewe n’ibibazo yari amaze igihe anyuramo, aho yavuze ko yari yaratangije ibikorwa byo gufasha abana batagira kivurira b’imfubyi muri 2009, aho ngo yari yarashinze ishuri rifasha abo bana bo mu Murenge wa Remera.

Ngo byageze mu mwaka wa 2016 iri shuri rirahagarara ku mpamvu zo kutagira ibyangombwa n’amikoro, ari bwo yerecyezaga muri Kenya gushakishirizayo ubuzima aho yacuruzaga inzoga zo mu bwoko bwa Liquor azijyana muri Uganda.

Yavuze ko muri 2018 Abagande bamwambuye ibihumbi 120 USD ndetse n’imari yari ajyanye, ari bwo yinjiraga mu ihurizo ry’imibeho, akaza no kwiyambaza inshuti zamugurizaga ariko akazambura kuko atari afite aho akura.

Yavuze ko mu mwaka wa 2022 ari bwo yinjiye muri ubu bugizi bwa nabi kubera kwambura abantu, agahitamo kujya abica kuko yabaga afite ubwoba ko bazamurega.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwongeye gushimangira ko ibyakozwe na Kazungu ari ibyaha by’indengakamere, kandi ko yabikoraga ari muzima atanyoye ibiyobabwenge, bityo ko yabaga abigambiriye, akaba akwiye kugumushirizwaho igihano cyo gufungwa burundu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Next Post

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.