Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu yakatiwe ngo kuko yifuza gusubira mu muryango mugari w’Abanyarwanda agafatanya na bo kubaka Igihugu, anavuga icyamukururiye muri ibi bikorwa yavuze ko ari “ububwa.”

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 mu Rukiko Rukuru yajuririye icyemezo yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge cyo gufungwa burundu no gutanga indishyi z’akababaro za miliyoni 30 Frw zo guha imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibyaha yahamijwe.

Muri iri buranisha ryahereye ku nzitizi zazamuwe n’Ubushinjacyaha bwavugaga ko uregwa atubahirije igihe cyo kujurira kuko yutanze ubujurire bwe hashize amezi atatu, bugasaba ko bwateshwa agaciro.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa, byumwiharimo Me Murangwa Faustin wungangira Kazungu, yavuze ko bagaragaje ko bazajurira mu gihe giteganywa n’amategeko.

Urukiko rwemeje ko izi nzitizi zizigirwa hamwe n’ibyaburanyweho, rutegeka ko iburanisha rikomeza, aho uregwa yabajijwe impamvu yajuriye, avuga ko yifuza kugabanyirizwa igihano.

Kazungu Denis wongeye kwemera ibyaha ashinjwa, icyakora ahakana kwica umusore witwa Kimenyi Yves, ndetse Ubushinjacyaha buvuga ko atari mu bo yaregewe ariko ko igihe buzabona ibimenyetso ko ari we wamwishe, buzabimuregera.

Uregwa agaragaza impamvu yifuza kugabanyirizwa ibihano, yavuze ko atigeze agorana, kuko ari we wihereye inzego amakuru y’ibyaha yakoze, bityo ko akwiye kugirirwa imbabazi akagabanyirizwa igihano kugira ngo azasubire hanze vuba.

Yagize ati “Ndifuza gusubira muri sosiyete Nyarwanda kugira ngo mbashe gufatanya n’abandi Banyarwanda kubaka Igihugu cyacu.”

Uyu musore wumvikana na we yicuza ibyo yakoze, yavuze ko na we yigaya, kuko atagombaga gukora ibi bikorwa by’ubugome ndengakamere.

Ati “Ntabwo ibyo nakoze ari ubugabo ni ububwa, aho imbwa yatambuka sinahatambuka, ndongera gusaba imbabazi Umukuru w’Igihugu, ndasaba imbabazi Guverinoma yose, kuba narakoze ibintu by’umwanda, ndasaba imbabazi ninginga ababyeyi, abana ku byo nakoze, usaba imbabazi aringinga. Uhana umwana ntakoresha ikibando akoresha umunyafu.”

Uregwa kandi yasobanuriye Urukiko uko yinjiye muri ibi bikorwa by’ubwicanyi, avuga ko yabitewe n’ibibazo yari amaze igihe anyuramo, aho yavuze ko yari yaratangije ibikorwa byo gufasha abana batagira kivurira b’imfubyi muri 2009, aho ngo yari yarashinze ishuri rifasha abo bana bo mu Murenge wa Remera.

Ngo byageze mu mwaka wa 2016 iri shuri rirahagarara ku mpamvu zo kutagira ibyangombwa n’amikoro, ari bwo yerecyezaga muri Kenya gushakishirizayo ubuzima aho yacuruzaga inzoga zo mu bwoko bwa Liquor azijyana muri Uganda.

Yavuze ko muri 2018 Abagande bamwambuye ibihumbi 120 USD ndetse n’imari yari ajyanye, ari bwo yinjiraga mu ihurizo ry’imibeho, akaza no kwiyambaza inshuti zamugurizaga ariko akazambura kuko atari afite aho akura.

Yavuze ko mu mwaka wa 2022 ari bwo yinjiye muri ubu bugizi bwa nabi kubera kwambura abantu, agahitamo kujya abica kuko yabaga afite ubwoba ko bazamurega.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwongeye gushimangira ko ibyakozwe na Kazungu ari ibyaha by’indengakamere, kandi ko yabikoraga ari muzima atanyoye ibiyobabwenge, bityo ko yabaga abigambiriye, akaba akwiye kugumushirizwaho igihano cyo gufungwa burundu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Next Post

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.