Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenneth Gasana ufite izina rikomeye muri Basketball yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
1
Kenneth Gasana ufite izina rikomeye muri Basketball yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball na REG BBC, Wilson Kenneth Gasana yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Uyu mukinnyi uri mu bakomeye mu Rwanda yaba mu Ikipe y’Igihugu ya Basketball ndetse na REG BBC, yahawe ubu Bwenegihugu kuri uyu Mbere tariki 23 Gicurasi 2022.

Umuhango wo guha Ubwenegihugu Wilson Kenneth Gasana, wabereye ku Biro by’Akarere ka Gasabo, aho yarahiriye indahiro yo kuba Umunyarwanda afashe ku ibendera ry’Igihugu arangije arabisinyira.

Ni umuhango wayobowe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Umwali Pauline.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Gasabo, @umwigemepo yakiriye Indahiro y'umukinyi w'Ikipe y'Igihugu ya Basketball Wilson Kenneth Gasana wahawe Ubwenegihugu bw'u Rwanda;@CityofKigali@RwandaLocalGov pic.twitter.com/RubwsvJNjZ

— Gasabo District (@Gasabo_District) May 24, 2022

Uyu mukinnyi ukomeye muri Baskeball yo mu Rwanda, yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za America mu Mujyi wa San Antonio muri Leta ya Texas.

Wilson Kenneth Gasana uzwi nka Kenny Gasana, umaze gukinira amakipe akomeye mu Rwanda arimo REG BBC ndetse na Patriots BBC, yanyuze no mu makipe atandukanye yo mu Bihugu by’Abarabu ngo mu Misiri no muri Maroc.

Amaze kurahirira ku ibendera ry’u Rwanda, yabisinyiye ko abaye Umunyarwanda
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo yamuhaye ikaze

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nkurayija says:
    4 years ago

    iyo nkuru ntiyuzuye….
    ubundi se ni umuntu ki ??
    Uretse kuvukira muri namarerika
    ababyeyi be se bakoomoka hehe..
    Ko Gasana ari izina ryo muri ibi bihugu bya hana hafi y’iwacu mu biyaga bigari..

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 6 =

Previous Post

RDF yasabye ko hakorwa iperereza ryihuse ku bisasu byarashwe na FARDC bikagwa mu Rwanda

Next Post

Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo

Miss Iradukunda Elsa yagejejwe imbere y’Urukiko na we aburanishwa mu muhezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.