Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo muri Kenya wari umaze imyaka 17 yaraburiwe irengero, yagarutse mu rugo, yakiranwa ibyishimo byinshi, ariko ntibyamaze umwanya kuko yahise amenyeshwa ko umugore we yabyaranye n’Umunyarwanda bari barashakanye, ariko umugore akaza guhita yirukana Umunyarwanda.

Boniface Moi Muyeshi wari waraburiwe irengero kuva muri 2006, yagarutse iwe mu gace ka Lurambi mu Kakamega mu Burengerazuba bwa Kenya.

Ubwo yagarukaga mu rugo, abatuye muri aka gace, bamwakiranyije amashyi n’impundu, bishimiye kuba akiriho, kuko bakekaga ko yapfuye.

Umwe mu baturage bo muri aka gace, yagize ati “Yavuye iwe yerecyeza i Narirobi muri 2006. Ata umuryango we, kuva icyo gihe ntawongeye kumuca iryera.”

Ubwo yagarukaga, na we yishimiye kongera kubona abo mu murango we n’abaturanyi, ariko ibyishimo bye byaje kuzamo kirogoya ubwo yabwirwaga ko umugore we yabyaranye n’undi mugabo w’Umunyarwanda.

Umuvandimwe we witwa Fredrick Witumbele, yagize ati “Twakekaga ko yapfuye hagati ya 2007 na 2008, yarazize imvururu zakurikiye amatora.”

Ni mu gihe umugore we witwa Agripina Mulupi yavuze ko yareze abana batatu wenyine, ariko bikaza kumugora, bituma nyuma y’imyaka itanu umugabo we abuze, afata icyemezo ko atashobora gukomeza kubaho wenyine, ari na bwo yaje gucudika n’umugabo w’Umunyarwanda, bagashakana.

Ibinyamakuru byo muri Kenya, bivuga ko uyu mugabo w’Umunyarwanda, yitaga kuri Agripina Mulupi, kuko yamufasha kwishyurira amashuri abana be.

Gusa uyu mugore avuga ko nyuma y’uko umugabo we wa mbere agarutse, bagomba gusubirana, ari na byo byatumye ahita yirukana Umunyarwanda babanaga, kandi ko babanje kubyumvikanaho.

Yagize ati “Nagombaga kwirukana umukunzi wanjye mushya, mu gihe nyiri urugo agarutse. Tuzaganira uburyo tuzarera abana bacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

Ingorofani yahindutse indege: Abakusanya ibishingwe batomboye Miliyari 1Frw

Next Post

Ange Kagame yahawe umwanya mu rwego rukomeye mu Rwanda

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe
IBYAMAMARE

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Ange Kagame yahawe umwanya mu rwego rukomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.