Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kenya: Ibyabye ku Munyarwanda wari warashakanye n’umugore w’umugabo wagarutse nyuma y’imyaka 17 yarabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo muri Kenya wari umaze imyaka 17 yaraburiwe irengero, yagarutse mu rugo, yakiranwa ibyishimo byinshi, ariko ntibyamaze umwanya kuko yahise amenyeshwa ko umugore we yabyaranye n’Umunyarwanda bari barashakanye, ariko umugore akaza guhita yirukana Umunyarwanda.

Boniface Moi Muyeshi wari waraburiwe irengero kuva muri 2006, yagarutse iwe mu gace ka Lurambi mu Kakamega mu Burengerazuba bwa Kenya.

Ubwo yagarukaga mu rugo, abatuye muri aka gace, bamwakiranyije amashyi n’impundu, bishimiye kuba akiriho, kuko bakekaga ko yapfuye.

Umwe mu baturage bo muri aka gace, yagize ati “Yavuye iwe yerecyeza i Narirobi muri 2006. Ata umuryango we, kuva icyo gihe ntawongeye kumuca iryera.”

Ubwo yagarukaga, na we yishimiye kongera kubona abo mu murango we n’abaturanyi, ariko ibyishimo bye byaje kuzamo kirogoya ubwo yabwirwaga ko umugore we yabyaranye n’undi mugabo w’Umunyarwanda.

Umuvandimwe we witwa Fredrick Witumbele, yagize ati “Twakekaga ko yapfuye hagati ya 2007 na 2008, yarazize imvururu zakurikiye amatora.”

Ni mu gihe umugore we witwa Agripina Mulupi yavuze ko yareze abana batatu wenyine, ariko bikaza kumugora, bituma nyuma y’imyaka itanu umugabo we abuze, afata icyemezo ko atashobora gukomeza kubaho wenyine, ari na bwo yaje gucudika n’umugabo w’Umunyarwanda, bagashakana.

Ibinyamakuru byo muri Kenya, bivuga ko uyu mugabo w’Umunyarwanda, yitaga kuri Agripina Mulupi, kuko yamufasha kwishyurira amashuri abana be.

Gusa uyu mugore avuga ko nyuma y’uko umugabo we wa mbere agarutse, bagomba gusubirana, ari na byo byatumye ahita yirukana Umunyarwanda babanaga, kandi ko babanje kubyumvikanaho.

Yagize ati “Nagombaga kwirukana umukunzi wanjye mushya, mu gihe nyiri urugo agarutse. Tuzaganira uburyo tuzarera abana bacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eight =

Previous Post

Ingorofani yahindutse indege: Abakusanya ibishingwe batomboye Miliyari 1Frw

Next Post

Ange Kagame yahawe umwanya mu rwego rukomeye mu Rwanda

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

IZIHERUKA

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa
MU RWANDA

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

31/10/2025
Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto utabonye ya Perezida Kagame na Ange Kagame baje gushyigikira ikipe y’Igihugu

Ange Kagame yahawe umwanya mu rwego rukomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.