Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in AMAHANGA
2
Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi ufite ipeti rya Chief Inspector waciwe ibiganza n’igisasu bifashisha mu gutera ibyuka biryana mu maso ubwo yari mu gikorwa cyo guhosha imyigaragambyo yakamejeje muri Kenya, yavuze ko na we atazi uko byagenze, avuga ko atazi icyo azabwira abana be.

Chief Inspector David Karuri Maina, yacitse ibiganza bye byombi, ubwo yafunguraga kimwe mu bisasu bifashisha batera mu kivunge cy’abigaragambya kugira ngo batatane, akibagirwa ko yagifunguye, birangira kimuturikanye, bituma ibiganza bye byombi bicika.

Ni imyigaragambyo ikomeje guca ibintu muri Kenya, aho Abanya-Kenya biganjemo urubyiruko bakomeje kwamagana umushinga w’itegeko rishya ry’ubukungu, ryongera imisoro, mu gihe bo batifuza ko uyu mushinga utorwa.

Uyu mupolisi wahuye n’iri sanganya, ni umwe mu bari bagiye guhosha iyi myigaragambyo yaberaga ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, aho ari mu Bitaro bya Nairobi West Hospital, Maina; yavuze ko atazi uko ubuzima bwe bugiye kumera.

Yagize ati “Wari umunsi w’agahinda, ibi byabaye ubwo twageragezaga gutuma i Nairobi haboneka ituze. Ibi bigiye guhindura imibereho yanjye, kuko hari byinshi ntazongera gukora kandi nabibashaga. Sinzi icyo nzabwira abana banjye kuri iri sanganya, ndabizi bizabashengura.”

Chief Inspector David Karuri Maina aho arwariye muri Nairobi West Hospital, akomeje gusurwa n’abayobozi banyuranye bo nzego nkuru z’Igihugu muri Kenya, aho kuri uyu wa Kane, yasuwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubukerarugendo, Alfred Mutua.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Theohile Munyaneza says:
    2 years ago

    Bamuhe amafaranga azatuma agira ubuzima bwiza,kdi yyihangane haricyo Imana yamweretse

    Reply
  2. David says:
    2 years ago

    Ntawamenya aho amahirwe azira. Wasanga agiye kuba intwali, ruto akamuha cash Atari kuzapfa abonye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − one =

Previous Post

Menya impinduka ije mu kwiyamamaza k’Umuryango RPF-Inkotanyi

Next Post

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w'imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.