Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53

radiotv10by radiotv10
22/07/2023
in AMAHANGA
0
Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53
Share on FacebookShare on Twitter

Umushoferi w’Umunyarwanda w’imodoka nini, aregwa ibyaha birenga 90 akurikiranywego n’ubutabera bwo muri Kenya, bishingiye ku mpanuka yahitanye ubuzima bw’abantu 53.

Gilbert Ntuyemungu w’imyaka 52 ashinjwa ibyaha birenga 90, birimo guteza urupfu bishingiye ku gutwara ikinyabiziga nabi, gukomeretsa no kwangiza imodoka 10 byabaye tariki 03 Nyakanga mu muhanda wa Nakuru-Kericho.

Aregwa kandi uburangare mu gutwara ikinyabiziga, bwateye impfu z’abantu 53, bugatuma abandi 25 bakomereka.

Gilbert Ntuyemungu ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo, yasabye kurekurwa, agaragaza n’ingwate, ariko Urukiko rubitera utwatsi.

Perezida w’Urukiko rwa Molo, Hellena Nderitu yategetse ko Ntuyemungu, akomeza gufungirwa muri Gereza ya Nakuru GK Prison kugeza igihe urubanza rwe ruzarangirira.

Mu gihe Ntuyemungu azaba afungiye muri iyi Gereza ya Nakuru GK Prison, azakomeza kwegeranya ubuhamya ndetse n’inyandiko zizamufasha kuburana.

Uru Rukiko rwavuze ko ntahantu hazwi uyu Munyarwanda atuye muri Kenya, ku buryo hakwizerwa ko yazajya abonekera igihe cyose akenewe n’ubutabera bwo muri Kenya.

Umucamanza kandi yavuze ko kuba nta masezerano yo kohererezanya abantu hagati ya Kenya n’u Rwanda, Urukiko rudashobora gufata icyemezo cyo kumurekura kuko ashobora gucika ubutabera bwa Kenya, ntibwongere kumubona.

Uyu Munyaranda yisobanura avuga ko iyo mpanuka itatewe n’uburangare nk’uko abishinjwa, ahubwo ko yatewe no kuba imodoka yari atwaye yarabuze feri.

Avuga ko nta bushake na buto yari afite bwo guteza iki gikorwa cy’akaga kuko abagizweho ingaruka na cyo atabazi ndetse nta n’icyo bapfa ku buryo yagambirira kubagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 14 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru y’akababaro ku watoje amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Next Post

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.