Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53

radiotv10by radiotv10
22/07/2023
in AMAHANGA
0
Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53
Share on FacebookShare on Twitter

Umushoferi w’Umunyarwanda w’imodoka nini, aregwa ibyaha birenga 90 akurikiranywego n’ubutabera bwo muri Kenya, bishingiye ku mpanuka yahitanye ubuzima bw’abantu 53.

Gilbert Ntuyemungu w’imyaka 52 ashinjwa ibyaha birenga 90, birimo guteza urupfu bishingiye ku gutwara ikinyabiziga nabi, gukomeretsa no kwangiza imodoka 10 byabaye tariki 03 Nyakanga mu muhanda wa Nakuru-Kericho.

Aregwa kandi uburangare mu gutwara ikinyabiziga, bwateye impfu z’abantu 53, bugatuma abandi 25 bakomereka.

Gilbert Ntuyemungu ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo, yasabye kurekurwa, agaragaza n’ingwate, ariko Urukiko rubitera utwatsi.

Perezida w’Urukiko rwa Molo, Hellena Nderitu yategetse ko Ntuyemungu, akomeza gufungirwa muri Gereza ya Nakuru GK Prison kugeza igihe urubanza rwe ruzarangirira.

Mu gihe Ntuyemungu azaba afungiye muri iyi Gereza ya Nakuru GK Prison, azakomeza kwegeranya ubuhamya ndetse n’inyandiko zizamufasha kuburana.

Uru Rukiko rwavuze ko ntahantu hazwi uyu Munyarwanda atuye muri Kenya, ku buryo hakwizerwa ko yazajya abonekera igihe cyose akenewe n’ubutabera bwo muri Kenya.

Umucamanza kandi yavuze ko kuba nta masezerano yo kohererezanya abantu hagati ya Kenya n’u Rwanda, Urukiko rudashobora gufata icyemezo cyo kumurekura kuko ashobora gucika ubutabera bwa Kenya, ntibwongere kumubona.

Uyu Munyaranda yisobanura avuga ko iyo mpanuka itatewe n’uburangare nk’uko abishinjwa, ahubwo ko yatewe no kuba imodoka yari atwaye yarabuze feri.

Avuga ko nta bushake na buto yari afite bwo guteza iki gikorwa cy’akaga kuko abagizweho ingaruka na cyo atabazi ndetse nta n’icyo bapfa ku buryo yagambirira kubagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 17 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru y’akababaro ku watoje amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Next Post

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.