Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53

radiotv10by radiotv10
22/07/2023
in AMAHANGA
0
Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53
Share on FacebookShare on Twitter

Umushoferi w’Umunyarwanda w’imodoka nini, aregwa ibyaha birenga 90 akurikiranywego n’ubutabera bwo muri Kenya, bishingiye ku mpanuka yahitanye ubuzima bw’abantu 53.

Gilbert Ntuyemungu w’imyaka 52 ashinjwa ibyaha birenga 90, birimo guteza urupfu bishingiye ku gutwara ikinyabiziga nabi, gukomeretsa no kwangiza imodoka 10 byabaye tariki 03 Nyakanga mu muhanda wa Nakuru-Kericho.

Aregwa kandi uburangare mu gutwara ikinyabiziga, bwateye impfu z’abantu 53, bugatuma abandi 25 bakomereka.

Gilbert Ntuyemungu ubwo yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo, yasabye kurekurwa, agaragaza n’ingwate, ariko Urukiko rubitera utwatsi.

Perezida w’Urukiko rwa Molo, Hellena Nderitu yategetse ko Ntuyemungu, akomeza gufungirwa muri Gereza ya Nakuru GK Prison kugeza igihe urubanza rwe ruzarangirira.

Mu gihe Ntuyemungu azaba afungiye muri iyi Gereza ya Nakuru GK Prison, azakomeza kwegeranya ubuhamya ndetse n’inyandiko zizamufasha kuburana.

Uru Rukiko rwavuze ko ntahantu hazwi uyu Munyarwanda atuye muri Kenya, ku buryo hakwizerwa ko yazajya abonekera igihe cyose akenewe n’ubutabera bwo muri Kenya.

Umucamanza kandi yavuze ko kuba nta masezerano yo kohererezanya abantu hagati ya Kenya n’u Rwanda, Urukiko rudashobora gufata icyemezo cyo kumurekura kuko ashobora gucika ubutabera bwa Kenya, ntibwongere kumubona.

Uyu Munyaranda yisobanura avuga ko iyo mpanuka itatewe n’uburangare nk’uko abishinjwa, ahubwo ko yatewe no kuba imodoka yari atwaye yarabuze feri.

Avuga ko nta bushake na buto yari afite bwo guteza iki gikorwa cy’akaga kuko abagizweho ingaruka na cyo atabazi ndetse nta n’icyo bapfa ku buryo yagambirira kubagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 5 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru y’akababaro ku watoje amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Next Post

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.