Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yahakanye uruhare iki Gihugu gishinjwa kugira mu bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Sudani, avuga ko bimwe mu byo bashingiraho bashinja iki Gihugu, ari uko abantu bose bakibonamo.

Perezida William Kipchirchir Samoei Arap Ruto yabitangaje mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Qatar yitwa Al Jazeera. Kenya ishinjwa guha icyanzu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse no kongera umutekano muke muri Sudani, ndetse hakaba havugwa ko mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, abayoboke b’umutwe wa RSF bahuriye muri Kenya.

Hari amakuru avuga ko Perezida Ruto yigeze kwakira umuyobozi w’aba barwanyi, Gen. Mohamed Hamdan Dagalo, bakaganira ku buryo Kenya yamuha intwaro akazishyura zahabu.

Perezida Ruto yahakanye uruhare rushinwa Igihugu cye muri ibyo bikorwa, avuga ko ahubwo ibyo bigaragaza ko Kenya ari Igihugu buri wese yisangamo.

Yagize ati “Kenya ni Igihugu cy’intangarugero muri Demokarasi. Turi Igihugu kimwe rukumbi muri Afurika y’Uburasirazuba no hagati aho abantu bose bateranira bisanzuye. Inama yabereye muri Kenya yari ihuje imiryango itari iya Leta, baganiraga ku kibazo kiri mu Gihugu cyabo ari cyo Sudani.”

Yabajijwe n’umunyamakuru ati “Unashinjwa ko ugemurira intwaro umutwe wa RSF. Ingabo za Sudani zivuga ko ufatanya na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ukazanira RSF intwaro.”

Perezida Ruto yasubije ati “Ibyo ni ibinyoma. Nakubwira ko kubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi, buri muntu araturega. Na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo idushinja ko hari ababayirwanya bateranira i Nairobi. Ni byo, hari abateranira i Nairobi, sinabimenye, ariko ni ukubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi. Ntabwo twabuza abantu kuza hano. Twe duhangana n’abanyabyaha gusa, ariko ntabwo twakwirukana abantu bari guharanira uburenganzira bwabo. Hano ni ho honyine abantu baganirira ku bibazo byabo bisanzuye.”

Ku bijyanye n’ikibazo cya Sudani, Perezida Ruto yagize ati “Nakubwira ko njye mbona ko abarwanyi ba RSF n’igisirikare cya Sudani ntaho bataniye. Aba bombi bafatanyije guhirika guverinoma. Ntabwo ushobora gutandukanya izo mpande zombi. Icyo nemera ni uko aba bajenerali bombi badafite igisubizo cya Sudani, kuko bose bashaka gukemura ikibazo bakoresheje imbunda. Iki si ikibazo cy’umutekano, ahubwo gishingiye ku miyoborere.”

Muri icyo kiganiro na Al Jazeera, Perezida Ruto yanavuze ko aticuza itegeko yahaye igipolisi ryo kurasa amaguru y’abigaragambya, avuga ko iki cyemezo cyubahirije amategeko agenga uru rwego rushinzwe umutekano, Ariko yongeyeho ko itegeko ritamwemerera gutegeka igipolisi uburyo gikoresha mu kuzuza inshingano zacyo.

Ati “Simbyicuza na gato, kubera ko itegeko ryemerera igipolisi cya Kenya gukoresha imbaraga mu gihe ubuzima bw’abandi baturage buri mu kaga.”

Umunyamakuru yamubajije ati “Ariko hari ubundi buryo byakorwamo udakoresheje amasasu yica?”, Perezida Ruto yasubije agira ati “Ibyo ni ibyawe, ariko nzi ko polisi izi icyo igomba gukora, kandi bazi ko ari inshingano zabo. Ni yo mpamvu mu myaka itatu maze ku butegetsi nakoze ibishoboka byose kugira ngo polisi ibe urwego rwigenga.”

Umunyamakuru yongeye ati “Ariko wategetse polisi kurasa amaguru!”, Perezida Ruto yasubije “Nta tegeko rimpa uburenganzira bwo gutegeka igipolisi.”

Iryo bwiriza Perezida Ruto yaritangarije mu ruhame ku itariki 09 Nyakanga 2025, asaba igipolisi kurasa amaguru y’abigaragambyaga icyo gihe, avuga ko byari bigamije kurinda imitungo y’abaturage yangizwaga.

Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko iyo myigaragambyo yasize abantu 65 bahasize ubuzima, icyakora, nta gihamya cyerekana ko itegeko rya Perezida Ruto ari ryo ryatumye abo baturage bahasiga ubuzima.

Perezida Ruto aherutse kwizeza abaturage be ko abantu bose baburiye ababo muri iyo myigaragambyo bazahabwa indishyi, gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga ko ibyo bidakwiye, kuko ngo nta kiguzi cyasimbura ubuzima bw’umuntu wiciwe muri ibyo bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fifteen =

Previous Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Next Post

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.