Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bateye igisasu cya Grenade mu rugo rw’umuturage wo mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, gikomeretsa umwana wo muri uru rugo.

Iki gisasu cyatewe mu rugo rw’uyu muturage wo mu Mudugudu wa Indakemwa muri aka Kagari ka Nyakabanda kuri uyu wa 07 Mata 2022 mu masaha y’igicamunsi ahagana saa cyenda.

Ikinyamakuru Kigali Today dukesha aya makuru, gitangaza ko iyi grenade yatewe mu rugo rw’umuturage witwa Twagira ukomoka mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo.

Ahishakiye Naphtal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango yatangaje ko nyuma y’iki gikorwa hahise hatangira gushakishwa amakuru y’aho uyu Twagira akomoka niba yaba yararokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi ku buryo iki gikorwa cyaba gifitanye isano n’Ingengabitekerezo ya Jenoside.

Gusa amakuru yaje kumenyekana ni uko uyu muturage wo mu rugo rwatewemo Grenade basanze atararokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ushinzwe itumanaho n’Itangazamakuru mu Karere ka Kicukiro yabwiye RADIOTV10 ko inzego z’umutekano n’iz’iperereza ziri gukora kora iperereza kuri ubu bugizi bwa nabi.

Iki gisasu cyatewe mu rugo rw’uyu muturage cyakomereje umwana w’umukobwa, uri kuvurirwa mu Bitaro bikuru bya Kigali bya Kaminuza CHUK.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira gukorera iperereza kuri iki gikorwa kugira ngo abakiri inyuma bakurikiranwe.

Mu bihe byo kwibuka mu myaka yatambatuse hakunze kugaragara ibikorwa nk’ibi bigamije kurogoya imigendekere y’iki gikorwa nko kuba bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi baragenda bahohoterwa mu buryo bunyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eight =

Previous Post

Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura

Next Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.