Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Abantu bataramenyekana bateye igisasu mu rugo rw’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bataramenyekana bateye igisasu cya Grenade mu rugo rw’umuturage wo mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, gikomeretsa umwana wo muri uru rugo.

Iki gisasu cyatewe mu rugo rw’uyu muturage wo mu Mudugudu wa Indakemwa muri aka Kagari ka Nyakabanda kuri uyu wa 07 Mata 2022 mu masaha y’igicamunsi ahagana saa cyenda.

Ikinyamakuru Kigali Today dukesha aya makuru, gitangaza ko iyi grenade yatewe mu rugo rw’umuturage witwa Twagira ukomoka mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo.

Ahishakiye Naphtal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango yatangaje ko nyuma y’iki gikorwa hahise hatangira gushakishwa amakuru y’aho uyu Twagira akomoka niba yaba yararokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi ku buryo iki gikorwa cyaba gifitanye isano n’Ingengabitekerezo ya Jenoside.

Gusa amakuru yaje kumenyekana ni uko uyu muturage wo mu rugo rwatewemo Grenade basanze atararokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ushinzwe itumanaho n’Itangazamakuru mu Karere ka Kicukiro yabwiye RADIOTV10 ko inzego z’umutekano n’iz’iperereza ziri gukora kora iperereza kuri ubu bugizi bwa nabi.

Iki gisasu cyatewe mu rugo rw’uyu muturage cyakomereje umwana w’umukobwa, uri kuvurirwa mu Bitaro bikuru bya Kigali bya Kaminuza CHUK.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira gukorera iperereza kuri iki gikorwa kugira ngo abakiri inyuma bakurikiranwe.

Mu bihe byo kwibuka mu myaka yatambatuse hakunze kugaragara ibikorwa nk’ibi bigamije kurogoya imigendekere y’iki gikorwa nko kuba bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi baragenda bahohoterwa mu buryo bunyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + five =

Previous Post

Perezida Kagame na Museveni bageze muri Kenya mu bikorwa bya EAC bahita bahura

Next Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.