Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto [Abamotari] bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko ahantu hose basigaye bahagarara basigaye bacibwa amande yo guhagarara nabi [mauvais arrêt] mu gihe Polisi yo ivuga ko batabujijwe guhagarara bakuraho umugenzi cyangwa bamufata ariko ko babirengaho ahubwo bakahagira parking.

Aba bamotari bavuga ko ubusanzwe guhagarara ahatemewe [mauvais arrêt] bihanishwa amande y’ibihumbi 25 Frw mu gihe hari ahantu i Kigali hashyiriweho uwo mwihariko nko kuri Kigali Heights, kuri Marriot Hotel no kuri Simba super Market mu Mujyi rwagati.

Umwe yagize ati “Kigali Heights iyo bagufashe ukuraho umugenzi bakaguca ibihumbi mirongo itanu [50 000Frw] hari Marriot iyo uhahagaze ukuraho umugenzi bakwandikira ibihumbi mirongo itanu, noneho nkibaza nti iyo bakwandikiye ibihumbi 50 ntabwo contravention bandikaho ko ari mauvais arrêt, bashyiraho amakosa abiri.”

Undi mumotari ati “Uyu munsi mu Mujyi wa Kigali ahantu hose ni muri mauvais arrêt, ibyapa tugira ntibirenze bitatu.”

Undi we avuga ko yigeze kuzinduka ari mu gitondo akegera umupolisi ashaka kumusaba serivisi ngo amurebere niba nta bihano arimo ariko ko yaje gutungurwa no guhita yandikirwa.

Ati “Ndamubwira nti ‘ese ko nari nkubwiye ngo undebere niba nta deni ukanyaka ibyangombwa, mauvais arrêt ije gute?’.”

Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’Abamotari, Ngarambe Daniel avuga ko atumva impamvu abamotari baba bacibwa ariya mafaranga ibihumbi 50 Frw mu gihe n’imodoka ubwayo icibwa ibihumbi 35 Frw.

Avuga ko agiye kuvugana n’ushinzwe abamotari muri Polisi y’u Rwanda kugira ngo bamenye aho ikibazo cyaba kiri.

Ati “Baba bakwiye kugaragaza itegeko babishingiyeho.”

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP IRERE Irene avuga ko hari abamotari babuza guhagarara ahantu runaka ariko bagakomeza kuhahagarara bigatuma babandikira n’ikosa ry’agasuzuguro.

Ati “Ikosa bakunze gukora ni uko ahahagarara atahemerewe ariko bamubuza inshuro ebyiri, eshatu agenda agaruka bakamwandikira irindi kosa.”

SSP IRERE Irene avuga ko Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali ntaho babuzwa guhagarara bakuraho umugenzi cyangwa bamufata ahubwo ko babuzwa kuhagarara umwana munini.

Akomeza avuga impamvu abamotari bakunze guhagarara umwanya munini hariya hantu, ati “Nka Marriot bahakundira ko haba hari abagenzi ba buri kanya, ashobora kuhafata umugenzi cyangwa akahamusiga ariko atari ukuhagira parking.”

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 4 =

Previous Post

Imbogamizi mu gukingira: Umubyeyi umwe ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke gusinyira umwana”

Next Post

Mushikiwabo yakiriwe na Papa Francis avayo amuvuga imyato

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mushikiwabo yakiriwe na Papa Francis avayo amuvuga imyato

Mushikiwabo yakiriwe na Papa Francis avayo amuvuga imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.