Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abatwara ibinyabiziga barifuza ko amajile y’Abapolisi yashyirwaho amazina yabo

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Abatwara ibinyabiziga barifuza ko amajile y’Abapolisi yashyirwaho amazina yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali barifuza ko umwambaro w’akazi [Gilet] w’Abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda washyirwaho amazina yabo kuko hari igihe bayakenera bakayayoberwa.

Iki cyifuzo cy’abatwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali, bagishingira ku kuba hari igihe babambura ibyangombwa bajya kubishaka bakababaza amazina y’abibambuye bakayayoberwa.

Umwe yagize ati “Rimwe na rimwe ashobora kuba yambaye ingofero n’agapfukamunwa ntumubone ngo urebe amazina ye niba yanakurenganyije umenye aho wasobanuza.”

Ubusanzwe amazina y’abakora mu nzego z’umutekano za Leta, aba yanditse ku mpuzankano yabo isanzwe.

Undi mushoferi agira ati “Umupolisi ashobora kugufata yambaye iriya gilet ntumenye ngo ninde wagufashe ariko hariho izina aba ari sawa, umenya ngo ugiye gushaka nk’iyo perimi wamenya ngo ni runaka wagufashe ariko barakubaza bati ‘ese ninde wagufashe?’ ariko utarisomye ntabwo warimenya. Akenshi noneho baba bambaye udupfukamunwa ku buryo niyo bamushyira hariya utamumenya.”

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene yabwiye RADIOTV10 yavuze ko ku majile y’Abapolisi hasanzwe habaho nimero kandi ko buri wese agira iye.

SSP Irere Rene wasabye aba bashoferi kujya bafata ziriya nimero, yakomeje agira ati “Niba ari ibyifuzo cyaba ari igitekerezo cyiza twabireba tukabisuzuma twasanga koko ari byo bifasha abaturage tukabikora.”

hari abavuga kandi ko kuba umupolisi ushinzwe umutekano mu muhanda yaba akora atagira ibimuranga  byakorohereza abantu kumumenya bishobora kuba bimwe mu byatiza umurindi ruswa ikunze kugaragara muri uru rwego rwa Polisi ishinzwe umutekano wo mu Muhanda.

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, muri iki cyumweru washyize hanze ibyavuye mu bushakashatsi bugaragaza ishusho ya ruswa mu nzego zo mu Rwanda aho Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda yaje ku mwanya wa kabiri ku kigero cya 15,2%.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Next Post

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.