Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abatwara ibinyabiziga barifuza ko amajile y’Abapolisi yashyirwaho amazina yabo

radiotv10by radiotv10
17/12/2021
in MU RWANDA
0
Kigali: Abatwara ibinyabiziga barifuza ko amajile y’Abapolisi yashyirwaho amazina yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali barifuza ko umwambaro w’akazi [Gilet] w’Abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda washyirwaho amazina yabo kuko hari igihe bayakenera bakayayoberwa.

Iki cyifuzo cy’abatwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali, bagishingira ku kuba hari igihe babambura ibyangombwa bajya kubishaka bakababaza amazina y’abibambuye bakayayoberwa.

Umwe yagize ati “Rimwe na rimwe ashobora kuba yambaye ingofero n’agapfukamunwa ntumubone ngo urebe amazina ye niba yanakurenganyije umenye aho wasobanuza.”

Ubusanzwe amazina y’abakora mu nzego z’umutekano za Leta, aba yanditse ku mpuzankano yabo isanzwe.

Undi mushoferi agira ati “Umupolisi ashobora kugufata yambaye iriya gilet ntumenye ngo ninde wagufashe ariko hariho izina aba ari sawa, umenya ngo ugiye gushaka nk’iyo perimi wamenya ngo ni runaka wagufashe ariko barakubaza bati ‘ese ninde wagufashe?’ ariko utarisomye ntabwo warimenya. Akenshi noneho baba bambaye udupfukamunwa ku buryo niyo bamushyira hariya utamumenya.”

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene yabwiye RADIOTV10 yavuze ko ku majile y’Abapolisi hasanzwe habaho nimero kandi ko buri wese agira iye.

SSP Irere Rene wasabye aba bashoferi kujya bafata ziriya nimero, yakomeje agira ati “Niba ari ibyifuzo cyaba ari igitekerezo cyiza twabireba tukabisuzuma twasanga koko ari byo bifasha abaturage tukabikora.”

hari abavuga kandi ko kuba umupolisi ushinzwe umutekano mu muhanda yaba akora atagira ibimuranga  byakorohereza abantu kumumenya bishobora kuba bimwe mu byatiza umurindi ruswa ikunze kugaragara muri uru rwego rwa Polisi ishinzwe umutekano wo mu Muhanda.

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, muri iki cyumweru washyize hanze ibyavuye mu bushakashatsi bugaragaza ishusho ya ruswa mu nzego zo mu Rwanda aho Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda yaje ku mwanya wa kabiri ku kigero cya 15,2%.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 12 =

Previous Post

Kamonyi: Abantu 150 bafashwe basengera mu rugo barimo abasabaga Imana ubukire

Next Post

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Perezida Kagame yahaye inshingano nshya Col Gatarayiha, aha ipeti rya Lt.Colonel Abasirikare 460

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.