Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko wo mu Mujyi wa Kigali, akurikiranyweho kwaka Miliyoni 3 Frw umukiliya we uba mu mahanga amubwira ko ari ruswa yo kuzaha Umucamanza kugira ngo azihutishe urubanza rwe rumaze imyaka ine.

Me Nyirabageni Brigitte usanzwe yunganira abantu mu mategeko ariko na we ubu akaba ari kuregwa icyaha cya ruswa, yaburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ahakana icyaha akekwaho.

Uyu munyamategeko watawe muri yombi tariki 26 Mutarama 2022, akurikiranyweho gusaba umukiliya we uba mu Bwongereza miliyoni 3 Frw amubwira ko ari ruswa yo kuzaha Umucamanza kugira ngo azihutishe urubanza rwe.

Uwitwa Elisha Hakuzumwami usanzwe aba mu Bwongereza, akaba afite urubanza amaranye imyaka ine mu Rwanda rukaba rwaragiye rutinzwa n’icyorezo cya COVID-19.

Uyu Hakuzumwami yabwiye inzego z’ubugenzacyaha ko uyu munyamategeko Me Nyirabageni uri kumwunganira mu rubanza rwe, yamubwiye ko natagira icyo atanga bizakomeza gutuma urubanza rwe rutinda.

Yavuze ko uyu munyamategeko we, yamusabye Miliyoni 3 Frw amubwira ko ari ayo kuzaha Umucamanza kugira ngo urubanza rwe ruzahabwe itariki yo kuruburanisha ndetse runihute ruve mu nzira.

Hakuzumwami avuga ko yabanje kumwoherereza Miliyoni 1 Frw ariko Umunyamategeko amubwira ko ari macye, amusaba kohereza andi, ari na byo byatumye ahita yitabaza inzego z’ubugenzacyaha kuko yabonaga atari shyashya.

Ubushinjacyaha burega uyu munyamategeko icyaha cya ruswa, bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko icyaha gikekwa kuri Me Nyirabageni gikomeye bityo ko akwiye kuburana afunzwe by’agateganyo.

Ubwo urubanza ku ifunga ry’agateganyo rwabaga kuri uyu wa 16 Gashyantare, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora iki cyaha cya ruswa.

Buvuga ko kandi aramutse akurikiranywe ari hanze byabangamira iperereza ndetse ko kuba uyu munyamategeko yakurikiranwa afunzwe ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuzajya abonekera igihe mu gihe yaba akenewe.

Uregwa we yabwiye urukiko ko nta cyaha yakoze bityo ko nta mpamvu yatuma akurikiranwa afunze, agasaba kurekurwa.

Yemereye Ubushinjacyaha ko yasabye uriya mukiliya we miliyoni 3 Frw koko ariko ko yabikoze ashaka kubona ubwishyu kuko hari imanza ebyiri yaburaniyemo uyu Hakuzumwami ntamwishyure.

Urubanza ku ifunga rwahise rupfundikirwa, bikaba biteganyijwe ko Urukiko rusoma umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 10 =

Previous Post

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Next Post

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Related Posts

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

by radiotv10
16/09/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ingo zigerwaho n’umuriro w’amashanyarazi zageze kuri 85% zivuye munsi ya...

IZIHERUKA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda
MU RWANDA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.