Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko wo mu Mujyi wa Kigali, akurikiranyweho kwaka Miliyoni 3 Frw umukiliya we uba mu mahanga amubwira ko ari ruswa yo kuzaha Umucamanza kugira ngo azihutishe urubanza rwe rumaze imyaka ine.

Me Nyirabageni Brigitte usanzwe yunganira abantu mu mategeko ariko na we ubu akaba ari kuregwa icyaha cya ruswa, yaburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ahakana icyaha akekwaho.

Uyu munyamategeko watawe muri yombi tariki 26 Mutarama 2022, akurikiranyweho gusaba umukiliya we uba mu Bwongereza miliyoni 3 Frw amubwira ko ari ruswa yo kuzaha Umucamanza kugira ngo azihutishe urubanza rwe.

Uwitwa Elisha Hakuzumwami usanzwe aba mu Bwongereza, akaba afite urubanza amaranye imyaka ine mu Rwanda rukaba rwaragiye rutinzwa n’icyorezo cya COVID-19.

Uyu Hakuzumwami yabwiye inzego z’ubugenzacyaha ko uyu munyamategeko Me Nyirabageni uri kumwunganira mu rubanza rwe, yamubwiye ko natagira icyo atanga bizakomeza gutuma urubanza rwe rutinda.

Yavuze ko uyu munyamategeko we, yamusabye Miliyoni 3 Frw amubwira ko ari ayo kuzaha Umucamanza kugira ngo urubanza rwe ruzahabwe itariki yo kuruburanisha ndetse runihute ruve mu nzira.

Hakuzumwami avuga ko yabanje kumwoherereza Miliyoni 1 Frw ariko Umunyamategeko amubwira ko ari macye, amusaba kohereza andi, ari na byo byatumye ahita yitabaza inzego z’ubugenzacyaha kuko yabonaga atari shyashya.

Ubushinjacyaha burega uyu munyamategeko icyaha cya ruswa, bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko icyaha gikekwa kuri Me Nyirabageni gikomeye bityo ko akwiye kuburana afunzwe by’agateganyo.

Ubwo urubanza ku ifunga ry’agateganyo rwabaga kuri uyu wa 16 Gashyantare, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora iki cyaha cya ruswa.

Buvuga ko kandi aramutse akurikiranywe ari hanze byabangamira iperereza ndetse ko kuba uyu munyamategeko yakurikiranwa afunzwe ari bwo buryo bwonyine bwizewe bwo kuzajya abonekera igihe mu gihe yaba akenewe.

Uregwa we yabwiye urukiko ko nta cyaha yakoze bityo ko nta mpamvu yatuma akurikiranwa afunze, agasaba kurekurwa.

Yemereye Ubushinjacyaha ko yasabye uriya mukiliya we miliyoni 3 Frw koko ariko ko yabikoze ashaka kubona ubwishyu kuko hari imanza ebyiri yaburaniyemo uyu Hakuzumwami ntamwishyure.

Urubanza ku ifunga rwahise rupfundikirwa, bikaba biteganyijwe ko Urukiko rusoma umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + thirteen =

Previous Post

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Next Post

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.